• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

RUSHYASHYA 21 Feb 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarenze ku masezerano y’agahenge menshi, nyamara abahuza ntibagire icyo babikoraho.

Perezida wa Angola, João Lourenço, yasabye impande zishyamiranye mu burasirazuba bwa RDC guhagarika imirwano guhera tariki ya 18 Gashyantare 2026. Nubwo Tshisekedi yemeye ako gahenge, ihuriro ry’ingabo z’igihugu cye, iz’u Burundi, FDLR, Wazalendo n’abacanshuro byakomeje kugaba ibitero ku basivili.

Ku wa 20 Gashyantare 2026, Azarias Ruberwa wabaye Visi Perezida wa RDC, yatangaje ko ibitero by’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC byakajije umurego mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kandi ko drones ziri kwifashishwa ziri gutwara ubuzima bw’abasivili benshi b’Abanyamulenge batuye mu bice birimo Komini ya Minembwe.

Ruberwa ukomoka mu bwoko bw’Abanyamulenge yasobanuye ko hashize ibyumweru bibiri abasivili b’Abanyamulenge bagabwaho ibitero bya drones ubudatuza, byishe abarimo umwana w’umwaka umwe wasenyeweho inzu n’umukecuru w’imyaka 101.

Minisitiri Nduhungirehe yashingiye ku butumwa bwa Ruberwa, abaza ati “Bimaze iki kuba abahuza n’ibindi bihugu byo mu karere batangaza amasezerano y’agahenge mu burasirazuba bwa RDC cyangwa bakaba abatangabuhamya bayo, niba badashobora kwamagana Kinshasa igihe cyose iyarenzeho ku mugaragaro?”

Yatangaje ko indege z’intambara za Leta ya RDC na drones bikomeje kurasa imidugudu y’Abanyamulenge n’abandi basivili, ariko ko akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, agashinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu, umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Afurika Yunze Ubumwe n’umuryango mpuzamahanga muri rusange byacecetse.

Minisitiri Nduhungirehe yabajije ati “Perezida Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge n’akandi, nta n’umwe ubimubaza?”

Yagaragaje ko mu gihe umuryango mpuzamahanga ukomeza guceceka abasivili bari kwicwa, Leta ya RDC ikarenga ku gahenge uko ibishaka ariko ntibibazwe, ibyo byongerera Perezida Tshisekedi imbaraga zo gukomeza kugaba ibitero kandi ko byatuma intambara ikomeza imyaka myinshi.

Tariki ya 13 Gashyantare ni bwo Leta ya RDC yatangaje ko Tshisekedi yemeye kubahiriza agahenge kasabwe na Perezida wa Angola. Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko iri tangazo rigamije kuyobya umuryango mpuzamahanga, kuko uwo munsi ibitero byari bikomeje.

Umujyanama mu bya gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Col Deo Mutabazi, yawusabye guhagurukira kurwanya imvugo zibiba urwango zikomeje kwiyongera kuko kutagira icyo uzikoraho bifatwa nko kuzishyigikira cyangwa ubufatanyacyaha.

 

Mu kiganiro cyahuje komite yihariye ya Loni ishinzwe ubutumwa bw’amahoro, ku wa 18 Gashyantare 2026, Col Mutabazi yagaragaje ko imvugo zibiba urwango ari umushinga utegurwa na za Leta, ugakurikirwa n’ibyaha bikomeye bya jenoside.

Yagize ati “Imvugo zibiba urwango ni umushinga wa Leta, kandi ubanziriza ubugizi bwa nabi bukorerwa benshi, ibyaha bya jenoside kandi bikomoka ku ngengabitekerezo ya jenoside iba yarabibwe mu buryo bwateguwe neza.”

Col Mutabazi yibukije ibihugu bigize Loni ko imvugo zibiba urwango ari zo zabanjirije Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko mu Rwanda habanje ibikorwa byo kubambura ubumuntu mu rwego rwo gushakishwa ishingiro ryatuma barimburwa.

Yavuze ko imvugo zibiba urwango zidakwiye gufatwa nk’ubwisanzure bwo kuvuga, kandi ko gukomeza guceceka kwa Loni mu gihe ziyongera byafatwa nko kuzishyigikira cyangwa kuba umufatanyacyaha.

Ati “Ndagira ngo nshimangire ko imvugo zibiba urwango zidakwiriye kwitiranywa n’ubwisanzure bwo kuvuga, kandi guceceka gukabije kwa Loni kuri ibi byaha byiyongera bifatwa nko gushyigikira n’ubufatanyacyaha mu kuvutsa itsinda ry’abantu uburenganzira no kuryambura ibiriranga.”

Col Mutabazi yavuze ko u Rwanda rwiyemeje kurwanya imvugo zibiba urwango, asaba ibihugu bigize Loni kutihanganira abavutsa abandi uburenganzira bw’ibanze bwo kubaho kuko umuryango mpuzamahanga ufite inshingano yo kurinda abari mu kaga.

Yagize ati “U Rwanda rwiyemeje kurwanya imvugo zibiba urwango, runasaba ibihugu by’ibinyamuryango kutihanganira abavutsa abandi uburenganzira bw’ibanze bwo kubaho.”

U Rwanda rutanze ubu butumwa mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakomeje gukwirakwira imvugo zibiba urwango zibasira Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, kandi bigakorwa n’abarimo abo muri Leta.

Umudepite Justin Bitakwira yavuze ko Umututsi ari we kiremwa kibi cyabayeho, uwahoze ari Umuvugizi w’ingabo za RDC, Gen Maj Sylvain Ekenge, atangariza kuri televiziyo y’igihugu ko Abatutsikazi batabyarana n’abo bashakanye mu gihe badahuje ubwoko, ariko ubutabera ntibwabakurikiranye.

Imvugo zibiba urwango zijyana n’ibitero bikomeye by’indege z’intambara na drones bigabwa mu bice byiganjemo Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi birimo Komini Minembwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuryango mpuzamahanga waratabajwe ariko ntusubiza.

Colonel Deo Mutabazi yasabye ibihugu bya Loni guhagurukira kurwanya imvugo zibiba urwango

Azarias Ruberwa yatangaje ko abasivili ari bo bari kugabwaho ibitero muri Kivu y’Amajyepfo

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko umuryango mpuzamahanga udakwiye gukomeza guceceka mu gihe Leta ya RDC irenga ku gahenge

2026-02-21
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Nyagatare: Afunzwe akurikiranyweho ubujura bwa mudasobwa

Nyagatare: Afunzwe akurikiranyweho ubujura bwa mudasobwa

Ubwanditsi 31 Mar 2016
Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baridegembya muri Uganda

Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baridegembya muri Uganda

Ubwanditsi 19 Nov 2018
Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Ubwanditsi 22 Aug 2021
“Inzego Z’ubutasi Za Uganda Zikomeje Gahunda Yo Guharabika U Rwanda, Zifashishije Chimpreports”

“Inzego Z’ubutasi Za Uganda Zikomeje Gahunda Yo Guharabika U Rwanda, Zifashishije Chimpreports”

Ubwanditsi 10 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye inama ku ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza
UBUKUNGU

Perezida Kagame yitabiriye inama ku ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane
Amakuru

Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Ubwanditsi 23 Oct 2021
Icyo Zari Hassan avuga ku irogwa ry’umugabo we Ivan Ssemwaga
Mu Rwanda

Icyo Zari Hassan avuga ku irogwa ry’umugabo we Ivan Ssemwaga

Ubwanditsi 04 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru