• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Veterineri w’akarere afungiye kunyereza amafaranga y’inka z’abarokotse batishoboye

Veterineri w’akarere afungiye kunyereza amafaranga y’inka z’abarokotse batishoboye

Ubwanditsi 14 Apr 2016 Mu Mahanga

Umukozi ushinzwe ubworozi (Veterineri) mu Karere ka Rusizi yatawe muri yombi na Polisi akurikiranweho kunyereza amafaranga yari agenewe kugura inka z’abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, IP Jean Damascene Hodari Ngemanyi, yabwiye Kigali Today ko uwo mukozi Niyonsaba Oscar yatawe muri yombi akaba afunzwe koko, akekwaho kunyereza amafaranga yari agenewe kugura inka zo muri gahunda ya “Girinka-FARG”.

Yagize ati “Ni byo, Veterineri w’Akarere ka Rusizi Niyonsaba Oscar arafunze kuva ejo tariki ya 13 Mata 2016, akekwaho kuba yarariye amafaranga ya gahunda za Girinka FARG. Amafaranga ntituramenya umubare wayo ariko turacyakurikirana.”

Uyu muvugizi wa Polisi yasabye abaturage n’abafite aho bahurira n’umutungo wa Leta by’umwihariko, kwirinda kuwunyereza kuko bigira ingaruka mbi ku mpande zose zirimo bo ubwabo ndetse bikagera no ku miryango yabo.

Hari hashize iminsi mu Karere ka Rusizi, bivugwa ko uyu mukozi w’Akarere ushinzwe ubworozi yaba yaragize uruhare mu kubura kw’izo nka zari zigenewe abatishoboye nubwo yari atarafatwa ngo abibazwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Harerimana Frederic avuga ko uwo mukozi akurikiranyweho ibibazo by’inka zabuze muri gahunda ya Girinka – FARG, zagombaga guhabwa abaturage b’Umurenge wa Bweyeye.

Avuga ko muri izo nka, hari izabuze zitigeze zigurwa kandi n’iziguzwe, ugasanga ari ibimasa ndetse ngo hari n’izagiye zipfa zikagurishwa, amafaranga avuyemo akaburirwa irengero. Cyakora ngo ibyo byose biracyakurikiranwa.

Ayo makosa ngo yakozwe muri 2013, aho akarere katanze amafaranga angana na miriyoni zisaga 13Frw kugira ngo bagurire abarokotse Jenoside inka ariko agakoreshwa nabi. Icyo gihe, vetereneri w’akarere ni we wari wemeye gukurikirana icyo kibazo afatanyije n’itsinda bakorana.

Bivugwa ko hagombaga kugurwa inka 30 ariko muri zo, ngo habuzemo inka 10. Ikindi ni uko n’izaguzwe zagiye zigurwa amafaranga make kuko buri nka imwe yari igenewe amafaranga ibihumbi 350Frw ariko ngo hari izagiye zigurwa ibihumbi 150Frw.

Veterineri Niyonsaba ahamwe n’ibi byaha, ashobora guhanishwa igifungo kiva ku myaka itanu kugeza kuri irindwi muri gereza no gutanga ihazabu ikubye guhera ku nshuro ebyiri kugeza kuri eshanu z’amafaranga yanyereje.

2016-04-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasore batanu bafunzwe na Polisi kubera icyaha cy’ubwambuzi bushukana

Abasore batanu bafunzwe na Polisi kubera icyaha cy’ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 23 Jan 2016
Abapolisi b’u Rwanda bambitswe imidari muri Sudani y’Epfo

Abapolisi b’u Rwanda bambitswe imidari muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse  yasabiwe kuburana afunzwe

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Ubwanditsi 11 Jan 2017
Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Ubwanditsi 20 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026
Amakuru

Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026

Ubwanditsi 28 May 2025
Uko Gén. Prime Niyongabo, agemura ibiryo, intwaro n’ibikoresho, n’uko atanga imiti  mu nkambi y’imyitozo igamije gutera u Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

Uko Gén. Prime Niyongabo, agemura ibiryo, intwaro n’ibikoresho, n’uko atanga imiti mu nkambi y’imyitozo igamije gutera u Rwanda.

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru