• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu

U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu

Ubwanditsi 19 Sep 2018 POLITIKI

Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko ishobora kwivana mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu ku Isi, ni nyuma yuko gatangaje ko iki gihugu cyahonyoye uburenganzira bwa muntu.

Mu 2016 nibwo Ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu ryashyizeho komisiyo yo gupereraza ku mvururu zakurikiye gushaka guhirika ku butegetsi Perezida Nkurunziza.

Mu cyumweru gishize, ryashyize ahagaragara raporo y’impapuro 272, ishimangira ko Guverinoma n’abayishyigikiye bagize uruhare mu bugizi bwa nabi bwibasiye inyoko muntu.

Igaragaza ko nubwo bidakabije, mu Burundi usanga imirambo y’abantu ku muhanda mu gicuku, hari ifungwa rya hato na hato, ibikorwa by’iyicarubozo, gufata ku ngufu n’ibindi.

Ambasaderi w’u Burundi mu Busuwisi, Renovat Tabu, yabwiye Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu ko ibikubiyemo byose ari ibinyoma byahimbwe n’abantu babifitemo inyungu zabo bwite, ko bitahabwa agaciro.

Yavuze ko hakwiye kwimakazwa umuco w’ukuri aho kureka abantu bawangiza, bitwaje ibinyoma kandi ko bigira uruhare mu gusenya Isi.

Yavuze ati “u Burundi buteganya uburyo bwo kugeza imbere y’ubutabera umuntu wese ubusebya nubwo yaba umunyamuryango wa Komisiyo.”

U Burundi bwahise butangaza ko iyo komisiyo itagomba gukomeza imirimo yayo y’iperereza, abayigize babitera utwatsi bavuga ko bafite ubudahangarwa bwo gutangaza ibyo babonye.

Kuri uyu wa mbere, bwahise bunatangaza ko bushobora kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu, ariko komisiyo ishinzwe iperereza ivuga ko kwivanamo ntacyo byahindura ku mirimo yayo.

Umujyanama wa Perezida w’u Burundi mu bijyanye n’itangazamakuru n’itumanaho, Willy Nyamitwe, yagiriye inama Nkurunziza, ko mu gihe butakemurirwa iki kibazo neza, bwahita bwikuramo.

Nyamitwe ashinja, u Rwanda, u Bubiligi n’umuryango w’u Bumwe bw’u Burayi kwihisha inyuma y’iyo raporo yita ibinyoma, bigamije guhungabanya umudendezo mu gihugu cyabo nkuko East African yabitangaje.

Avuga ko raporo yirengagije abantu 34 bakoze ibyaha bikomeye bashaka guhirika Nkurunziza, bamwe ngo bahawe akazi muri Loni.

Nyamitwe asanga kwirukana iyo Komisiyo mu Burundi ari uburyo bwo kwibungabungira uburenganzira bwa muntu kuko ngo bahageze batanavuze ikibagenza, bakora nka maneko.

2018-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zambia mu nzira yo kohereza mu Rwanda abasize bakoze jenoside bagahungirayo

Zambia mu nzira yo kohereza mu Rwanda abasize bakoze jenoside bagahungirayo

Ubwanditsi 02 Jul 2017
RDC : Igihe kirageze ngo ubuyobozi bubi buhigikwe maze amahoro aganze-Cardinal Monsengwo

RDC : Igihe kirageze ngo ubuyobozi bubi buhigikwe maze amahoro aganze-Cardinal Monsengwo

Ubwanditsi 03 Jan 2018
Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Ubwanditsi 06 Sep 2024
Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda

Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Name Change Request
KWAMAMAZA

Name Change Request

Ubwanditsi 09 Oct 2023
Urunturuntu ku rupfu rw’Umupolisi Mukuru muri Uganda, AIGP Kaweesi
ITOHOZA

Urunturuntu ku rupfu rw’Umupolisi Mukuru muri Uganda, AIGP Kaweesi

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Kwemerera Ingabire gukora politiki ye ni uguhembera Jenoside- Tom
INKURU NYAMUKURU

Kwemerera Ingabire gukora politiki ye ni uguhembera Jenoside- Tom

Ubwanditsi 20 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru