• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»John Kerry yaburiye ibihugu bidashyira hamwe n’ibindi

John Kerry yaburiye ibihugu bidashyira hamwe n’ibindi

Ubwanditsi 14 Oct 2016 Mu Mahanga

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, John Kerry, yavuze ko ibihugu byagiye byirindiriza mu guhangana n’ibibazo bishingiye ku iyangirika ry’ikirere, ariko byagiye byongera akazi kabitegereje ndetse bikabihenda kurushaho.

Uyu muyobozi yari mu Rwanda kuva ku mugoroba wo kuwa 13 Ukwakira, aho yitabiriye inama yiga ku ivugururwa ry’amasezerano ya Montreal, ategerejweho kwemeza ikumirwa ry’ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons, HFCs.

Kerry yasabye ibihugu kwemeza ivugururwa ry’aya masezerano, avuga ko ibihugu bikwiye kongera kugaragaza ubushake byerekanye ubwo hemezwaga amasezerano ya Paris, mu kurengera “umubumbe wonyine dufite.”

Ati “I Paris, Isi yemeje ko igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’Isi kitarenga dogere ebyiri. Buri muntu wese arabyumva neza. Twumva neza ivugururwa ku isohorwa rya HFCs, kandi ni ikintu gikomeye dushobora gukora mu gihe kimwe, i Kigali.”

John Kerry yavuze ko atari ibintu igihugu kimwe cyafataho umwanzuro ukwacyo, ndetse uko ikibazo gitandukana ku bihugu ni na ko buri kimwe cyumva uburyo cyakemurwamo, kandi hagomba kubahwa uko igihugu kibona ibintu.

Yongeyeho ati “Bimwe muri ibi bihugu bifite impungenge ku kiguzi bishobora gusaba. Ndizera ko ibimaze gukorerwa hano bizirikana ibyo tudahuriraho, ariko bikanashyiraho uburyo bwo kubikemura, harimo nko gushyira amafaranga ku meza, gushyiraho ingengabihe zibereye ibihugu, hakarebwa igishoboka.’’

Yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’uko babitangarije i New York mu kwezi gushize biyemeje guhita batanga miliyoni $27 nyuma hakazatanga andi miliyoni $50 “biramutse bigenze neza.’’

Kerry yatanze urugero ku masezerano yo gukumira ihindagurika ry’ibihe yemerejwe Paris mu mwaka ushize, avuga ko buri gihugu cyazaga gifite gahunda yacyo, ariko ntibyabujije ko hemeranywa ku mugambi Isi ihuriyeho.

Yavuze ko hari icyizere kuko guverinoma n’izindi mpande noneho zumva neza ingano z’ikibazo gihari n’icyo kivuze ku mudendezo w’Isi.

Ati “Turi kubona umubare munini w’impunzi kubera ihindagurika ry’ibihe, ari na wo munini ubayeho kuva intambara ya kabiri y’Isi yarangira. Turakomeza kuzibona. Niwumva ko hari ikibazo cyo kubashakira ibiribwa wumve ko hari n’igituma batabona aho bahinga ibyo barya, kubera ibura ry’amazi, ubushyuhe buriyongera”.

Ibyo ngo bihita birema ikibazo gikomeye, kiza cyiyongera ku bihari birimo ubuhezanguni n’ubukungu butifashe neza, ku buryo ibihugu bishoboye gutora ivugururwa ry’amasezerano ku ikoreshwa HFCs byaba “bibaye gushimangira ubushake bwacu nk’uko byakozwe i Paris’’.

-4376.jpg

-4377.jpg

Ibi ngo biraba intambwe ikomeye itewe, kuko mu gihe kirekire cyashize hagiye habaho kwigabanyamo ibice, bikaba nk’imbogamizi ituma amasezerano agambiriwe adashoboka.

Ati “Twakerewe kugira icyo dukora, imbogamizi ziba nini, kugeza ubwo byagoranye kuzitsinda. Kandi buri mwaka uko dutegereza hano niko biduhenda kurushaho. Nyuma twamenye icyo gukora, tuvanaho imbogamizi zakumiraga urugendo rw’iterambere.’’

Kuvugurura aya masezerano birafasha ibihugu ko nibura iki kinyejana kizarangira ubushyuhe bugeze kumpuzandengo ya dogere Celcius 1.5, ndetse imyuka ya CO2 ikagabanywaho jigatoni (gigatonnes) 100 bitarenze 2050.

2016-10-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye muri Village Urugwiro ku wa gatanu tariki ya 03/02/2017

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye muri Village Urugwiro ku wa gatanu tariki ya 03/02/2017

Ubwanditsi 06 Feb 2017
Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 27 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hillary Clinton aracyarusha amajwi Donald Trump
POLITIKI

Hillary Clinton aracyarusha amajwi Donald Trump

Ubwanditsi 31 Aug 2016
Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda
POLITIKI

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2018
APR FC yagaruye Jamel Eddine Neffati ukomoka muri Tunisia, uyu aje gukorana na Ben Moussa wasigaranye ikipe nyuma yo kugenda kwa Adil Erradi
Amakuru

APR FC yagaruye Jamel Eddine Neffati ukomoka muri Tunisia, uyu aje gukorana na Ben Moussa wasigaranye ikipe nyuma yo kugenda kwa Adil Erradi

Ubwanditsi 06 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru