• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 12 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amakuru yizewe avuye mu gihugu cya Uganda, igihugu cyiyemeje kuba indiri y’abategura imigambi mibisha ku Rwanda, aravuga ko urwego rw’ubutasi muri icyo gihugu, CMI, rwasamiye hejuru inkuru y’abasirikari 41 birukanywe mu Ngabo z’u Rwanda, RDF, ndetse ubu Gen Abel Kandiho uyobora CMI  ngo akaba yatangiye gutuma kuri bamwe muri bo, ababashishikariza kujya mu mitwe y’iterabwoba mu mashyamba ya Kongo.

Ayo makuru arahamya ko intumwa za Gen Kandiho zigerageza kumvisha abirukanywe ko barenganye, nyamara bo bazi neza aho ukuri kuri, ari nayo mpamvu hari abamaze kwanga kwifatanya n’abagizi ba nabi, kuko bazi ko ntawahiriwe no kugambanira u Rwanda. Abanze gutatira igihango ni abo gushimwa, kandi amasomo y’imyitwarire myiza bize muri RDF, nubwo batabashije kuyashyira mu bikorwa neza,  nibitwararika azabaherekeza mu bindi bagiyemo. Abazananirana nabo, amateka azabikosorera.

Bisanzwe bizwi ko ubutegetsi bwa Uganda butera inkunga RNC, cya kiryabarezi cya Kayumba Nyamwasa. Kimwe n’ibisanzwe, abashyushye muri iki gikorwa cyo kuyobya uru rubyiruko, ni Prossy Bonabana na Sulah  Nuwamanya, abagaragu ba RNC muri Uganda. Biravugwa ko barimo kwifashisha abandi bahoze muri RDF  bakaza gutorokera muri Uganda, barimo “Sgt Robert” uherutse guhungira muri icyo gihugu nyuma yo gusambanya umwana yibyariye.

Biramenyerwe ko RNC na CMI  bashuka urubyiruko  ngo rwishyire urupfu mu mashyamba ya Kongo. Abenshi mu babumviye barapfuye, abandi bafatwa mpiri, ubu bakaba bicuza, banatanga ubuhamya mu ruhame,ko ubutegetsi bwa Uganda bwabijeje ibitangaza, nyamara ngo nta kindi basanze muri RNC uretse urupfu n’ubundi bujyahabi bahuriye nabyo mu ntambara idashoboka.

Igisirikari icyo aricyo cyose ku isi gishaka kugera ku ntego kigendera ku mahame arimo na disipuline yo ku rwego rwo hejuru. Aba birukanywe mu gisirikari cy’u Rwanda bazize ahanini imyitwarire mibi, ihabanye na disipuline iranga RDF. Baramutse bemeye gushukwa, uretse kwiyahura, bwaba ari ubundi buswa kuri CMI/RNC niba bitarakuye amasomo ku kaga bikururiye kubera abasirikari badafite imyitwarire mizima.

Urugero rwiza ni urwa Shebuja Kayumba Nyamwasa utagira disipuline none impehe ze zirapfa nk’udushwiriri. Ajya gusara kurushaho, yiyambaje Maj Habibu Mudathiru wirukanywe kubera ubusinzi n’ubujura, none ararushya iminsi.

Aba basore basezerewe muri RDF turabasaba gushishoza ntibazagwe mu mutego w’ abagome. Abenshi muri bo baracyari bato kandi gusezererwa mu ngabo ntibikugira ikivume, ahubwo ni umwanya wo kwitekerezaho,aho wayobye ukikosora, ukageragereza ubuzima mu yindi mirimo kandi mu Rwanda  amahirwe arahari kuri buri wese. Umushishozi yagize ati:”Burya Imana iherekeza abumva inama nzima, naho intumva ikarira ku muziro!

2021-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 03 Sep 2021
Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Ubwanditsi 10 Jul 2020
Nsabimana Aimable yagize imvune ishobora gutuma atitabira imikino y’Amavubi

Nsabimana Aimable yagize imvune ishobora gutuma atitabira imikino y’Amavubi

Ubwanditsi 29 Sep 2024
Uganda: Kutesa yafashe ruswa ngo ageze abayimuhaye kuri bimwe mu bikorwa byinjiza amafaranga menshi mu gihugu

Uganda: Kutesa yafashe ruswa ngo ageze abayimuhaye kuri bimwe mu bikorwa byinjiza amafaranga menshi mu gihugu

Ubwanditsi 27 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Ciney yavuye ku izima uvuga ko atwite
SHOWBIZ

Umuhanzi Ciney yavuye ku izima uvuga ko atwite

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Menya Nyirishema Richard wari Visi Perezida wa FERWABA, wagizwe Minisitiri wa Siporo asimbuye Aurore Mimosa Munyangaju
Amakuru

Menya Nyirishema Richard wari Visi Perezida wa FERWABA, wagizwe Minisitiri wa Siporo asimbuye Aurore Mimosa Munyangaju

Ubwanditsi 17 Aug 2024
U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa
ITOHOZA

U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa

Ubwanditsi 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru