• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Uncategorized»Perezida Museveni arashinjwa gutunganya zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019 Uncategorized

Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni arashinjwa n’umuryango utegamiye kuri leta witwa The Simon Wiesenthal Centre gutunganya zahabu yatswe abayahudi mbere yuko bicwa muri Jenoside yabakorewe hagati ya 1940-1945 akayohereza mu mahanga.

Mu itangazo uwo muryango washyize hanze, uvuga ko uruganda rwo muri Uganda rutunganya zahabu rwitwa African Gold Refinery, aho Museveni na murumuna we Salim Saleh bafitemo imigabane myinshi rwatunganyije zahabu yaturutse mu gihugu cya Venezuela ingana na toni 7,4 zifite agaciro ka miliyoni 300 z’amadorali.

Iyo zahabu yavuye mu budage abanazi bamaze gutsindwa muri 1945 yoherezwa muri Esipanye yayoborwaga icyo gihe n’umunyagitugu Fransisco Franco nyuma yoherezwa muri Venezuela na Argentine ikaba yaratumye abanazi bihisha igihe kirekire bakingiwe ikibaba n’abayobozi babahishe kubera iyi zahabu. Ibi byatangajwe na Dr Shimon Samuel umuyobozi mukuru wa The Simon Wiesenthal Centre nyuma yo guhabwa uburenganzira bwo gusoma inyandiko zigaragaza icuruzwa rya zahabu na Banki nkuru ya Esipanye hagati ya 1936-1945, zikemeza ko iyo zahabu yambuwe abayahudi mbere yuko bicwa.

Amakuru yuko Uganda itunganya zahabu yavuye muri Venezuela yoherejwe na Perezida Nicolas Maduro, yagiye hanze mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka, bivugwa ko hari iyari yaburiwe irengero ariko noneho muri iyi minsi nibwo byemejwe ko iyo zahabu yambuwe abayahudi. Zahabu ingana na toni 7,4 zifite agaciro ka miliyoni Magana atatu y’amadorali yavuye Carcas muri Veneuzela igera Entebbe itwawe n’indege y’abarusiya. Kwakira iyi zahabu ni ukurenga ku bihano byafatiwe Venezuela mu by’ubucuruzi.

Mu kwezi kwa gatatu Polisi ya Uganda yatangaje ko iyo zahabu yaturutse mu gihugu cya Leta zunze ubumwe z’amerika ije gutunganwa n’uruganda rwa African Gold Refinery aho bizwi ko Alain Goetz na Henry Kajura aribo banyamigabane bakuru nyamara ari Perezida Museveni na murumuna we Salim Saleh bafitemo imigabane myinshi.

Dr Samuel yagize ati “Zahabu yoherejwe gutunganywa muri Uganda yoherejwe mu kwezi kwa gatatu mu byiciro bibiri, icyiciro cya mbere cyari kigizwe na toni 3,8 icyakabiri cya toni 3,6 cyafashwe na Polisi ya Uganda. Perezida Museveni yategetse ko polisi ihita irekura iyo zahabu, nyuma hatangazwa ko yaburiwe irengero kandi yaratejwe cyamunara muri Turukiya”

Dr Samuel ashinja Perezida Museveni gupfobya jenoside yakorewe abayahudi kuberako yanze ko hakorwa ipoerereza ku nkomoko yiyo zahabu ndetse ko afasha imitwe yiterabwoba, kuko nubwo  African Gold Refinery ivuga ko iyo zahabu yoherejwe muri Dubai inyuze muri Turukiya ishobora no kuba yaroherejwe muri Iran mu gutera inkunga iterabwoba.

Umuryango The Simon Wiesenthal Centre washinzwe muri 1977 ukaba wemewe n’Umuryango w’Abibumbye ndetse na UNESCO aho ugira umwanya udasanzwe. Icyicaro cyawo kiba muri Los Angeles muri Leta zunze ubumwe z’Amerika. Ukura izina ryayo kuri Simon Wiesenthal wabuze umuryango mwinshi muri jenoside yakorewe abayahudi, intego zawo akaba ari ukurwanya irondaruhu no gukumira amakimbirane.

 

2019-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica

Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica

Ubwanditsi 04 Oct 2025
Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Ubwanditsi 05 Jul 2018
Amerika : Congo yahejwe mu nama yigaga ku bibazo byayo, menya impamvu zabyo

Amerika : Congo yahejwe mu nama yigaga ku bibazo byayo, menya impamvu zabyo

Ubwanditsi 19 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri
Amakuru

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ubwanditsi 03 Jan 2024
Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12
ITOHOZA

Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze
Amakuru

Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze

Ubwanditsi 29 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru