• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ubwanditsi 30 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuri uyu wa kabiri tariki 31 Mutarama 2023, Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Francis, azatangira uruzinduko rw’imisi 4 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, rukaba ari urwa 40 agiriye hanze y’ icyicaro cye i Vatican kuva yaba Papa, Kongo ikaba ibaye igihugu cya 59 agendereye.

Uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwari ruteganyijwe muri Nyakanga 2022, ruza gusubikwa kubera ikibazo yagize mu ivi , none aje mu gihe amahoro ari kure nk’ukwezi, kubera n’intambara ica ibintu cyane cyane mu burasirazuba bw’icyo gihugu, ndetse n’ubundi bushyamirane bushingiye ku moko n’urutere hirya no hino mu ntara za Kongo. Abakunda gusenga, ariko cyane cyane abazi imbaraga za Kiliziya Gatolika mu mitegekere y’isi, barasanga uru ruzinduko rwa Papa Francis rwaba umusanzu mu gukemura ibibazo byabaye akarande muri icyo gihugu. Icyizere baragishingira ku kuba Kongo ari kimwe mu bihugu bifite abayoboke ba Kiliziya Gaolika benshi, bakaba bashobora kumva impanuro zinyuze mu iyobokamana, nko kubana kivandimwe, kurusha uko bakumva disikuru z’abanyapolitiki.

Biri n’amahire, insanganyamatsiko y’uru ruzinduko iragira iti:”Ubwiyunge bwa bose bushingiye kuri Yezu Kristu”.Hari n’abandi icyakora babibona ukundi. Muri bo hari abamaze gutakariza icyizere abanyamadini, barimo na Kiliziya Gatolika, kuko nabo bijanditse mu macakubiri agiye gusenya Kongo burundu. Ibyo babihera ku magambo y’abepiskopi ba Kongo badatinya kubogama, ntibagire icyo bavuga ku magambo abiba urwango n’itotezwa rikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, by’uwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.Mu gihe ingabo za Leta ya Kongo zifatanya n’imitwe yitwaje intwaro, harimo n’uw’abajenosideri wa FDLR, mu guhangana na M23, Kiliziya Gatoloka nta na rimwe irasaba ko intambara yarangizwa mu nzira y’amahoro, ahubwo ihora yenyegeza umuriro, mu matangazo yamagana ”ubushotoranyi bw’u Rwanda n’umutwe w’iterwabwoba wa M23”.

Mu gihe umutwe wa M23 wo uvuga ko uharanira imiyoborere myiza n’uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, Kiliziya Gatolika muri Kongo yo ifata uwo mutwe nk’uw’iterabwoba, w’abanyamahanga “bashaka gusahura Kongo no kwigarurira zimwe mu ntara zayo”.

Nta na rimwe Kiliziya Gatolika, uretse nk’umusenyeri umwe ku giti cye, yari yatura ngo igaragaze ko umuzi w’ibibazo bya Kongo ari ubutegetsi bwamunzwe na ruswa, ubuswa no kutagira umurongo uboneye wo kuyobora igihugu. Muri make, Kiliziya Gatolika muri Kongo ntaho itandukaniye n’ubutegetsi buriho, haba mu myumvire, haba no mu bikorwa.Imwe mu mpamvu zatumye ingengabitekerezo ya Jenoside ishinga imizi, ni abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bahungiye igihiriri muri Zayire, ariyo Kongo ya none.

Bagezeyo Kiliziya Gatolika iri mu babahaye imfashanyo nyinshi, ndetse ikomeza kubaha amasakaramentu nk’ahabwa izindi”ntungane”. Abataratashye mu Rwanda ngo babazwe ibyo bakoze, bagumye yo banashinga imitwe ivuga rikijyana, haba mu kwica, mu gusahura, gusambanya abagore ku ngufu, n’andi mahano bakora ubutegetsi bwa Kongo bukabiha umugisha. Ibyo nabyo Kiliziya Gatolikayabirengeje ingohe, kuko ifite aho ihuriye n’abo bajenosideri.Ntawe utazi uruhare rwa Kiliziya Gatolika muri Jenoside yakorewe Abatutsi, haba mu kuyitegura, haba no mu kuyishyira mu bikorwa.

Abasenyeri barimo Andreya Perraudin, Visenti Nsengiyumva, Focas Nikwigize, Tadeyo Ntihinyurwa na Agustini Misago bari mu” kazu” k’ubutegetsi kirimbuzi bwa MRND. Abapadiri benshi nka Seromba Athanase, Rukundo Emmanuel, Eduwari Nturiye banakatiwe n’inkiko, ndetse n’abagikingiwe ikibaba nka Guy Theunis na Wenceslas Munyeshyaka bari Interahamwe-puzamugambi kabombo. Hari ba babikira Julienne Mukabutera (Mama Kizito) na Consolatta Mukagango(Mama Gertrude) bakatiwe bakanafungirwa mu Bubiligi, ariko bakaza kurekurwa batarangije igihano cy’ubutabera, hakaba rero n’abandi “bakristu” utamenya umubare wabo.Kugeza n’uyu munsi Kiliziya Gatolika yanze kwemera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi no kubisabira imbabazi.

Ntinaterwa isoni no kuba hirya no hino mu Rwanda ibiliziya byayo byarabaye amabagiro, yatsembewemo ibihumbi byinshi by’Abatutsi. Ese iyo Kiliziya niyo igiye gufasha Abanyekongo kwiyunga”mu izina rya Yezu Krisitu”?Abategetsi ba Kongo bamaze kuba iciro ry’imigani, kuko bahora bavuga ingingo zihabanye kure n’ibyateganyijwe kuganirwaho mu mahuriro mpuzamahanga. Nguko uko uzajya kumva wumve Perezida Tshisekedi yadukanye “ubushotoranyi bw’uRwanda” mu nama yo guteza imbere ubuhinzi cyangwa kurwanya ihumana ry’ikirere”!

N’ubu rero barumva ngo uyu ari undi mwanya mwiza wo kwihererana Papa Francis, bakamwumvisa ko uRwanda ari rusufero ufateza akaga kose. Ese ko “abihayimana” bo muri Kongo aribo bagombye gufasha Papa Francis gusesengura neza ibibera muri icyo gihugu, none abakamubwije ukuri nabo bakaba baranyoye ku ntango y’ikinyoma n’ubugome, ninde uzatuma Papa amenya neza umuzi nyakuri w’ibibazo bya Kongo?

Tubitege amaso. Gusa twibuke ko na Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye nyuma gato y’uruzinduko rwa Papa Yohani Pawulo II mu Rwanda, hari muw’1990.

2023-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye  irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Ubwanditsi 06 Mar 2023
Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Ubwanditsi 24 May 2021
Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Ubwanditsi 02 Aug 2024
Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Ubwanditsi 17 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Ubwanditsi 19 Apr 2018
RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore
UBUKERARUGENDO

RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Icyumweru cyahariwe umutekano mu muhanda: Twubahirize amategeko y’umuhanda turengere ubuzima – Polisi
Mu Rwanda

Icyumweru cyahariwe umutekano mu muhanda: Twubahirize amategeko y’umuhanda turengere ubuzima – Polisi

Ubwanditsi 23 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru