• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza
Theophile Ruberangeyo, umuyobozi wa FARG

Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Ubwanditsi 31 Oct 2017 ITOHOZA

Niyonteze Jean d’Amour wahamijwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi agafungwa imyaka 13 yarihiwe na FARG aza gutahurwa akurwa ku rutonde.

Muri 2014 ni bwo FARG yamukuye ku rutonde isanze yararihirwaga ataracitse ku icumu. Icyo gihe yari ageze mu mwaka wa kabiri muri kaminuza yahoze ari SFB.

Raporo ya Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ivuga ko Niyonteze akomoka mu Murenge wa Kibungo, Akarere ka Ngoma , ku wa 14 Nzeri 2016 ngo yagiye kuri CNLG avuga ko yakuwe ku rutonde rw’abarihirwa FARG asaba ko yakorerwa ubuvugizi.

Ubwo CNLG yashyikirizaga Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi raporo y’ibikorwa bya 2016-2017 yavuze ko yakoze igenzura isanga Niyonteze yarakoze Jenoside ndetse yaranakatiwe imyaka 13 y’igifungo.

Bamwe mu bagize Inteko imitwe yombi bagaragaje ko batishimiye kuba umuntu wakoze Jenoside arihirwa amafaranga agenewe gufasha abacitse ku icumu batishoboye. Basaba ko abarihiwe muri ubwo buryo bakurikiranwa bakayaryozwa.

Mu minsi ishize ubwo Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu yatangazaga raporo ku Nteko rusange, Depite Manirarora Annoncée yakomoje kuri iyi ngingo.

Yagize ati “Amafaranga yahawe abagenerwa bikorwa mu bijyanye n’uburezi, hari aho byagaragaye ko yagiye ahabwa abantu batabikwiye. Nkaba nasabaga ko aya mafaranga yahawe abantu batabikwiye hakorwa icukumbura kuva FARG yabaho abantu bahawe amafaranga ajyanye n’uburezi batabikwiye akaba yagaruzwa.”

Niyonteze ni umwe muri benshi barihiwe amafaranga agenewe abacitse ku icumu atararicitseho, aho hari benshi bamaze kugaragara ko bayabonye muri ubwo buryo.

FARG ibivugaho iki ?

Avuga ku kibazo cya Niyonteze, Umuyobozi Mukuru wa FARG, Ruberangeyo Théophile, yavuze ko bagifata nk’umwihariko. “Ati ubwabyo ni gahomamunwa, twe tubifata nk’ikibazo kidasanzwe. Mu biganiro turi kugirana na CNLG turi kureba uburyo twabigeza kuri MINALOC, hanyuma uwo muntu wakoze Jenoside warihiwe ayo mafaranga yacu agomba kubihanirwa by’intangarugero.

Ruberangeyo yabwiye itangazamakuru ko hari abantu bagaragaweho ko barihiwe amashuri bataracitse ku icumu bamaze kugeza kuri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’izindi nzego kugira ngo harebwe icyakorwa.

Uyu muyobozi avuga mu rwego rwo guhangana n’icyo kibazo, mu mwaka wa 2010 hasohotse amabwiriza agena uburyo umuntu wacitse ku icumu atoranywa kugira ngo ahabwe inkunga, aho ngo guhera icyo gihe bikorwa mu mucyo.

Yagize ati “Abantu bahabwa inkunga ya FARG bemezwa mu nteko rusange y’abarokotse Jenoside n’abandi baturage, iyo nteko ikaba ihagarariwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari. Haba hari kandi umuyobozi wa IBUKA na AVEGA noneho icyo gikorwa kigahagararirwa n’umurenge n’akarere, aho ubishinzwe aba ari Umuyobozi w’Akarere wungirijwe ushinzwe imibereho myiza.”

Ibi ngo byatumye uburiganya bwakorwaga mbere bugabanuka, aho ngo mbere byakorwaga n’abarokotse Jenoside ubwabo, bigatuma hari abashyiramo abatabikwiye bitewe n’ubucuti bafitanye cyangwa na ruswa.

Kuri ubu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari, umuyobozi wa IBUKA ndetse n’uyobora AVEGA ngo ni bo basinya mu ikayi yandikwamo abakwiye guhabwa inkunga.

Avuga ko mbere y’uwo mwaka hari aho byabayeho hakagira abantu bashyirwa mu bagenerwabikorwa ba FARG kandi batabyemerewe. Ibi ngo byakozwe na bamwe muri za komite z’abacitse ku icumu mu nzego z’utugari, aho hari abatari inyangamugayo bagiye bishyiriramo abandi.

Ibyo ngo ntibigaragara mu bijyanye n’uburezi gusa ngo kuko no mu zindi nkunga FARG itanga icyo kibazo cyagaragaye, aho harimo abantu benshi bubakiwe inzu kandi bataracitse ku icumu.

Ruberangeyo avuga ko mu mpera z’uyu mwaka FARG izakora igenzura ryimbitse kugira ngo irebe umubare nyawo w’abantu barihiwe amashuri bataracitse ku icumu ndetse n’abashobora kuba barahawe inkunga kandi bishoboye.

Muri 2012 FARG ikora igenzura bwa mbere ngo yasanze abanyeshuri basaga 2000 bararihiwe kandi batujuje ibisabwa.

Umuyobozi wa FARG yavuze ko muri rusange bazakomeza gukorana n’inzego zitandukanye zirimo iz’ubutabera kugira ngo harebwe uburyo abahawe inkunga batayikwiye bayisubiza ndetse n’abagize uruhare mu kubashyira ku rutonde rw’abagenerwabikorwa bakabihanirwa.

2017-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Ubwanditsi 18 May 2017
Umuntu umwe yarasiwe mu myigaragambyo y’abari kwamagana ifungwa rya Bobi Wine

Umuntu umwe yarasiwe mu myigaragambyo y’abari kwamagana ifungwa rya Bobi Wine

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025
Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Ubwanditsi 11 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro:  Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye
Mu Mahanga

Kicukiro: Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Ubwanditsi 27 Oct 2016
U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi
ITOHOZA

U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Nyuma yo gutandukana na Waasland Beveren, Bizimana Djihad yerekeje muri KMSK Deinze yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi.
Amakuru

Nyuma yo gutandukana na Waasland Beveren, Bizimana Djihad yerekeje muri KMSK Deinze yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi.

Ubwanditsi 28 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru