• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 12 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amakuru yizewe avuye mu gihugu cya Uganda, igihugu cyiyemeje kuba indiri y’abategura imigambi mibisha ku Rwanda, aravuga ko urwego rw’ubutasi muri icyo gihugu, CMI, rwasamiye hejuru inkuru y’abasirikari 41 birukanywe mu Ngabo z’u Rwanda, RDF, ndetse ubu Gen Abel Kandiho uyobora CMI  ngo akaba yatangiye gutuma kuri bamwe muri bo, ababashishikariza kujya mu mitwe y’iterabwoba mu mashyamba ya Kongo.

Ayo makuru arahamya ko intumwa za Gen Kandiho zigerageza kumvisha abirukanywe ko barenganye, nyamara bo bazi neza aho ukuri kuri, ari nayo mpamvu hari abamaze kwanga kwifatanya n’abagizi ba nabi, kuko bazi ko ntawahiriwe no kugambanira u Rwanda. Abanze gutatira igihango ni abo gushimwa, kandi amasomo y’imyitwarire myiza bize muri RDF, nubwo batabashije kuyashyira mu bikorwa neza,  nibitwararika azabaherekeza mu bindi bagiyemo. Abazananirana nabo, amateka azabikosorera.

Bisanzwe bizwi ko ubutegetsi bwa Uganda butera inkunga RNC, cya kiryabarezi cya Kayumba Nyamwasa. Kimwe n’ibisanzwe, abashyushye muri iki gikorwa cyo kuyobya uru rubyiruko, ni Prossy Bonabana na Sulah  Nuwamanya, abagaragu ba RNC muri Uganda. Biravugwa ko barimo kwifashisha abandi bahoze muri RDF  bakaza gutorokera muri Uganda, barimo “Sgt Robert” uherutse guhungira muri icyo gihugu nyuma yo gusambanya umwana yibyariye.

Biramenyerwe ko RNC na CMI  bashuka urubyiruko  ngo rwishyire urupfu mu mashyamba ya Kongo. Abenshi mu babumviye barapfuye, abandi bafatwa mpiri, ubu bakaba bicuza, banatanga ubuhamya mu ruhame,ko ubutegetsi bwa Uganda bwabijeje ibitangaza, nyamara ngo nta kindi basanze muri RNC uretse urupfu n’ubundi bujyahabi bahuriye nabyo mu ntambara idashoboka.

Igisirikari icyo aricyo cyose ku isi gishaka kugera ku ntego kigendera ku mahame arimo na disipuline yo ku rwego rwo hejuru. Aba birukanywe mu gisirikari cy’u Rwanda bazize ahanini imyitwarire mibi, ihabanye na disipuline iranga RDF. Baramutse bemeye gushukwa, uretse kwiyahura, bwaba ari ubundi buswa kuri CMI/RNC niba bitarakuye amasomo ku kaga bikururiye kubera abasirikari badafite imyitwarire mizima.

Urugero rwiza ni urwa Shebuja Kayumba Nyamwasa utagira disipuline none impehe ze zirapfa nk’udushwiriri. Ajya gusara kurushaho, yiyambaje Maj Habibu Mudathiru wirukanywe kubera ubusinzi n’ubujura, none ararushya iminsi.

Aba basore basezerewe muri RDF turabasaba gushishoza ntibazagwe mu mutego w’ abagome. Abenshi muri bo baracyari bato kandi gusezererwa mu ngabo ntibikugira ikivume, ahubwo ni umwanya wo kwitekerezaho,aho wayobye ukikosora, ukageragereza ubuzima mu yindi mirimo kandi mu Rwanda  amahirwe arahari kuri buri wese. Umushishozi yagize ati:”Burya Imana iherekeza abumva inama nzima, naho intumva ikarira ku muziro!

2021-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda ntidushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso – Mushikiwabo

Uganda ntidushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso – Mushikiwabo

Ubwanditsi 13 Mar 2018
Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Ubwanditsi 20 Nov 2022
Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa

Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ubwanditsi 21 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea
POLITIKI

Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Ubwanditsi 23 Apr 2017
Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana
Mu Mahanga

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Nyamirambo : Uwari utwaye imodoka y’abacungagereza yishe umuntu ariruka, Polisi imucakira  yiyoberanyije
ITOHOZA

Nyamirambo : Uwari utwaye imodoka y’abacungagereza yishe umuntu ariruka, Polisi imucakira yiyoberanyije

Ubwanditsi 27 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru