• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Zion Temple “Afrika haguruka “: Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda

Zion Temple “Afrika haguruka “: Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Jul 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu mugoroba tariki ya 27 Nyakanga 2016, mu giterane “Afrika haguruka “cyateguwe n’itorero Zion Temple, iki giterane kiri kubera kuri ETO-KICUKIRO habaye igikorwa cy’Ubuhanuzi aho ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda murwego rwo guhumanura igihugu cy’u Rwanda cyamenetsemo amaraso menshi muri Jenoside yakorewe abatutsi 1994.

Muri uyu muhango wari uyobowe n’Intumwa Paul Gitwaza ndetse n’Abashumba baturutse mu bihugu bitandukanye birimo na Isiraheli na Etiopia, bahuje ubutaka butagatifu bwa Isiraheli n’ igitaka cy’u Rwanda cyamenetseho amaraso y’abanyarwanda b’inzirakarengane biciwe mugihugu cyose, ariko cyane cyane kuri Eto Kicukiro aho ingabo z’umuryango w’abibumbye zasize impunzi z’abatutsi mumenyo ya rubamba nyuma bakaza kuhatikirira.

-3442.jpg

Aba bashumba basangiye igaburo ryera nyuma basuka amaraso ya YESU kubutaka bw’u Rwanda n’ubwa Isiraheli ndetse bamanyagura umugati nk’ikimenyetso cy’umubiri wa Kristu wajanjaguwe ku musaraba, babivanga n’ubutaka bwombi.

Hazamuwe kandi ibendera ry’u Rwanda rihuzwa nirya Isiraheri, basengera abakuru b’ibihugu byombi Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.

-3429.jpg

Naho ku munsi wa kabiri w’igiterane cy’Afurika Haguruka ni ukuvuga ku wa mbere taliki ya 25/7/2016 mu masaha ya mu gitondo abakozi b’Imana batandukanye bavuze ibintu bikomeye byerekana ko ari igihe cy’Imana cyo guhagurutsa Afurika n’abanyafrika.

Muri abo bakozi b’Imana twavuga nka Pasteur ZERUBBABEL Mengistu waturutse muri Etiyopiya wagize ati: “ iki ni igihe cya Afurika ngo ibibazo byabaye nkaho ari izina ryayo birangire kandi ikiganza cy’Afurika gihora giteze gisabiriza kigiye kuba ikiganza gitanga umugisha”.

-3430.jpg

Pastor Zerubbabel Mengistu waturutse muri Etiyopiya.

Yakomeje agira ati: “ abanyafurika tugomba kurenga kurebera Afurika uko imeze ku ikarita, aho tubona imipaka, amazina y’ibihugu, indimi tuvuga ndetse n’abadukoronije n’ibindi bituma twumva ko tutari umwe ahubwo abanyafurika tugomba kuyirebera mu mu mugambi w’imana kandi tukayumva uko Imana iyivuga”

-3431.jpg

Pastor Dr. James Magara waturutse muri Uganda.

Pastor Dr James MAGARA waturutse muri Uganda yavuze ko gutera Isiraheli umugongo kwa Afurika, aricyo cyatumye nayo idatera imbere kuko gutera Isiraheli umugongo bivuze kuwutera Imana no kwanga kwakira umugisha uturuka mu gukunda ubwoko bwayo. Yagize ati : “ mu myaka mirongo ine ishize Afurika yateye Isiraheli umugongo, yifatanya n’abayirwanya niyo mpamvu imiryango y’imigisha kuri Afurika nayo yifunze mu bukungu, mu mwuka, mu muco n’ibindi” ariko yakomeje agira ati : “ ikini igihe Afurika yongeye guhindukirira Isiraheli, Isiraheli yagarutse muri Afurika itazanwe no kudukoroniza, itazanywe no kudusahura, izanywe no kuduhesha umugisha kuko ari abanyamugisha. Amatorero menshi yatangiye gukora ingendo zo gusura Isiraheli, abanyayisiraheli benshi bari kwizera Yesu nk’umwami n’umukiza wabo kubera ubutumwa bwiza buri gutwarwayo n’abanyafurika.”

-3432.jpg

Igikorwa cy’ubuhanuzi cyo guhuza Isirayeli na Afrika.

Aha hahise hakorwa igikorwa cy’ubuhanuzi cyo guhuza Isiraheli n’Afurika aho buri umwe waje uhagarariye abandi baturutse mu bihugu bitandukanye by’afurika muri iki giterane bapfukamye hamwe kandi bagafatana urunana n’abayahudi baturutse muri isiraheli bari muri iki giterane bagasengera hamwe kandi bakatura amagambo y’ubuhanuzi yubaka ubumwe bwa Afurika na Isiraheli.

-3433.jpg

Intumwa Dr. Paul Gitwaza

Intumwa Dr Paul Gitwaza ari nawe nyiri iri yerekwa rya AFURIKA HAGURUKA, yavuze ko ku isi yose hari abanyafurika 1,000,000,0000 bafite uruhu rwirabura n’umutima bya Afurika kandi Imana iri gukorera muri iyi mitima no mu bwenge bwabo kugira ngo iyihurize hamwe maze bahagurukire rimwe bubake kandi bahagurutse Afurika . Yagize ati “iki ni gihe ubona ko abanyafurika mu ngeri zose, ku migabane yose baryaryatwa mu mitima no mu bitekerezo bashaka icyakorwa ngo Afurika ihaguruke. Bamwe bashyiraho amazu yo gusengeramo ngo Imana ihagurutse Afurika, abandi tugategura ibiterane bya Afurika Haguruka, abandi bagatangiza za Minisiteri n’amatorero bitangiriye muri Afurika bikagira ubyicaro bikuru muri Afurika.

-3434.jpg

Abayobozi b’amatorero baturutse mu bihugu bitandukanye.

Ni igihe abayobozi mu bya politike n’amatorero bavuga n’ijwi rirenga ko badakeneye inkunga z’amahanga ahubwo bakeneye ubufatanye nayo, ni igihe ubumenyi mu iyobokamana buhabwa abanyafurika butangiye gushingira ku muco w’abanyafurika, ni igihe cyo guhuza imbaraga tugahagurutsa Afurika.

-3435.jpg

Abanyafrika bakomeje kuyoboza Imana ngo ibabwire icyo gukora.

Intumwa Dr Paul Gitwaza yakomeje avuga ko bidashoboka kubaka Afurika yigenga, iteye imbere, yiyubatse mu nzego zose ukuyemo Imana nk’uko bamwe babitekereza. Yagize ati: “ urugamba rukomeye dusigaranye ni urw’izindi muvoma zishaka guhagurutsa Afurika ariko bagakuramo uruhare rw’Imana, izo muvoma zivuga ko Imana ari iy’abazungu ariko Imana si iy’abazungu ahubwo Imana ni iy’abantu bose kandi umuntu ashobora gucumura akavuga Imana uko itari ariko Imana ni Imana kandi yo Ntijya Icumura.

-3436.jpg

Abantu baritabira ku bwinshi no mu masaha ya mu gitondo.

Niba abazungu baritwaje Imana mu mitima yabo yanduye bagahemukira abanyafurika ntibisobanuye ko abanyafurika twakubaka Afurika dukuyemo Imana, ahubwo bisobanuye ko abanyafurika twatwara Imana mu mitima itunganye maze tugahagurutsa Afurika.

-3437.jpg

Gutabarwa kwe aguteze k’Uwiteka.

Ubumwe bw’abasoviyete bwubakiye ku ihame rya Karl Max ry’iterambere ridashingiye ku Mana, ubu bumwe burakomera ariko buza kugwa nk’igikarito. Abo ku munara w’ibabeli bubatse inzu ndende iratumbagira ariko bakuyemo Imana irariduka ndetse n’indimi zirabusana batatanira hirya no hinonatwe abanyafurika kugirango duhagurutse Afurika dukeneyekubakira ku mahame y’Ijambo ry’Imana.

-3438.jpg

Pastor Zerubbabel Mengistu

Mu masaha ya nimugoroba Pastor ZERUBBABEL Mengistu waturutse muri Etiyopiya yigishije ku maraso ya Abeli na ya Yesu, avuga ko amaraso ya Abeli muri Afurika asobanuye amaraso y’abantu bishwe bazira akarengane cyangwa se bazira amoko yabo, ayo maraso rero buri gihe ahora ataka asaba guhorerwa kandi ibyo bizana impfu no gukomeza kumeneka kw’amaraso muri Afurika, ariko amaraso ya Yesu ahindura abari ababiri kuba umwe, akazana kubabarira, agakuraho amoko twese tukaba umwe tugasigwa amavuta tukagira n’imbaraga zo gukorera Imana. Agakiza kabonerwa mu mbabazi zazanywe n’amaraso ya Yesu niko kazazana ubwiyunge muri Afrika abari ababiri tukaba umwe.

Ku baba mu mahanga n’abatuye kure mushobora kugukurikirana Online ibiri kuba kuri Zion Temple Live : kuri www.authentic-tv.com .

Imana ibahe umugisha

Jean Baptiste Tuyizere

2016-07-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Toy Nzamwita wari Avoka  yarasiwe na Polisi  hafi ya Kigali Convention Center ahasiga ubuzima

Toy Nzamwita wari Avoka yarasiwe na Polisi hafi ya Kigali Convention Center ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 31 Dec 2016
Ibyabaye Kuri Bobi Wine Bigaragaza Ko Besigye Ari Umwe Mu Mishinga Ya Museveni- Ykee Benda

Ibyabaye Kuri Bobi Wine Bigaragaza Ko Besigye Ari Umwe Mu Mishinga Ya Museveni- Ykee Benda

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Ubwanditsi 29 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘  n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).
ITOHOZA

Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘ n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Ubwanditsi 31 May 2017
Bujumbura : Intambara yahinduye isura,  imbonerakure ziri gusambanya  kungufu abagore baba Tutsikazi, Polisi ibahagarikiye
Mu Rwanda

Bujumbura : Intambara yahinduye isura, imbonerakure ziri gusambanya kungufu abagore baba Tutsikazi, Polisi ibahagarikiye

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.
Amakuru

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Ubwanditsi 09 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru