• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Zion Temple “Afrika haguruka “: Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda

Zion Temple “Afrika haguruka “: Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Jul 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu mugoroba tariki ya 27 Nyakanga 2016, mu giterane “Afrika haguruka “cyateguwe n’itorero Zion Temple, iki giterane kiri kubera kuri ETO-KICUKIRO habaye igikorwa cy’Ubuhanuzi aho ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda murwego rwo guhumanura igihugu cy’u Rwanda cyamenetsemo amaraso menshi muri Jenoside yakorewe abatutsi 1994.

Muri uyu muhango wari uyobowe n’Intumwa Paul Gitwaza ndetse n’Abashumba baturutse mu bihugu bitandukanye birimo na Isiraheli na Etiopia, bahuje ubutaka butagatifu bwa Isiraheli n’ igitaka cy’u Rwanda cyamenetseho amaraso y’abanyarwanda b’inzirakarengane biciwe mugihugu cyose, ariko cyane cyane kuri Eto Kicukiro aho ingabo z’umuryango w’abibumbye zasize impunzi z’abatutsi mumenyo ya rubamba nyuma bakaza kuhatikirira.

-3442.jpg

Aba bashumba basangiye igaburo ryera nyuma basuka amaraso ya YESU kubutaka bw’u Rwanda n’ubwa Isiraheli ndetse bamanyagura umugati nk’ikimenyetso cy’umubiri wa Kristu wajanjaguwe ku musaraba, babivanga n’ubutaka bwombi.

Hazamuwe kandi ibendera ry’u Rwanda rihuzwa nirya Isiraheri, basengera abakuru b’ibihugu byombi Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.

-3429.jpg

Naho ku munsi wa kabiri w’igiterane cy’Afurika Haguruka ni ukuvuga ku wa mbere taliki ya 25/7/2016 mu masaha ya mu gitondo abakozi b’Imana batandukanye bavuze ibintu bikomeye byerekana ko ari igihe cy’Imana cyo guhagurutsa Afurika n’abanyafrika.

Muri abo bakozi b’Imana twavuga nka Pasteur ZERUBBABEL Mengistu waturutse muri Etiyopiya wagize ati: “ iki ni igihe cya Afurika ngo ibibazo byabaye nkaho ari izina ryayo birangire kandi ikiganza cy’Afurika gihora giteze gisabiriza kigiye kuba ikiganza gitanga umugisha”.

-3430.jpg

Pastor Zerubbabel Mengistu waturutse muri Etiyopiya.

Yakomeje agira ati: “ abanyafurika tugomba kurenga kurebera Afurika uko imeze ku ikarita, aho tubona imipaka, amazina y’ibihugu, indimi tuvuga ndetse n’abadukoronije n’ibindi bituma twumva ko tutari umwe ahubwo abanyafurika tugomba kuyirebera mu mu mugambi w’imana kandi tukayumva uko Imana iyivuga”

-3431.jpg

Pastor Dr. James Magara waturutse muri Uganda.

Pastor Dr James MAGARA waturutse muri Uganda yavuze ko gutera Isiraheli umugongo kwa Afurika, aricyo cyatumye nayo idatera imbere kuko gutera Isiraheli umugongo bivuze kuwutera Imana no kwanga kwakira umugisha uturuka mu gukunda ubwoko bwayo. Yagize ati : “ mu myaka mirongo ine ishize Afurika yateye Isiraheli umugongo, yifatanya n’abayirwanya niyo mpamvu imiryango y’imigisha kuri Afurika nayo yifunze mu bukungu, mu mwuka, mu muco n’ibindi” ariko yakomeje agira ati : “ ikini igihe Afurika yongeye guhindukirira Isiraheli, Isiraheli yagarutse muri Afurika itazanwe no kudukoroniza, itazanywe no kudusahura, izanywe no kuduhesha umugisha kuko ari abanyamugisha. Amatorero menshi yatangiye gukora ingendo zo gusura Isiraheli, abanyayisiraheli benshi bari kwizera Yesu nk’umwami n’umukiza wabo kubera ubutumwa bwiza buri gutwarwayo n’abanyafurika.”

-3432.jpg

Igikorwa cy’ubuhanuzi cyo guhuza Isirayeli na Afrika.

Aha hahise hakorwa igikorwa cy’ubuhanuzi cyo guhuza Isiraheli n’Afurika aho buri umwe waje uhagarariye abandi baturutse mu bihugu bitandukanye by’afurika muri iki giterane bapfukamye hamwe kandi bagafatana urunana n’abayahudi baturutse muri isiraheli bari muri iki giterane bagasengera hamwe kandi bakatura amagambo y’ubuhanuzi yubaka ubumwe bwa Afurika na Isiraheli.

-3433.jpg

Intumwa Dr. Paul Gitwaza

Intumwa Dr Paul Gitwaza ari nawe nyiri iri yerekwa rya AFURIKA HAGURUKA, yavuze ko ku isi yose hari abanyafurika 1,000,000,0000 bafite uruhu rwirabura n’umutima bya Afurika kandi Imana iri gukorera muri iyi mitima no mu bwenge bwabo kugira ngo iyihurize hamwe maze bahagurukire rimwe bubake kandi bahagurutse Afurika . Yagize ati “iki ni gihe ubona ko abanyafurika mu ngeri zose, ku migabane yose baryaryatwa mu mitima no mu bitekerezo bashaka icyakorwa ngo Afurika ihaguruke. Bamwe bashyiraho amazu yo gusengeramo ngo Imana ihagurutse Afurika, abandi tugategura ibiterane bya Afurika Haguruka, abandi bagatangiza za Minisiteri n’amatorero bitangiriye muri Afurika bikagira ubyicaro bikuru muri Afurika.

-3434.jpg

Abayobozi b’amatorero baturutse mu bihugu bitandukanye.

Ni igihe abayobozi mu bya politike n’amatorero bavuga n’ijwi rirenga ko badakeneye inkunga z’amahanga ahubwo bakeneye ubufatanye nayo, ni igihe ubumenyi mu iyobokamana buhabwa abanyafurika butangiye gushingira ku muco w’abanyafurika, ni igihe cyo guhuza imbaraga tugahagurutsa Afurika.

-3435.jpg

Abanyafrika bakomeje kuyoboza Imana ngo ibabwire icyo gukora.

Intumwa Dr Paul Gitwaza yakomeje avuga ko bidashoboka kubaka Afurika yigenga, iteye imbere, yiyubatse mu nzego zose ukuyemo Imana nk’uko bamwe babitekereza. Yagize ati: “ urugamba rukomeye dusigaranye ni urw’izindi muvoma zishaka guhagurutsa Afurika ariko bagakuramo uruhare rw’Imana, izo muvoma zivuga ko Imana ari iy’abazungu ariko Imana si iy’abazungu ahubwo Imana ni iy’abantu bose kandi umuntu ashobora gucumura akavuga Imana uko itari ariko Imana ni Imana kandi yo Ntijya Icumura.

-3436.jpg

Abantu baritabira ku bwinshi no mu masaha ya mu gitondo.

Niba abazungu baritwaje Imana mu mitima yabo yanduye bagahemukira abanyafurika ntibisobanuye ko abanyafurika twakubaka Afurika dukuyemo Imana, ahubwo bisobanuye ko abanyafurika twatwara Imana mu mitima itunganye maze tugahagurutsa Afurika.

-3437.jpg

Gutabarwa kwe aguteze k’Uwiteka.

Ubumwe bw’abasoviyete bwubakiye ku ihame rya Karl Max ry’iterambere ridashingiye ku Mana, ubu bumwe burakomera ariko buza kugwa nk’igikarito. Abo ku munara w’ibabeli bubatse inzu ndende iratumbagira ariko bakuyemo Imana irariduka ndetse n’indimi zirabusana batatanira hirya no hinonatwe abanyafurika kugirango duhagurutse Afurika dukeneyekubakira ku mahame y’Ijambo ry’Imana.

-3438.jpg

Pastor Zerubbabel Mengistu

Mu masaha ya nimugoroba Pastor ZERUBBABEL Mengistu waturutse muri Etiyopiya yigishije ku maraso ya Abeli na ya Yesu, avuga ko amaraso ya Abeli muri Afurika asobanuye amaraso y’abantu bishwe bazira akarengane cyangwa se bazira amoko yabo, ayo maraso rero buri gihe ahora ataka asaba guhorerwa kandi ibyo bizana impfu no gukomeza kumeneka kw’amaraso muri Afurika, ariko amaraso ya Yesu ahindura abari ababiri kuba umwe, akazana kubabarira, agakuraho amoko twese tukaba umwe tugasigwa amavuta tukagira n’imbaraga zo gukorera Imana. Agakiza kabonerwa mu mbabazi zazanywe n’amaraso ya Yesu niko kazazana ubwiyunge muri Afrika abari ababiri tukaba umwe.

Ku baba mu mahanga n’abatuye kure mushobora kugukurikirana Online ibiri kuba kuri Zion Temple Live : kuri www.authentic-tv.com .

Imana ibahe umugisha

Jean Baptiste Tuyizere

2016-07-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300

Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300

Ubwanditsi 16 Dec 2019
Umutekano n’ikumirwa bidasanzwe mu bukwe bwa Knowless na Clément

Umutekano n’ikumirwa bidasanzwe mu bukwe bwa Knowless na Clément

Ubwanditsi 31 Jul 2016
Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 28 Jul 2024
Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Ubwanditsi 04 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatsindiwe mu rugo na USM Alger muri CAF Confederation Cup
IMIKINO

Rayon Sports yatsindiwe mu rugo na USM Alger muri CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Kuva muri RDR kugeza muri DALFA-Umurinzi: Impamvu Ingabire Victoire atigeze ahinduka
INKURU NYAMUKURU

Kuva muri RDR kugeza muri DALFA-Umurinzi: Impamvu Ingabire Victoire atigeze ahinduka

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe
Amakuru

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Ubwanditsi 24 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru