• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Google yaciwe amande ya miliyari €4,3 kuko yimana amahitamo

Google yaciwe amande ya miliyari €4,3 kuko yimana amahitamo

Ubwanditsi 18 Jul 2018 IKORANABUHANGA

*Google barayiziza Android benshi ubu bakoresha
*Google ngo yimye amahitamo abaguzi itanga ibifaranga ku bakora telephone

Amande yihanukiriye angana na miliyari 4,3 z’AmaEuro niyo Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU)waciye kompanyi ya Google ngo kuko yakoresheje nabi ubwiganze bwayo ku isoko ry’uburyo telephone zifashisha zikora (operating systems). Google yahise ijuririra uyu mwanzuro.

Apps nyinshi benshi bakoresha kuri telephone zikoresha Android ni iza Google, ziza zirimo zikabuza abaguzi amahitamo

Apps nyinshi benshi bakoresha kuri telephone zikoresha Android ni iza Google, ziza zirimo zikabuza abaguzi amahitamo

EU yaciye Google aya mande aremereye nyuma yo kubona ko iyo kompanyi y’ikoranabuhanga yo muri Amerika isaba abakora za telephone gushyiramo mbere ishakiro rya Googe na applications zayo hakoreshejwe android yayo.

Margrethe Vestager Komiseri ushinzwe ipiganwa muri EU uyu munsi yatangaje ko Google yakoresheje   Android (operating system) yayo igatsindagira ubwiganze bwayo nk’ishakiro bikabuza abandi babyifuza kubyinjiramo no guhangana ku isoko kandi ko “ibi binyuranyije n’amategeko ya EU agendanye n’ikizere mu bucuruzi.

Margrethe ati “Abantu benshi bayikoresha bapfa gufata ikizanye n’igikoresho (device) baguze ntibashobore gufata (download) izindi applications. Ntibabone andi mahitamo.”

Uyu mwanzuro wa none ufashwe nyuma y’iperereza muri Android ya Google rimaze amezi 39 rikorwa na Komisiyo ya European Union ishinzwe iby’ipiganwa.

Hashingiwe ku byavuzwe na bamwe mu bakoresha telephone iburayi n’umwanzuro wafashwe muri Mata 2016 , iyi Komisiyo ishinja Google gukoresha nabi isoko ryayo mu buryo butatu;

Ubwa mbere; gushyira ishakiro rya Google nk’iry’ibanze (default search engine) muri telephone zikoresha Android.

Ubwa kabiri; kubuza abakora za telephone gukoresha izindi ‘operating systems’ zapiganwa ku isoko n’iya Google. Ubwa gatatu; Kubuza abaguzi amahitamo baha amafaranga inganda zikora telephone n’abatanga serivisi z’itumanaho ngo bashyiremo mbere (pre-install) ishakiro rya Google gusa.

Mu gusubiza ibi Google ivuga ko abakoresha telephone bafite ububasha bwo gusiba Applications zayo. Ivuga ko inganda zifashisha Android yabo kuko idahenda kandi yoroshye gukoresha kandi abaguzi bafite uburenganzira bwo kuyivanamo iyo babishaka.

Uyu mwanzuro w’amande aremereye Google ikaba yahise itangaza ko iwujuririye.

Uyu mwanzuro ariko kandi urongera umwuka mubi uri hagati ya Leta zunze ubumwe za Amerika n’inshuti zayo z’Iburayi mu by’ubucuruzi, ndetse n’ikindi cyo kuganiraho hagati ya Perezida Donald Trump na  Jean-Claude Juncker Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’Uburayi uzasura Washington mu cyumweru gitaha.

Reuters ivuga ko uyu mwanzuro w’amande aremereye watindijweho gutangazwa ngo utaza mbere y’inama ya NATO ugatezamo gusakirana kw’abayobozi, ni mu nama Perezida Trump yaneguye cyane inshuti za Amerika z’Iburayi.

2018-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Ubwanditsi 10 Feb 2020
Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Ubwanditsi 09 May 2018
Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Ubwanditsi 03 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)
Amakuru

Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)

Ubwanditsi 17 Aug 2021
Twagiramungu Alias Rukokoma , Ntazongere Kubeshya Rubanda Ko Yibwe Amajwi [ Ikimenyetso ]
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu Alias Rukokoma , Ntazongere Kubeshya Rubanda Ko Yibwe Amajwi [ Ikimenyetso ]

Ubwanditsi 06 May 2018
Perezida wa Gabon Ali Bongo yageze mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Gabon Ali Bongo yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru