• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Dushime Intwari zarubogoye, tugaya intati zarubogetse. Abatanze ubuzima mutabara ubwacu muri Intwari, abarugambaniye mubyita umuvuno, bizababera umuvumo!!

Dushime Intwari zarubogoye, tugaya intati zarubogetse. Abatanze ubuzima mutabara ubwacu muri Intwari, abarugambaniye mubyita umuvuno, bizababera umuvumo!!

Ubwanditsi 01 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ni byiza ko dufata umwanya tukibuka ko iyo hataba intwari zatwitangiye, u Rwanda dufite uyu munsi rwari kuba ari urundi. Rukiri mu  maboko  y’ ibisahiranda, ari amatongo  abatindi bifuzaga ko dutura. Nyamara izo mbonezamisakura zararurasaniye, ziritanga ngo zirutabare, zanga ko ruba intizanyo, none twe imponoke turazishima. Ntitukiri ingaruzwamuheto, ubu dutuye u Rwanda rufite ijabo n’ijambo. Iki ni igihango n’ikuzo tuzuhaba ubuziraherezo.

Uyu mwanya tuvuga ibigwi izo ntore ariko, ni n’uwo kugaya intozo zarutengushye, zirarugambanira rurakomereka, dore n’ubu turacyarwomora ibikomere. Abo ni abashyize imbere amacakubiri muri bene Kanyarwanda, bimika ubusambo n’urwango, u Rwanda rurahababarira cyane. Ubwicanyi bwatwaye ubuzima bwa benshi, kwangara, gukurira no kugwa ishyanga nyamara warigeze iwanyu, bizonga inzirakarengane. Abimitse aya mahano ntibazabaha amahoro na rimwe!  Ibigwari byashyize imbere itoteza, abato bagakura ari abanzi, byibwiraga ko ari umuvuno, nyamara byababereye umuvumo. Tuzabagaya ubudatuza, bazaba ibigwagasi n’ibigwiranda, kabone n’iyo bagoreka amateka, yo ntagoheka, azatinda abibaryoze.

Abiyise “abarwanashyaka” ba Parimehutu, interahamwe za  MRND n’ impuzamupanga za  CDR, amateka azazirikana ubuyobe bwabaranze, kugera n’aho muyoberwa icyerekezo. Dore ubu murangara, kuko u Rwanda rwakabakijije ubworo, mwaruhaye urwango, muruvutsa urubyaro  nk’umubyeyi. Kayibanda Gerigori, mwene so Rwagasana yararusananiye, yanga kuba igisahiranda nkawe. Tuzamushima iteka, wowe tuzakunnyega by’itetu. Aho gutera ikireng mu cye, wataye mu gico, aricwa, urwo rubanza ntuzarutsinda! Mbonyumutwa Dominiko n’abagukomokaho, mwokamwe n’ubwiko, mworeka u Rwanda. Igihano rwabahaye ni ukuzahora muzerera, boshye Gahini wishe Abeli.

Abajenosideri mbibarize: Léon Mugesera, Bagosora, Kanziga, Kambanda, n’izindi mbata z’ibugwari, iyo abandi baratwa ubutwari, mwe mushimishwa no kumwarira ishyanga no mu ibohero ritagira iherezo? Dore abo mwashoye mu mashyamba bashiriyeyo, nkayoberwa n’icyo ngo mushyashyanira? Mwaradindiye bikomeye, kuko abakomeye ku neza yarwo barahari, bazaharanira ko muhora mutsindwa.

Mwarahemutse cyane. Erega n’abo mwabyaye ntimubakunda. Mwabareze nabi, mwabaraze ubutindi, kandi ntibazatinda kubona ko mwababeshye. Abo nibo twumva muri za Jambo ASBL, mu biryabarezi ngo ni amashyaka, n’ibindi by’imburamumaro.Nibo ngo “barwanyi” ba FDLR, n’ibindi binywamaraso, birwana n’umutima kuko bitazi icyo birwanira. Twagiramungu , aha hari isomo! Witatira isano ufitanye n’Urwakubyaye, va mu bitekerezo bisobanye, naho ubundi usaziye ubusa.

Ibigarasha namwe, kuki mutigira ku mateka?Mwabonye uwahiriwe n’ubuhemu ryari? Buriya Karegeya na Rutabana bahiriwe n’urugendo? Kayumba Nyamwasa na bagenzi bawe, ubu koko uwo niwo murage Rwigema Fred yabasigiye? Wigeze kurubeshya ngo urarurasanira, kumbi byari ubusahiranda? Reka ubupfapfa, utazapfa kubera inda kandi waraganiriye n’imfura!

Burya ugira Imana, abona umugira inama. Burya Igihugu gihora ku ntebe y’imbabazi, kuko ibyaye iboze irakirigata. Njye mbona muciye bugufi mukicuza, u Rwanda rwaca inkoni izamba. Mufite isoni zo kwijandika mu nyanja y’ibyaha,nibyo. Ariko mwitandukanyije n’ikibi, amateka yadohora, ikirara kikagaruka mu muryango.

Umunsi mwiza w’Intwari z’u rwanda. Isoni n’ikimwaro ku banyamwaga n’ umwanda mu mutima. Ubutwari bukomeze butwubake, naho ubugwari bukomeze bugwe nabi ababwimitse.

2021-02-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sobanukirwa impamvu iteka Umushakashatsi Tom Ndahiro adafata Ingabire Victoire Umuhoza nk’Umunyapolitike ahubwo akamufata nk’Umujenosoideri w’Umugome

Sobanukirwa impamvu iteka Umushakashatsi Tom Ndahiro adafata Ingabire Victoire Umuhoza nk’Umunyapolitike ahubwo akamufata nk’Umujenosoideri w’Umugome

Ubwanditsi 09 Sep 2021
Rayon Sports yerekanye Kalisa Rachid na Heritier Nzinga Luvumbu nk’abakinnyi bayo

Rayon Sports yerekanye Kalisa Rachid na Heritier Nzinga Luvumbu nk’abakinnyi bayo

Ubwanditsi 03 Aug 2023
Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 25 Jul 2023
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Ubwanditsi 29 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1
Amakuru

As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

Ubwanditsi 18 Sep 2021
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko umutekano muri CHAN wabaye ntamakemwa
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko umutekano muri CHAN wabaye ntamakemwa

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Niyigena Patrick  umunyarwanda w’umucuruzi  yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge
ITOHOZA

Niyigena Patrick umunyarwanda w’umucuruzi yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge

Ubwanditsi 14 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru