• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu

U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu

Ubwanditsi 19 Sep 2018 POLITIKI

Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko ishobora kwivana mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu ku Isi, ni nyuma yuko gatangaje ko iki gihugu cyahonyoye uburenganzira bwa muntu.

Mu 2016 nibwo Ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu ryashyizeho komisiyo yo gupereraza ku mvururu zakurikiye gushaka guhirika ku butegetsi Perezida Nkurunziza.

Mu cyumweru gishize, ryashyize ahagaragara raporo y’impapuro 272, ishimangira ko Guverinoma n’abayishyigikiye bagize uruhare mu bugizi bwa nabi bwibasiye inyoko muntu.

Igaragaza ko nubwo bidakabije, mu Burundi usanga imirambo y’abantu ku muhanda mu gicuku, hari ifungwa rya hato na hato, ibikorwa by’iyicarubozo, gufata ku ngufu n’ibindi.

Ambasaderi w’u Burundi mu Busuwisi, Renovat Tabu, yabwiye Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu ko ibikubiyemo byose ari ibinyoma byahimbwe n’abantu babifitemo inyungu zabo bwite, ko bitahabwa agaciro.

Yavuze ko hakwiye kwimakazwa umuco w’ukuri aho kureka abantu bawangiza, bitwaje ibinyoma kandi ko bigira uruhare mu gusenya Isi.

Yavuze ati “u Burundi buteganya uburyo bwo kugeza imbere y’ubutabera umuntu wese ubusebya nubwo yaba umunyamuryango wa Komisiyo.”

U Burundi bwahise butangaza ko iyo komisiyo itagomba gukomeza imirimo yayo y’iperereza, abayigize babitera utwatsi bavuga ko bafite ubudahangarwa bwo gutangaza ibyo babonye.

Kuri uyu wa mbere, bwahise bunatangaza ko bushobora kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu, ariko komisiyo ishinzwe iperereza ivuga ko kwivanamo ntacyo byahindura ku mirimo yayo.

Umujyanama wa Perezida w’u Burundi mu bijyanye n’itangazamakuru n’itumanaho, Willy Nyamitwe, yagiriye inama Nkurunziza, ko mu gihe butakemurirwa iki kibazo neza, bwahita bwikuramo.

Nyamitwe ashinja, u Rwanda, u Bubiligi n’umuryango w’u Bumwe bw’u Burayi kwihisha inyuma y’iyo raporo yita ibinyoma, bigamije guhungabanya umudendezo mu gihugu cyabo nkuko East African yabitangaje.

Avuga ko raporo yirengagije abantu 34 bakoze ibyaha bikomeye bashaka guhirika Nkurunziza, bamwe ngo bahawe akazi muri Loni.

Nyamitwe asanga kwirukana iyo Komisiyo mu Burundi ari uburyo bwo kwibungabungira uburenganzira bwa muntu kuko ngo bahageze batanavuze ikibagenza, bakora nka maneko.

2018-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Nyuma yaho abagore babujijwe kuvuza ingoma, Noneho Ababana batarasezeranye bahawe itariki ntarengwa

Burundi: Nyuma yaho abagore babujijwe kuvuza ingoma, Noneho Ababana batarasezeranye bahawe itariki ntarengwa

Ubwanditsi 09 Nov 2017
VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

Ubwanditsi 30 Nov 2019
Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Gashyantare 2018

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Gashyantare 2018

Ubwanditsi 15 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya: Odinga yivanye mu matora bitunguranye
Mu Mahanga

Kenya: Odinga yivanye mu matora bitunguranye

Ubwanditsi 10 Oct 2017
Yamen Zelfani utoza Rayon yageze mu Rwanda atangira imirimo, abazatoza APR FC bo barahagera kuwa kane
Amakuru

Yamen Zelfani utoza Rayon yageze mu Rwanda atangira imirimo, abazatoza APR FC bo barahagera kuwa kane

Ubwanditsi 18 Jul 2023
Padiri Nahimana yemeje itariki ntarengwa yo kuza mu Rwanda kwiyamamaza kuba Perezida
ITOHOZA

Padiri Nahimana yemeje itariki ntarengwa yo kuza mu Rwanda kwiyamamaza kuba Perezida

Ubwanditsi 03 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru