• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»John Kerry yaburiye ibihugu bidashyira hamwe n’ibindi

John Kerry yaburiye ibihugu bidashyira hamwe n’ibindi

Ubwanditsi 14 Oct 2016 Mu Mahanga

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, John Kerry, yavuze ko ibihugu byagiye byirindiriza mu guhangana n’ibibazo bishingiye ku iyangirika ry’ikirere, ariko byagiye byongera akazi kabitegereje ndetse bikabihenda kurushaho.

Uyu muyobozi yari mu Rwanda kuva ku mugoroba wo kuwa 13 Ukwakira, aho yitabiriye inama yiga ku ivugururwa ry’amasezerano ya Montreal, ategerejweho kwemeza ikumirwa ry’ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons, HFCs.

Kerry yasabye ibihugu kwemeza ivugururwa ry’aya masezerano, avuga ko ibihugu bikwiye kongera kugaragaza ubushake byerekanye ubwo hemezwaga amasezerano ya Paris, mu kurengera “umubumbe wonyine dufite.”

Ati “I Paris, Isi yemeje ko igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’Isi kitarenga dogere ebyiri. Buri muntu wese arabyumva neza. Twumva neza ivugururwa ku isohorwa rya HFCs, kandi ni ikintu gikomeye dushobora gukora mu gihe kimwe, i Kigali.”

John Kerry yavuze ko atari ibintu igihugu kimwe cyafataho umwanzuro ukwacyo, ndetse uko ikibazo gitandukana ku bihugu ni na ko buri kimwe cyumva uburyo cyakemurwamo, kandi hagomba kubahwa uko igihugu kibona ibintu.

Yongeyeho ati “Bimwe muri ibi bihugu bifite impungenge ku kiguzi bishobora gusaba. Ndizera ko ibimaze gukorerwa hano bizirikana ibyo tudahuriraho, ariko bikanashyiraho uburyo bwo kubikemura, harimo nko gushyira amafaranga ku meza, gushyiraho ingengabihe zibereye ibihugu, hakarebwa igishoboka.’’

Yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’uko babitangarije i New York mu kwezi gushize biyemeje guhita batanga miliyoni $27 nyuma hakazatanga andi miliyoni $50 “biramutse bigenze neza.’’

Kerry yatanze urugero ku masezerano yo gukumira ihindagurika ry’ibihe yemerejwe Paris mu mwaka ushize, avuga ko buri gihugu cyazaga gifite gahunda yacyo, ariko ntibyabujije ko hemeranywa ku mugambi Isi ihuriyeho.

Yavuze ko hari icyizere kuko guverinoma n’izindi mpande noneho zumva neza ingano z’ikibazo gihari n’icyo kivuze ku mudendezo w’Isi.

Ati “Turi kubona umubare munini w’impunzi kubera ihindagurika ry’ibihe, ari na wo munini ubayeho kuva intambara ya kabiri y’Isi yarangira. Turakomeza kuzibona. Niwumva ko hari ikibazo cyo kubashakira ibiribwa wumve ko hari n’igituma batabona aho bahinga ibyo barya, kubera ibura ry’amazi, ubushyuhe buriyongera”.

Ibyo ngo bihita birema ikibazo gikomeye, kiza cyiyongera ku bihari birimo ubuhezanguni n’ubukungu butifashe neza, ku buryo ibihugu bishoboye gutora ivugururwa ry’amasezerano ku ikoreshwa HFCs byaba “bibaye gushimangira ubushake bwacu nk’uko byakozwe i Paris’’.

-4376.jpg

-4377.jpg

Ibi ngo biraba intambwe ikomeye itewe, kuko mu gihe kirekire cyashize hagiye habaho kwigabanyamo ibice, bikaba nk’imbogamizi ituma amasezerano agambiriwe adashoboka.

Ati “Twakerewe kugira icyo dukora, imbogamizi ziba nini, kugeza ubwo byagoranye kuzitsinda. Kandi buri mwaka uko dutegereza hano niko biduhenda kurushaho. Nyuma twamenye icyo gukora, tuvanaho imbogamizi zakumiraga urugendo rw’iterambere.’’

Kuvugurura aya masezerano birafasha ibihugu ko nibura iki kinyejana kizarangira ubushyuhe bugeze kumpuzandengo ya dogere Celcius 1.5, ndetse imyuka ya CO2 ikagabanywaho jigatoni (gigatonnes) 100 bitarenze 2050.

2016-10-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2021
Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Kayonza: Babiri bafashwe bagerageza guha Abapolisi ruswa

Kayonza: Babiri bafashwe bagerageza guha Abapolisi ruswa

Ubwanditsi 27 Jul 2016
Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kwaka ruswa no guhishira abacuruza kanyanga

Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kwaka ruswa no guhishira abacuruza kanyanga

Ubwanditsi 07 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukaruliza wayoboraga Umujyi wa Kigali yagizwe ambasaderi
Mu Mahanga

Mukaruliza wayoboraga Umujyi wa Kigali yagizwe ambasaderi

Ubwanditsi 04 Feb 2017
UMUFARANSA UDASANZWE! INKURU IDASANZWE
Mu Rwanda

UMUFARANSA UDASANZWE! INKURU IDASANZWE

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje  Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi
Mu Rwanda

Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 20 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru