• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

Ubwanditsi 19 Sep 2018 IKORANABUHANGA

Ikigo cy’itumanaho MTN Rwanda cyatangije poromosiyo cyise “Izihirwe” irimo ibihembo bitandukanye nk’inka, ihene, moto, televiziyo, amafaranga n’ibindi, mu rwego rwo kwifatanya n’abakiriya bayo mu kwizihiza imyaka 20 imaze ikorera mu Rwanda.

Iyi poromosiyo “Izihirwe”yatangijwe kuri uyu wa Kabiri. Kugira ngo umuntu abe mu begukana ibihembo, ntacyo bimusaba uretse kuguma ku murongo wa MTN.

Asabwa kwandika 20 ahagenewe ubutumwa bugufi akabwohereza kuri 2018 cyangwa agakanda *140*6# ubundi agahamagara.

Umuyobozi ushinzwe imenyekanishabikorwa muri MTN Rwanda, Ruhinguka Désiré, yavuze ko buri cyumeru bazajya batanga inka ebyiri na moto imwe.

Yagize ati “ Izihirwe na MTN ni gahunda igamije kugira ngo dufatanye n’abakiriya bacu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 tumaze dukorera mu Rwanda, ni gahunda yihariye kuko nta kiguzi gisabwa umukiliya kugira ngo ayinjiremo ahubwo icyo asabwa ni uguhora ku murongo.”

Yakomeje avuga ko muri iyi poromosiyo harimo ibihembo byinshi, aboneraho gusaba abakiriya ba MTN kutava ku murongo kugira ngo bazabashe kuba mu banyamahirwe babyegukana.

Umuturage witwa Benihirwe Faustin, yavuze ko bishimiye cyane iyi poromosiyo kuko ibagaragariza ko MTN Rwanda ihora ibazirikana.

Yagize ati “Ibi byatunejeje cyane kubona badutegurira poromosiyo nk’iyi idasaba ikiguzi kugira ngo gusa twishimane kuko byatweretse ko MTN ihora izirikana abakiriya bayo.”

Biteganyijwe ko iyi Poromosiyo ya Isanzure na MTN izamara amezi atatu ndetse ikazagera mu bice byose by’Igihugu.

Muri ayo mezi atatu abakiliya batoranyijwe bazajya bahabwa guhamagara cyangwa kohereza ubutumwa bugufi ku buntu cyangwa bahabwe internet, ku murongo wa mbere mu Rwanda mu itumanaho.

Ibihembo bikomeye bizajya bitsindirwa buri cyumweru na buri kwezi, birimo amafaranga, televiziyo, ihene, radio, telefoni, amatike ya resitora na sinema.

Ku banyamahirwe kandi hazatangwa inka, ihene, moto nshya 13 n’ibindi.

MTN Rwanda inavuga ko abatsinze bazajya bahamagarwa na telefoni yayo imaze kumenyerwa ya 0784000000, kujya mu batsindira ibihembo bikaba nta kiguzi kandi uwatsinzwe ntagire icyo asabwa kubanza gutanga.

Umuyobozi ushinzwe imenyekanishabikorwa muri MTN Rwanda, Ruhinguka Désiré

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Bart Hofker

Abahanzi batandukanye bitabiriye igikorwa cyo gutangiza iyi poromosiyo

Abayobozi ba MTN Rwanda mu gutangiza poromosiyo ‘Izihirwe’

Ibihembo bizagenda bitangwa birimo moto nshya

2018-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Kagame azitabira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga i Paris

Kagame azitabira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga i Paris

Ubwanditsi 15 May 2019
Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

New York: Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu kurwanya Jenoside n’abayihakana
INKURU NYAMUKURU

New York: Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu kurwanya Jenoside n’abayihakana

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza
POLITIKI

Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 30 Nov 2017
APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League
IMIKINO

APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League

Ubwanditsi 20 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru