• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

Ubwanditsi 19 Sep 2018 IKORANABUHANGA

Ikigo cy’itumanaho MTN Rwanda cyatangije poromosiyo cyise “Izihirwe” irimo ibihembo bitandukanye nk’inka, ihene, moto, televiziyo, amafaranga n’ibindi, mu rwego rwo kwifatanya n’abakiriya bayo mu kwizihiza imyaka 20 imaze ikorera mu Rwanda.

Iyi poromosiyo “Izihirwe”yatangijwe kuri uyu wa Kabiri. Kugira ngo umuntu abe mu begukana ibihembo, ntacyo bimusaba uretse kuguma ku murongo wa MTN.

Asabwa kwandika 20 ahagenewe ubutumwa bugufi akabwohereza kuri 2018 cyangwa agakanda *140*6# ubundi agahamagara.

Umuyobozi ushinzwe imenyekanishabikorwa muri MTN Rwanda, Ruhinguka Désiré, yavuze ko buri cyumeru bazajya batanga inka ebyiri na moto imwe.

Yagize ati “ Izihirwe na MTN ni gahunda igamije kugira ngo dufatanye n’abakiriya bacu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 tumaze dukorera mu Rwanda, ni gahunda yihariye kuko nta kiguzi gisabwa umukiliya kugira ngo ayinjiremo ahubwo icyo asabwa ni uguhora ku murongo.”

Yakomeje avuga ko muri iyi poromosiyo harimo ibihembo byinshi, aboneraho gusaba abakiriya ba MTN kutava ku murongo kugira ngo bazabashe kuba mu banyamahirwe babyegukana.

Umuturage witwa Benihirwe Faustin, yavuze ko bishimiye cyane iyi poromosiyo kuko ibagaragariza ko MTN Rwanda ihora ibazirikana.

Yagize ati “Ibi byatunejeje cyane kubona badutegurira poromosiyo nk’iyi idasaba ikiguzi kugira ngo gusa twishimane kuko byatweretse ko MTN ihora izirikana abakiriya bayo.”

Biteganyijwe ko iyi Poromosiyo ya Isanzure na MTN izamara amezi atatu ndetse ikazagera mu bice byose by’Igihugu.

Muri ayo mezi atatu abakiliya batoranyijwe bazajya bahabwa guhamagara cyangwa kohereza ubutumwa bugufi ku buntu cyangwa bahabwe internet, ku murongo wa mbere mu Rwanda mu itumanaho.

Ibihembo bikomeye bizajya bitsindirwa buri cyumweru na buri kwezi, birimo amafaranga, televiziyo, ihene, radio, telefoni, amatike ya resitora na sinema.

Ku banyamahirwe kandi hazatangwa inka, ihene, moto nshya 13 n’ibindi.

MTN Rwanda inavuga ko abatsinze bazajya bahamagarwa na telefoni yayo imaze kumenyerwa ya 0784000000, kujya mu batsindira ibihembo bikaba nta kiguzi kandi uwatsinzwe ntagire icyo asabwa kubanza gutanga.

Umuyobozi ushinzwe imenyekanishabikorwa muri MTN Rwanda, Ruhinguka Désiré

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Bart Hofker

Abahanzi batandukanye bitabiriye igikorwa cyo gutangiza iyi poromosiyo

Abayobozi ba MTN Rwanda mu gutangiza poromosiyo ‘Izihirwe’

Ibihembo bizagenda bitangwa birimo moto nshya

2018-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Ubwanditsi 09 May 2018
Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ubwanditsi 09 Feb 2018
RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

Ubwanditsi 19 Nov 2018
Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Ubwanditsi 05 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi
UBUKUNGU

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo
POLITIKI

Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Ubwanditsi 19 Mar 2016
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.
Amakuru

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Ubwanditsi 01 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru