• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Na ba Rwasa bari mu kwaha kwa Nkurunziza hari ibyo batumvikanaho nawe muri iyi mishyikirano ya Arusha
M. Evariste Ngayimpenda

Na ba Rwasa bari mu kwaha kwa Nkurunziza hari ibyo batumvikanaho nawe muri iyi mishyikirano ya Arusha

Ubwanditsi 29 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Abarundi baracyari muri Tanzania mu biganiro bigamije kugarura amahoro muri icyo gihugu cyayabuze kuva muri Mata 2015, ariko ababikurikiranira hafi bavuga yuko ibintu birushaho kudasobanuka !

 Kubera impamvu yiyiziye, umuhuza w’Abarundi, Benjamin Mkapa wahoze ari perezida wa Tanzania, ibi biganiro by’ibyumweru bibiri  yashatse kubishyira mu muhezo ukomeye. Aho kubera mu mujyi wa Arusha nk’uko byari bisanzwe, yabitwaye haze yawo muri Ngurdoto Mountain Lodge biyama n’itangazamakuru kutazibeshya ngo rihegere. Ibyo ariko ntabwo bibuza abanyamakuru kumenya ibihakorerwa.

Nk’uko biteye kuri gahunda y’umuhuza ibyo biganiro, byatangiye tariki 27/11/2017 bizarangira tariki 8/12/2017 hasinywa amasezerano y’amahoro. Hazaba hatumiwe abakuru bose b’ibihugu bigize umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EAC).

Kuba ayo masezerano azasinywa hari abo bakuru b’ibihugu umuntu yagatekereje yuko yakagombye kuba koko ari amasezerano  agarura amahoro.

Uko ibintu biteye ariko n’uko iyi mishyikirano irimo gukorwa yatangiranye ibibazo bituma itashobora gufata imyanzuro itanga icyizere.

Ubundi iyo uvuze abahanganye mu Burundi uba uvuze ubutegetsi bwa Nkurunziza n’ababurwanya bibumbiye muri CNARED (Conseil National pour le respect de l’Accord d’Arusha pour la Paix et la Réconciliation au Burundi et de l’Etat de droit). CNARED yanze kwitabira iyo mishyikirano ngo kuko batatumiwe nka CNARED ahubwo hakagenda hatumirwa umuntu umwe umwe Nkurunziza atabara nk’umwanzi we nyakuri ! Kuba rero ayo masezerano y’amahoro azasinywa CNARED itarimo nta cyizere bitanga yuko koko azagarura amahoro.

Hari ibindi bintu bibiri nabyo bikomeye, usanga na ya mashyaka ya opozisiyo ari mu kwaha kwa Nkurunziza agaragaza kutabyihanganira ! Ibi bijyanye n’icyifuzo cy’uko mu Burundi hajyaho guverinoma y’inzibacyo mbere y’amatora ya 2020, n’umugambi ubutegetsi bwa Nkurunziza bufite wo guhindura itegeko nshinga.

Ingorane ziri mu Burundi, ari nazo zitumye bari Arusha gushakira umuti, zatewe n’icyemezo cya Nkurunziza, muri Mata 2015, cyo kongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika kandi yari arangije manda ye ya kabiri y’imyaka itanu ari nayo yari iya nyuma.

Abatavuga rumwe na Nkurunziza babona yuko ari ku butegetsi binyuranijwe n’itegeko nshinga kimwe n’amasezerano ya Arusha yo muri 2000. Ayo masezerano niyo yagerageje guhagarika intambara zadutse mu 1993, akaba ari nayo masezerano yatumye Nkurunziza ajya ku butegetsi.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Nkurunziza bashaka yuko iyi mishyikirano barimo gukorera Arusha yasozwa hemeranyijwe yuko hajyaho guverinoma y’inzibacyuho ari nayo izategura amatora yo gusimbura Nkurunziza ku butegetsi. Ababikurikiranira hafi ariko bahamya yuko ubutegetsi bwa Nkurunziza budashobora kwemera ibya guverinoma y’inzibacyuho.

Ubwo butegetsi ahubwo bwatangiye kwitegurira iby’amatora ya 2020, bushakisha uko itegeko nshinga ryahinduka, ibya za manda za Perezida wa Repubulika bigahindura isura.

Inama y’abaminisitiri mu Burundi yateranye tariki 24/10/2017 yafashe icyemezo cy’uko itegeko nshinga rigomba kuvugururwa, muri Gashyantare umwaka utaha hakazabaho referendum yo gutorera ibyo bizaba byasanzwe bigomba kuvugururwa.

Nk’uko umuvugizi wa guverinoma y’u Burundi, Philippe Nzobonariba, yabitangaje itegeko nshinga ry’u Burundi rifite ingingo (articles) 307. Ngo inama y’abaminisitiri yemeje yuko muri izo ngingo zose 77 zizakorerwa ubugororangingo, 3 zikurwemo burundu naho 9 nshya zishyirwemo.

Muri izo ngingo nshya harimo izivuga yuko manda ya Perezida yava ku myaka itanu yongererwa icuro imwe ikajya ku myaka irindwi nayo yo ngerwa indi ncuro imwe. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakanga ibyo guhindura itegeko nshinga bavuga yuko ari uburyo Nkurunziza ashaka gukoresha ngo agume ku butegetsi ubuziraherezo !

Ntabwo ibyo guhindura itegeko nshinga birwanywa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi gusa, n’abo bizwi yuko bakorera mu kwaha kwabwo nabo barabirwanya. Abo barimo abantu nka Agathon Rwasa (FNL), Evariste Ngayimpenda bahuriye mu mpuzamashyaka bise Amizero y’Abarundi.

Undi ni Juvenal Ngorwanubusa wo mu ishyaka RMC-Rurenzangomero ariko nawe akaba abarizwa mu mizero y’Abarundi. Rwasa ubu ni Visi Perezida w’inteko nshingamategeko, akaba yarabaye mu ishyamba igihe kirekire ayoboye umutwe w’abarwanyi  witwaga Paripehutu.

Muri iyo mishyikirano irimo ibera Arusha ibyo bibazo bizigwaho. Icyo benshi biteze n’uko ubutegetsi bwa Nkurunziza butazemera guverinoma y’inzibacyuho kandi butanazemera kureka ko itegeko nshinga rivugururwa. Nta kuntu izo ngingo zombi zitazatuma ibintu bisubira rudubi n’ubwo n’ubundi nta gifatika cyari cyiyitegerejwemo !

Casmiry Kayumba

2017-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu icengezamatwara rya Uganda ryahishe ko Abagande biciwe ku butaka bw’u Rwanda bazize magendu

Impamvu icengezamatwara rya Uganda ryahishe ko Abagande biciwe ku butaka bw’u Rwanda bazize magendu

Ubwanditsi 11 Nov 2019
Uburundi bwagiye Uganda gushimangira ibyo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uburundi bwagiye Uganda gushimangira ibyo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 23 Nov 2018
Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Ubwanditsi 30 Mar 2020
Perezida Kagame yasimbuye Museveni k’Ubuyobozi bwa  EAC

Perezida Kagame yasimbuye Museveni k’Ubuyobozi bwa EAC

Ubwanditsi 02 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga
Amakuru

Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Iyo aza kuba akiriho [Rwigema] yari kubabazwa n’ibyo so akorera Abanyarwanda- Mahirwe asubiza Gen. Muhoozi
Mu Mahanga

Iyo aza kuba akiriho [Rwigema] yari kubabazwa n’ibyo so akorera Abanyarwanda- Mahirwe asubiza Gen. Muhoozi

Ubwanditsi 30 Mar 2019
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!
Amakuru

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

Ubwanditsi 15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru