• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Ubwanditsi 16 Jun 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Inkuru dukesha ibinyamakuru byo muri Uganda rero ni ivuga ko muri icyo gihugu, muri District ya Kasese, kuri uyu wa mbere tariki 14 Kamena 2021 habaye agashya! Umuryango w’umuntu byari byavuzwe

Muri Uganda umuntu wishwe na Covid-19 ashyingurwa na Leta, kugirango umurambo we utanduza abandi baturage mu muhango wo kumuherekeza.

Inkuru dukesha ibinyamakuru byo muri Uganda rero ni ivuga ko muri icyo gihugu, muri District ya Kasese, kuri uyu wa mbere tariki 14 Kamena 2021 habaye agashya! Umuryango w’umuntu byari byavuzwe ko yishwe na Covid-19 wamenye ko isanduku yiswe iya nyakwigendera irimo ubusa, maze usaba ko ifungurwa. Imbere y’abapolisi n’abandi bategetsi, ibyari impuha byaje kuba impamo, kuko basanze hari hagiye gushyingurwa isanduku irimo ubusa.

Aya makuru akimara gusakara, abaturage bakubiswe n’inkuba, dore ko byari bimaze igihe binugwanugwa ko abantu babeshyerwa ko bishwe na COVID-19, kugirango bashyingurwe na Leta, bene umuntu batahakandagiye.

Biravugwa ko aba ari amayeri yo kwihererana umurwayi agakurwamo imyanya imwe n’imwe y’umubiri nk’impyiko, nyuma bakavuga ko yishwe na Covid-19, maze agashyingurwa n’abatumwe na Leta. Baba batinya ko bavuze ko umuntu yishwe n’indwara isanzwe, umuryango we wasaba kumwishyingurira, bigatuma umenya ko hari imyanya imwe n’imwe y’umubiri we yibwe.

Birazwi ko impyiko ari urugingo ruhenda cyane hirya no hino ku isi, kuko hari ubwo biba ngombwa ko impyiko irwaye isimbuzwa iy’undi muntu ikiri nzima. Ibyari Koronavirusi, muri Uganda byabaye “Koronabizinesi”!

Aya mahano aravugwa nyuma y’aho mu cyumweru gishize, mu mafarumasi amwe namwe muri Uganda yafatanywe inking 600 za Covid-19 bazicuruza rwihishwa. Nta handi izo nkingo zava kandi uretse mu nzego za Leta, kuko arizo zonyine zizihabwa muri gahunda ya COVAX.

Muri icyo cyumweru gishize kandi, umuyobozi w’ivuriro ry’ahitwa Mbale yafatanwe ibyuma bitanga umwuka ugenewe indembe zirimo n’iza Covid-19, agerageza kuzamutsa ngo ajye kubigurisha muri Kenya!

Ibi byose kandi birakorwa mu gihe ibitaro mu gihugu byamaze kuzurirana, ndetse bikivugira ko ubushobozi bwo kwita ku ndembe za Covid-19 bwabaye iyanga. Ngibyo ibyo muri Uganda inanirwa kwita ku baturage bayo, yabura icyo ibahumisha amaso, ikarega u Rwanda ibinyoma bidafashije.

2021-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 25 Apr 2025
Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Ubwanditsi 07 Nov 2017
APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa

APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa

Ubwanditsi 06 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya
ITOHOZA

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Ubwanditsi 26 Feb 2017
Ishyamba si ryeru mu rusengero Zion Temple
Mu Mahanga

Ishyamba si ryeru mu rusengero Zion Temple

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Polisi y’u Rwanda irishimira ko umutekano wagenze neza mu gihe cy’irahira rya Perezida wa Repubulika
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irishimira ko umutekano wagenze neza mu gihe cy’irahira rya Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 20 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru