• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ubwanditsi 30 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuri uyu wa kabiri tariki 31 Mutarama 2023, Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Francis, azatangira uruzinduko rw’imisi 4 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, rukaba ari urwa 40 agiriye hanze y’ icyicaro cye i Vatican kuva yaba Papa, Kongo ikaba ibaye igihugu cya 59 agendereye.

Uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwari ruteganyijwe muri Nyakanga 2022, ruza gusubikwa kubera ikibazo yagize mu ivi , none aje mu gihe amahoro ari kure nk’ukwezi, kubera n’intambara ica ibintu cyane cyane mu burasirazuba bw’icyo gihugu, ndetse n’ubundi bushyamirane bushingiye ku moko n’urutere hirya no hino mu ntara za Kongo. Abakunda gusenga, ariko cyane cyane abazi imbaraga za Kiliziya Gatolika mu mitegekere y’isi, barasanga uru ruzinduko rwa Papa Francis rwaba umusanzu mu gukemura ibibazo byabaye akarande muri icyo gihugu. Icyizere baragishingira ku kuba Kongo ari kimwe mu bihugu bifite abayoboke ba Kiliziya Gaolika benshi, bakaba bashobora kumva impanuro zinyuze mu iyobokamana, nko kubana kivandimwe, kurusha uko bakumva disikuru z’abanyapolitiki.

Biri n’amahire, insanganyamatsiko y’uru ruzinduko iragira iti:”Ubwiyunge bwa bose bushingiye kuri Yezu Kristu”.Hari n’abandi icyakora babibona ukundi. Muri bo hari abamaze gutakariza icyizere abanyamadini, barimo na Kiliziya Gatolika, kuko nabo bijanditse mu macakubiri agiye gusenya Kongo burundu. Ibyo babihera ku magambo y’abepiskopi ba Kongo badatinya kubogama, ntibagire icyo bavuga ku magambo abiba urwango n’itotezwa rikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, by’uwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.Mu gihe ingabo za Leta ya Kongo zifatanya n’imitwe yitwaje intwaro, harimo n’uw’abajenosideri wa FDLR, mu guhangana na M23, Kiliziya Gatoloka nta na rimwe irasaba ko intambara yarangizwa mu nzira y’amahoro, ahubwo ihora yenyegeza umuriro, mu matangazo yamagana ”ubushotoranyi bw’u Rwanda n’umutwe w’iterwabwoba wa M23”.

Mu gihe umutwe wa M23 wo uvuga ko uharanira imiyoborere myiza n’uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, Kiliziya Gatolika muri Kongo yo ifata uwo mutwe nk’uw’iterabwoba, w’abanyamahanga “bashaka gusahura Kongo no kwigarurira zimwe mu ntara zayo”.

Nta na rimwe Kiliziya Gatolika, uretse nk’umusenyeri umwe ku giti cye, yari yatura ngo igaragaze ko umuzi w’ibibazo bya Kongo ari ubutegetsi bwamunzwe na ruswa, ubuswa no kutagira umurongo uboneye wo kuyobora igihugu. Muri make, Kiliziya Gatolika muri Kongo ntaho itandukaniye n’ubutegetsi buriho, haba mu myumvire, haba no mu bikorwa.Imwe mu mpamvu zatumye ingengabitekerezo ya Jenoside ishinga imizi, ni abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bahungiye igihiriri muri Zayire, ariyo Kongo ya none.

Bagezeyo Kiliziya Gatolika iri mu babahaye imfashanyo nyinshi, ndetse ikomeza kubaha amasakaramentu nk’ahabwa izindi”ntungane”. Abataratashye mu Rwanda ngo babazwe ibyo bakoze, bagumye yo banashinga imitwe ivuga rikijyana, haba mu kwica, mu gusahura, gusambanya abagore ku ngufu, n’andi mahano bakora ubutegetsi bwa Kongo bukabiha umugisha. Ibyo nabyo Kiliziya Gatolikayabirengeje ingohe, kuko ifite aho ihuriye n’abo bajenosideri.Ntawe utazi uruhare rwa Kiliziya Gatolika muri Jenoside yakorewe Abatutsi, haba mu kuyitegura, haba no mu kuyishyira mu bikorwa.

Abasenyeri barimo Andreya Perraudin, Visenti Nsengiyumva, Focas Nikwigize, Tadeyo Ntihinyurwa na Agustini Misago bari mu” kazu” k’ubutegetsi kirimbuzi bwa MRND. Abapadiri benshi nka Seromba Athanase, Rukundo Emmanuel, Eduwari Nturiye banakatiwe n’inkiko, ndetse n’abagikingiwe ikibaba nka Guy Theunis na Wenceslas Munyeshyaka bari Interahamwe-puzamugambi kabombo. Hari ba babikira Julienne Mukabutera (Mama Kizito) na Consolatta Mukagango(Mama Gertrude) bakatiwe bakanafungirwa mu Bubiligi, ariko bakaza kurekurwa batarangije igihano cy’ubutabera, hakaba rero n’abandi “bakristu” utamenya umubare wabo.Kugeza n’uyu munsi Kiliziya Gatolika yanze kwemera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi no kubisabira imbabazi.

Ntinaterwa isoni no kuba hirya no hino mu Rwanda ibiliziya byayo byarabaye amabagiro, yatsembewemo ibihumbi byinshi by’Abatutsi. Ese iyo Kiliziya niyo igiye gufasha Abanyekongo kwiyunga”mu izina rya Yezu Krisitu”?Abategetsi ba Kongo bamaze kuba iciro ry’imigani, kuko bahora bavuga ingingo zihabanye kure n’ibyateganyijwe kuganirwaho mu mahuriro mpuzamahanga. Nguko uko uzajya kumva wumve Perezida Tshisekedi yadukanye “ubushotoranyi bw’uRwanda” mu nama yo guteza imbere ubuhinzi cyangwa kurwanya ihumana ry’ikirere”!

N’ubu rero barumva ngo uyu ari undi mwanya mwiza wo kwihererana Papa Francis, bakamwumvisa ko uRwanda ari rusufero ufateza akaga kose. Ese ko “abihayimana” bo muri Kongo aribo bagombye gufasha Papa Francis gusesengura neza ibibera muri icyo gihugu, none abakamubwije ukuri nabo bakaba baranyoye ku ntango y’ikinyoma n’ubugome, ninde uzatuma Papa amenya neza umuzi nyakuri w’ibibazo bya Kongo?

Tubitege amaso. Gusa twibuke ko na Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye nyuma gato y’uruzinduko rwa Papa Yohani Pawulo II mu Rwanda, hari muw’1990.

2023-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko umwa ADEPR yahuye n’uruva gusenya yagiye kuvuga ubutumwa muri Uganda akisanga muri gereza ya CMI

Uko umwa ADEPR yahuye n’uruva gusenya yagiye kuvuga ubutumwa muri Uganda akisanga muri gereza ya CMI

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Ambasade y’u Rwanda muri Uganda iratabariza  Umunyarwanda  Fidel Gatsinzi ufungiwe ahantu hatazwi nyuma yo gushimutwa na CMI ashinjwa ubutasi

Ambasade y’u Rwanda muri Uganda iratabariza Umunyarwanda Fidel Gatsinzi ufungiwe ahantu hatazwi nyuma yo gushimutwa na CMI ashinjwa ubutasi

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Mbere yo kwerekeza mu birwa bya Comoros kwa AS Kigali, iyi kipe yabanje kwerekana Niyonzima Olivier Sefu nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere

Mbere yo kwerekeza mu birwa bya Comoros kwa AS Kigali, iyi kipe yabanje kwerekana Niyonzima Olivier Sefu nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere

Ubwanditsi 07 Sep 2021
Ni iki cyihishe inyuma y’inkuru y’ikinyoma Uganda yatangaje kuri Perezida Kagame

Ni iki cyihishe inyuma y’inkuru y’ikinyoma Uganda yatangaje kuri Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa
HIRYA NO HINO

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Ubwanditsi 11 Apr 2020
IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Mahanga

IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba
Amakuru

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Ubwanditsi 28 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru