• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

 
You are at :Home»Uncategorized»Amerika : Congo yahejwe mu nama yigaga ku bibazo byayo, menya impamvu zabyo

Amerika : Congo yahejwe mu nama yigaga ku bibazo byayo, menya impamvu zabyo

Ubwanditsi 19 Nov 2017 Uncategorized

Igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyahejwe mu nama Umunyamabanga wa leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagiranye n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu bihugu 37 byo muri Afurika nyamara no ku murongo w’ibyigwa hari harimo iki gihugu bikaba byafashwe nk’ikimenyetso cy’umwuka uri hagati y’ubuyobozi bwa perezida Trump n’ubwa perezida Joseph Kabila.

Iyi nkuru dukesha Jeune Afrique iravuga ko kuri uyu wa gatanu, itariki 17 Ugushyingo, I Washington hatigeze hagaragara intumwa za Congo, aho minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’iki gihugu, Leonard She Okitundu atigeze agaragara mu bitabiriye iyi nama ndetse na ambasaderi wa Congo I Washington, Francois Nkuna Balumuene, atagaragaye. Iki gihugu cya Congo ngo kikaba cyabuze mu mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru hagati y’umunyamabanga wa leta, Rex Tillerson n’abaminisitiri 37 bashinzwe ububanyi n’amahanga bo muri Afurika.

Iyi nama itegurwa n’ubuyobozi bwa perezida Trump yari iya gatanu muri uyu mwaka hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Afurika Yunze Ubumwe ikaba yaribanze ku bufatanye mu bucuruzi, umutekano n’imiyoborere myiza muri Afurika.

RDC yari ku murongo w’ibyigwa Abakongomani badahari

Jeune Afrique iravuga ko umuvugizi wa department ya leta muri Amerika, Brian Neubert, yasobanuye ko ibibazo by’umutekano mu karere, bifitanye isano n’ibikorwa byo kubungabunga amahoro, ariko n’ikibazo cya Congo, byari biri ku murongo w’ibigomba kuganirwa muri iyi nama, ariko ntiyasobanura icyagendeweho mu gutumira ibindi bihugu 37, birimo n’u Rwanda, muri iyi nama.

Ku ruhande rwa Congo, iki kinyamakuru kifuje kumenya icyo rubivugaho ntibyashoboka, ariko umwe mu begereye minisitiri Okitundu atangaza ko kudatumirwa byaba byatewe n’ibyari kwigwaho, ngo keretse wenda nk’uko biri guhwihwiswa I Washington  byatewe no kuba repubulika iharanira Demokarasi ya Congo iherutse gutorerwa kuyobora akanama ka Loni k’uburenganzira bwa muntu kandi Leta Zunze Ubumwe za Amerika zarwanyije kandidatire yabo.

Nyamara ariko, ngo muri politiki ya Congo bari bizeye ko kuri ubu umwuka ari mwiza hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Congo, nyuma y’aho hatangarijwe ingengabihe y’amatora yashyizwe ahagaragara kuwa 5 Ugushyingo, igashyira amatora mu Ukuboza umwaka utaha wa 2018, ibintu byishimiwe n’Umuryango Mpuzamahanga na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nubwo abarwanya ubutegetsi bwa perezida kabila bo bifuza ko amatora yategurwa bitarenze muri Nyakanga 2018.

Ubwo aheruka guca muri Congo mu ruzinduko rw’akazi, ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, Nikki Haley akaba yaratangaje ko igihugu cye kitazatera inkunga amatora naramuka atabaye mbere y’impera za 2018.

Kuri ubu rero haribazwa niba Abanyamerika barahinduye uruhande bari bahagazeho, Brian Neubert akaba asubiza avuga ko bemeye iyo ngengabihe y’amatora kuko batekereza ko ari amahirwe ku baturage ba Congo yo kwitabira amatora anyuze muri demokarasi.

 

 

2017-11-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Feb 2023
FERWACY yateguye isiganwa ry’amagare ryiswe “Kibugabuga Race” rizahagurukira mu mujyi wa Kigali rigasorezwa mu karere ka Bugesera

FERWACY yateguye isiganwa ry’amagare ryiswe “Kibugabuga Race” rizahagurukira mu mujyi wa Kigali rigasorezwa mu karere ka Bugesera

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Amakipe 53 niyo yiyandikishije gukina icyiciro cya gatatu mu mwaka w’imikino 2023-2024

Amakipe 53 niyo yiyandikishije gukina icyiciro cya gatatu mu mwaka w’imikino 2023-2024

Ubwanditsi 16 Jun 2023
Muri Playoffs, Patriots yatsinze APR BBC imibare iba myinshi ku makipe yombi anganya imikino 2-2

Muri Playoffs, Patriots yatsinze APR BBC imibare iba myinshi ku makipe yombi anganya imikino 2-2

Ubwanditsi 19 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR
HIRYA NO HINO

RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 02 May 2018
Aimable Bayingana wa Ferwacy yatowe mu bagize inama y’ubutegetsi y’umukino w’amagare muri Afurika
IMIKINO

Aimable Bayingana wa Ferwacy yatowe mu bagize inama y’ubutegetsi y’umukino w’amagare muri Afurika

Ubwanditsi 13 Feb 2017
RWANDAIR YAMAZE KUGARAGAZA AMAFOTO Y’INDEGE NSHYA YA AIRBUS.
Mu Mahanga

RWANDAIR YAMAZE KUGARAGAZA AMAFOTO Y’INDEGE NSHYA YA AIRBUS.

Ubwanditsi 04 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru