• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Zion Temple “Afrika haguruka “: Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda

Zion Temple “Afrika haguruka “: Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Jul 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu mugoroba tariki ya 27 Nyakanga 2016, mu giterane “Afrika haguruka “cyateguwe n’itorero Zion Temple, iki giterane kiri kubera kuri ETO-KICUKIRO habaye igikorwa cy’Ubuhanuzi aho ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda murwego rwo guhumanura igihugu cy’u Rwanda cyamenetsemo amaraso menshi muri Jenoside yakorewe abatutsi 1994.

Muri uyu muhango wari uyobowe n’Intumwa Paul Gitwaza ndetse n’Abashumba baturutse mu bihugu bitandukanye birimo na Isiraheli na Etiopia, bahuje ubutaka butagatifu bwa Isiraheli n’ igitaka cy’u Rwanda cyamenetseho amaraso y’abanyarwanda b’inzirakarengane biciwe mugihugu cyose, ariko cyane cyane kuri Eto Kicukiro aho ingabo z’umuryango w’abibumbye zasize impunzi z’abatutsi mumenyo ya rubamba nyuma bakaza kuhatikirira.

-3442.jpg

Aba bashumba basangiye igaburo ryera nyuma basuka amaraso ya YESU kubutaka bw’u Rwanda n’ubwa Isiraheli ndetse bamanyagura umugati nk’ikimenyetso cy’umubiri wa Kristu wajanjaguwe ku musaraba, babivanga n’ubutaka bwombi.

Hazamuwe kandi ibendera ry’u Rwanda rihuzwa nirya Isiraheri, basengera abakuru b’ibihugu byombi Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.

-3429.jpg

Naho ku munsi wa kabiri w’igiterane cy’Afurika Haguruka ni ukuvuga ku wa mbere taliki ya 25/7/2016 mu masaha ya mu gitondo abakozi b’Imana batandukanye bavuze ibintu bikomeye byerekana ko ari igihe cy’Imana cyo guhagurutsa Afurika n’abanyafrika.

Muri abo bakozi b’Imana twavuga nka Pasteur ZERUBBABEL Mengistu waturutse muri Etiyopiya wagize ati: “ iki ni igihe cya Afurika ngo ibibazo byabaye nkaho ari izina ryayo birangire kandi ikiganza cy’Afurika gihora giteze gisabiriza kigiye kuba ikiganza gitanga umugisha”.

-3430.jpg

Pastor Zerubbabel Mengistu waturutse muri Etiyopiya.

Yakomeje agira ati: “ abanyafurika tugomba kurenga kurebera Afurika uko imeze ku ikarita, aho tubona imipaka, amazina y’ibihugu, indimi tuvuga ndetse n’abadukoronije n’ibindi bituma twumva ko tutari umwe ahubwo abanyafurika tugomba kuyirebera mu mu mugambi w’imana kandi tukayumva uko Imana iyivuga”

-3431.jpg

Pastor Dr. James Magara waturutse muri Uganda.

Pastor Dr James MAGARA waturutse muri Uganda yavuze ko gutera Isiraheli umugongo kwa Afurika, aricyo cyatumye nayo idatera imbere kuko gutera Isiraheli umugongo bivuze kuwutera Imana no kwanga kwakira umugisha uturuka mu gukunda ubwoko bwayo. Yagize ati : “ mu myaka mirongo ine ishize Afurika yateye Isiraheli umugongo, yifatanya n’abayirwanya niyo mpamvu imiryango y’imigisha kuri Afurika nayo yifunze mu bukungu, mu mwuka, mu muco n’ibindi” ariko yakomeje agira ati : “ ikini igihe Afurika yongeye guhindukirira Isiraheli, Isiraheli yagarutse muri Afurika itazanwe no kudukoroniza, itazanywe no kudusahura, izanywe no kuduhesha umugisha kuko ari abanyamugisha. Amatorero menshi yatangiye gukora ingendo zo gusura Isiraheli, abanyayisiraheli benshi bari kwizera Yesu nk’umwami n’umukiza wabo kubera ubutumwa bwiza buri gutwarwayo n’abanyafurika.”

-3432.jpg

Igikorwa cy’ubuhanuzi cyo guhuza Isirayeli na Afrika.

Aha hahise hakorwa igikorwa cy’ubuhanuzi cyo guhuza Isiraheli n’Afurika aho buri umwe waje uhagarariye abandi baturutse mu bihugu bitandukanye by’afurika muri iki giterane bapfukamye hamwe kandi bagafatana urunana n’abayahudi baturutse muri isiraheli bari muri iki giterane bagasengera hamwe kandi bakatura amagambo y’ubuhanuzi yubaka ubumwe bwa Afurika na Isiraheli.

-3433.jpg

Intumwa Dr. Paul Gitwaza

Intumwa Dr Paul Gitwaza ari nawe nyiri iri yerekwa rya AFURIKA HAGURUKA, yavuze ko ku isi yose hari abanyafurika 1,000,000,0000 bafite uruhu rwirabura n’umutima bya Afurika kandi Imana iri gukorera muri iyi mitima no mu bwenge bwabo kugira ngo iyihurize hamwe maze bahagurukire rimwe bubake kandi bahagurutse Afurika . Yagize ati “iki ni gihe ubona ko abanyafurika mu ngeri zose, ku migabane yose baryaryatwa mu mitima no mu bitekerezo bashaka icyakorwa ngo Afurika ihaguruke. Bamwe bashyiraho amazu yo gusengeramo ngo Imana ihagurutse Afurika, abandi tugategura ibiterane bya Afurika Haguruka, abandi bagatangiza za Minisiteri n’amatorero bitangiriye muri Afurika bikagira ubyicaro bikuru muri Afurika.

-3434.jpg

Abayobozi b’amatorero baturutse mu bihugu bitandukanye.

Ni igihe abayobozi mu bya politike n’amatorero bavuga n’ijwi rirenga ko badakeneye inkunga z’amahanga ahubwo bakeneye ubufatanye nayo, ni igihe ubumenyi mu iyobokamana buhabwa abanyafurika butangiye gushingira ku muco w’abanyafurika, ni igihe cyo guhuza imbaraga tugahagurutsa Afurika.

-3435.jpg

Abanyafrika bakomeje kuyoboza Imana ngo ibabwire icyo gukora.

Intumwa Dr Paul Gitwaza yakomeje avuga ko bidashoboka kubaka Afurika yigenga, iteye imbere, yiyubatse mu nzego zose ukuyemo Imana nk’uko bamwe babitekereza. Yagize ati: “ urugamba rukomeye dusigaranye ni urw’izindi muvoma zishaka guhagurutsa Afurika ariko bagakuramo uruhare rw’Imana, izo muvoma zivuga ko Imana ari iy’abazungu ariko Imana si iy’abazungu ahubwo Imana ni iy’abantu bose kandi umuntu ashobora gucumura akavuga Imana uko itari ariko Imana ni Imana kandi yo Ntijya Icumura.

-3436.jpg

Abantu baritabira ku bwinshi no mu masaha ya mu gitondo.

Niba abazungu baritwaje Imana mu mitima yabo yanduye bagahemukira abanyafurika ntibisobanuye ko abanyafurika twakubaka Afurika dukuyemo Imana, ahubwo bisobanuye ko abanyafurika twatwara Imana mu mitima itunganye maze tugahagurutsa Afurika.

-3437.jpg

Gutabarwa kwe aguteze k’Uwiteka.

Ubumwe bw’abasoviyete bwubakiye ku ihame rya Karl Max ry’iterambere ridashingiye ku Mana, ubu bumwe burakomera ariko buza kugwa nk’igikarito. Abo ku munara w’ibabeli bubatse inzu ndende iratumbagira ariko bakuyemo Imana irariduka ndetse n’indimi zirabusana batatanira hirya no hinonatwe abanyafurika kugirango duhagurutse Afurika dukeneyekubakira ku mahame y’Ijambo ry’Imana.

-3438.jpg

Pastor Zerubbabel Mengistu

Mu masaha ya nimugoroba Pastor ZERUBBABEL Mengistu waturutse muri Etiyopiya yigishije ku maraso ya Abeli na ya Yesu, avuga ko amaraso ya Abeli muri Afurika asobanuye amaraso y’abantu bishwe bazira akarengane cyangwa se bazira amoko yabo, ayo maraso rero buri gihe ahora ataka asaba guhorerwa kandi ibyo bizana impfu no gukomeza kumeneka kw’amaraso muri Afurika, ariko amaraso ya Yesu ahindura abari ababiri kuba umwe, akazana kubabarira, agakuraho amoko twese tukaba umwe tugasigwa amavuta tukagira n’imbaraga zo gukorera Imana. Agakiza kabonerwa mu mbabazi zazanywe n’amaraso ya Yesu niko kazazana ubwiyunge muri Afrika abari ababiri tukaba umwe.

Ku baba mu mahanga n’abatuye kure mushobora kugukurikirana Online ibiri kuba kuri Zion Temple Live : kuri www.authentic-tv.com .

Imana ibahe umugisha

Jean Baptiste Tuyizere

2016-07-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Polisi y’u Rwanda yafashe agatsiko k’abantu bakwirakwiza amafaranga  y’amiganano.

Polisi y’u Rwanda yafashe agatsiko k’abantu bakwirakwiza amafaranga y’amiganano.

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Ubwanditsi 16 Mar 2016

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Ubwanditsi 30 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha
Amakuru

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Ubwanditsi 16 Aug 2023
Mu bahitanywe n’impanuka ya Ethiopian Airlines harimo Umunyarwanda umwe
HIRYA NO HINO

Mu bahitanywe n’impanuka ya Ethiopian Airlines harimo Umunyarwanda umwe

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Amafoto – Willy Essombe Onana wa Rayon Sports yageze i Kigali ngo afatanye n’ikipe ye kwitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023
Amakuru

Amafoto – Willy Essombe Onana wa Rayon Sports yageze i Kigali ngo afatanye n’ikipe ye kwitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

Ubwanditsi 28 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru