• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Ubwanditsi 16 Mar 2016 Mu Mahanga

​Nyuma y’aho kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Werurwe Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rwamagana ifatiye imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite Pulaki RAB 567B, ubusanzwe igenewe gutwara abagenzi ariko icyo gihe ikaba yari ipakiye toni imwe n’igice z’ibitoki, bikaba byari bije gucururizwa i Kigali, Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko no kudakoresha ibinyabiziga byabo ibyo bitagenewe.

Iyi modoka ikaba yari itwawe n’uwitwa Munyaneza Augustin, akaba nawe yari amaze igihe gito ayiguze, agahita akuramo intebe kugirango ajye abona aho apakira imizigo mu gihe iyi modoka ifite uruhushya rwo gutwara abantu gusa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa, yavuze ko iyi modoka yafashwe kubera ko yari ipakiye ibicuruzwa nyamara igenewe gutwara abagenzi kandi ibyo bikaba bishobora guteza impanuka.

ACP Twahirwa yagize, ati:”Turasaba abatwara ibinyabiziga kwirinda ibikorwa nk’ibi kuko binyuranyije n’amategeko, bakubahiriza amategeko agenga imikoreshereze y’imihanda. Twashyizeho ingamba zikomeye zo kubahiriza amategeko y’umuhanda. Biragaragara ko nk’iyi modoka ifite uruhushya rwo gutwara abagenzi ariko we yahisemo kuyihindura iyo gutwara imizigo kandi nta byangombwa byabyo afite.”

ACP Twahirwa yanasabye ba nyir’imodoka kumenya ibyo imodoka zabo zikoreshwa, aho yagize ati:”Ba nyir’ibinyabiziga nabo barasabwa kumenya ibyo abashoferi bakoresha ibinyabiziga byabo, kuko hari igihe babikoresha ibinyuranyije n’amategeko byafatwa bakaba aribo bahomba, kuko ibinyabiziga byabo bifungwa bakaba ari nabo batanga amande.”

Munyaneza wemeza ko ari nyir’iyi modoka, yagize ati:”Ndemera ko ibyo nakoze ari amakosa kandi nkaba narakoze ibinyuranyije n’amategeko ndetse nkanabisabira imbabazi.”

Yakomeje agira ati:”Maze icyumweru nguze iyi modoka, ariko nkaba maze icyumweru kimwe nyikoresha mu gutwara imizigo nyivana Rwamagana nyizana i Kigali. Abantu bansaba kubatwarira ibicuruzwa byabo, ariko nzi neza ko bitemewe kuko ni ukutubahiriza amategeko kandi bishobora guteza impanuka.”

Mu gihe iyi modoka yafatwaga, Munyaneza yari anapakiye abantu 4 imbere muri iyo modoka, naryo rikaba ari irindi kosa. Mubo yari atwaye harimo uwitwa Gahutu Eric wari wamuhaye akazi ko kumupakirira ibyo bitoki bifite agaciro k’ibihumbi 210 by’amafaranga y’u Rwanda.

Polisi y’u Rwanda ikaba isaba buri wese kugira uruhare mu mutekano wo mu muhanda bazirikana kumenyesha Polisi igihe hari umushoferi babonye warenze ku mategeko y’umuhanda, bagahamagara imirongo ya Polisi itishyurwa 112, 113 na 3511.

RNP

2016-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo

Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwasabwe kuba maso

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwasabwe kuba maso

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Itangazo rya Rushyashya.net  rigenewe abasomyi

Itangazo rya Rushyashya.net rigenewe abasomyi

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 08 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba
Amakuru

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Ubwanditsi 04 Sep 2024
Amafoto – Police VC mu bagabo na RRA WVC mu bagore begukanye Kirehe Open Tournament
Amakuru

Amafoto – Police VC mu bagabo na RRA WVC mu bagore begukanye Kirehe Open Tournament

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Abagize Komite zo kwicungira umutekano  mu turere twa Burera na Kamonyi basabwe kuba inyangamugayo
Mu Mahanga

Abagize Komite zo kwicungira umutekano mu turere twa Burera na Kamonyi basabwe kuba inyangamugayo

Ubwanditsi 27 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru