• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Veterineri w’akarere afungiye kunyereza amafaranga y’inka z’abarokotse batishoboye

Veterineri w’akarere afungiye kunyereza amafaranga y’inka z’abarokotse batishoboye

Ubwanditsi 14 Apr 2016 Mu Mahanga

Umukozi ushinzwe ubworozi (Veterineri) mu Karere ka Rusizi yatawe muri yombi na Polisi akurikiranweho kunyereza amafaranga yari agenewe kugura inka z’abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, IP Jean Damascene Hodari Ngemanyi, yabwiye Kigali Today ko uwo mukozi Niyonsaba Oscar yatawe muri yombi akaba afunzwe koko, akekwaho kunyereza amafaranga yari agenewe kugura inka zo muri gahunda ya “Girinka-FARG”.

Yagize ati “Ni byo, Veterineri w’Akarere ka Rusizi Niyonsaba Oscar arafunze kuva ejo tariki ya 13 Mata 2016, akekwaho kuba yarariye amafaranga ya gahunda za Girinka FARG. Amafaranga ntituramenya umubare wayo ariko turacyakurikirana.”

Uyu muvugizi wa Polisi yasabye abaturage n’abafite aho bahurira n’umutungo wa Leta by’umwihariko, kwirinda kuwunyereza kuko bigira ingaruka mbi ku mpande zose zirimo bo ubwabo ndetse bikagera no ku miryango yabo.

Hari hashize iminsi mu Karere ka Rusizi, bivugwa ko uyu mukozi w’Akarere ushinzwe ubworozi yaba yaragize uruhare mu kubura kw’izo nka zari zigenewe abatishoboye nubwo yari atarafatwa ngo abibazwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Harerimana Frederic avuga ko uwo mukozi akurikiranyweho ibibazo by’inka zabuze muri gahunda ya Girinka – FARG, zagombaga guhabwa abaturage b’Umurenge wa Bweyeye.

Avuga ko muri izo nka, hari izabuze zitigeze zigurwa kandi n’iziguzwe, ugasanga ari ibimasa ndetse ngo hari n’izagiye zipfa zikagurishwa, amafaranga avuyemo akaburirwa irengero. Cyakora ngo ibyo byose biracyakurikiranwa.

Ayo makosa ngo yakozwe muri 2013, aho akarere katanze amafaranga angana na miriyoni zisaga 13Frw kugira ngo bagurire abarokotse Jenoside inka ariko agakoreshwa nabi. Icyo gihe, vetereneri w’akarere ni we wari wemeye gukurikirana icyo kibazo afatanyije n’itsinda bakorana.

Bivugwa ko hagombaga kugurwa inka 30 ariko muri zo, ngo habuzemo inka 10. Ikindi ni uko n’izaguzwe zagiye zigurwa amafaranga make kuko buri nka imwe yari igenewe amafaranga ibihumbi 350Frw ariko ngo hari izagiye zigurwa ibihumbi 150Frw.

Veterineri Niyonsaba ahamwe n’ibi byaha, ashobora guhanishwa igifungo kiva ku myaka itanu kugeza kuri irindwi muri gereza no gutanga ihazabu ikubye guhera ku nshuro ebyiri kugeza kuri eshanu z’amafaranga yanyereje.

2016-04-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi

Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Mar 2016
CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Ubwanditsi 25 Oct 2023
Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Ubwanditsi 15 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese iyo Kongo iza kuba ikorana na Al-Qaeda nk’uko ikorana na FDLR, Amerika n’Uburayi byari kubirenza ingohe?
Amakuru

Ese iyo Kongo iza kuba ikorana na Al-Qaeda nk’uko ikorana na FDLR, Amerika n’Uburayi byari kubirenza ingohe?

Ubwanditsi 09 Jan 2023
Koffi Olomide arashinjwa kurongora ababyinnyi be ku gahato
SHOWBIZ

Koffi Olomide arashinjwa kurongora ababyinnyi be ku gahato

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana
INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana

Ubwanditsi 19 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru