• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Uncategorized»Amerika : Congo yahejwe mu nama yigaga ku bibazo byayo, menya impamvu zabyo

Amerika : Congo yahejwe mu nama yigaga ku bibazo byayo, menya impamvu zabyo

Ubwanditsi 19 Nov 2017 Uncategorized

Igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyahejwe mu nama Umunyamabanga wa leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagiranye n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu bihugu 37 byo muri Afurika nyamara no ku murongo w’ibyigwa hari harimo iki gihugu bikaba byafashwe nk’ikimenyetso cy’umwuka uri hagati y’ubuyobozi bwa perezida Trump n’ubwa perezida Joseph Kabila.

Iyi nkuru dukesha Jeune Afrique iravuga ko kuri uyu wa gatanu, itariki 17 Ugushyingo, I Washington hatigeze hagaragara intumwa za Congo, aho minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’iki gihugu, Leonard She Okitundu atigeze agaragara mu bitabiriye iyi nama ndetse na ambasaderi wa Congo I Washington, Francois Nkuna Balumuene, atagaragaye. Iki gihugu cya Congo ngo kikaba cyabuze mu mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru hagati y’umunyamabanga wa leta, Rex Tillerson n’abaminisitiri 37 bashinzwe ububanyi n’amahanga bo muri Afurika.

Iyi nama itegurwa n’ubuyobozi bwa perezida Trump yari iya gatanu muri uyu mwaka hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Afurika Yunze Ubumwe ikaba yaribanze ku bufatanye mu bucuruzi, umutekano n’imiyoborere myiza muri Afurika.

RDC yari ku murongo w’ibyigwa Abakongomani badahari

Jeune Afrique iravuga ko umuvugizi wa department ya leta muri Amerika, Brian Neubert, yasobanuye ko ibibazo by’umutekano mu karere, bifitanye isano n’ibikorwa byo kubungabunga amahoro, ariko n’ikibazo cya Congo, byari biri ku murongo w’ibigomba kuganirwa muri iyi nama, ariko ntiyasobanura icyagendeweho mu gutumira ibindi bihugu 37, birimo n’u Rwanda, muri iyi nama.

Ku ruhande rwa Congo, iki kinyamakuru kifuje kumenya icyo rubivugaho ntibyashoboka, ariko umwe mu begereye minisitiri Okitundu atangaza ko kudatumirwa byaba byatewe n’ibyari kwigwaho, ngo keretse wenda nk’uko biri guhwihwiswa I Washington  byatewe no kuba repubulika iharanira Demokarasi ya Congo iherutse gutorerwa kuyobora akanama ka Loni k’uburenganzira bwa muntu kandi Leta Zunze Ubumwe za Amerika zarwanyije kandidatire yabo.

Nyamara ariko, ngo muri politiki ya Congo bari bizeye ko kuri ubu umwuka ari mwiza hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Congo, nyuma y’aho hatangarijwe ingengabihe y’amatora yashyizwe ahagaragara kuwa 5 Ugushyingo, igashyira amatora mu Ukuboza umwaka utaha wa 2018, ibintu byishimiwe n’Umuryango Mpuzamahanga na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nubwo abarwanya ubutegetsi bwa perezida kabila bo bifuza ko amatora yategurwa bitarenze muri Nyakanga 2018.

Ubwo aheruka guca muri Congo mu ruzinduko rw’akazi, ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, Nikki Haley akaba yaratangaje ko igihugu cye kitazatera inkunga amatora naramuka atabaye mbere y’impera za 2018.

Kuri ubu rero haribazwa niba Abanyamerika barahinduye uruhande bari bahagazeho, Brian Neubert akaba asubiza avuga ko bemeye iyo ngengabihe y’amatora kuko batekereza ko ari amahirwe ku baturage ba Congo yo kwitabira amatora anyuze muri demokarasi.

 

 

2017-11-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Itsinda ry’Abakaraza 21, batorotse igihugu kubera “umutekano muke”.

Burundi: Itsinda ry’Abakaraza 21, batorotse igihugu kubera “umutekano muke”.

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Abatsimbarara kuri Kibeho n’ ikinyoma cya “Double Jenoside” babiterwa n’ ipfunwe kubera amabi bakoze. Bageze n’aho batekesha amagufa y’Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Abatsimbarara kuri Kibeho n’ ikinyoma cya “Double Jenoside” babiterwa n’ ipfunwe kubera amabi bakoze. Bageze n’aho batekesha amagufa y’Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 11 Jun 2021
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 03 Feb 2023

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afunzwe azira kubuza umugore we kujya kwibuka
Mu Mahanga

Afunzwe azira kubuza umugore we kujya kwibuka

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Mugunga Yves yerekeje muri Kiyovu SC avuye muri APR FC, Rayon Sports yasimbuje Rwaka Claude
Amakuru

Mugunga Yves yerekeje muri Kiyovu SC avuye muri APR FC, Rayon Sports yasimbuje Rwaka Claude

Ubwanditsi 17 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru