• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Ubwanditsi 25 Mar 2019 ITOHOZA

Impuguke mu mibanire y’ibihugu cyane cyane mu karere, zitangaza ko guha ijambo umuntu nka Himbara wahunze igihugu bishushanya indi ntego itari ukwigisha abasomyi ahubwo ihishe mu mugambi w’ubutegetsi bwa Uganda wo gufasha abafite intego yo guhungabanya igihugu.

Mu kiganiro n’Umunyamakuru wa New Vision, Charles Etukuri, Himbara yumvikana amusaba umwanya uhagije wo kwandika inkuru zivuga ku Rwanda n’ubukungu bwarwo.

Muri iki kiganiro Himbara avuga ku gatotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda, hari aho yamubwiye ko “Nujya kwandika inkuru yawe, ndashaka ko iki ukibandaho cyane…’’

Bavuga ko ikiganiro  Cya David Himbara cyatambukijwe ku wa 23 Werurwe 2019, ari nk’iturufu ya Uganda yo kuyobya abasomyi ku muzi w’impamvu yahungabanyije umubano wayo n’u Rwanda. Cyaje kandi gikurikira icyo New Vision yahaye Rujugiro Ayabatwa Tribert, umuherwe utera inkunga ibikorwa bya RNC.

Abasesenguzi bo bagaragaza ko wumvise ibikubiye mu kiganiro cyo kuri telefoni gifite isaha n’iminota ine, wasanga hari ibikubiyemo byasabaga isesengura rito mbere yuko ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, gitangaza ibinyoma bishobora kuyobya rubanda.

Umunyamakuru Etukuri yatangiye abaza Himbara uko abona ubukungu bw’u Rwanda ariko we mu igereranya rye yavuze ko “U Rwanda ari nk’umubu, imbere ya Uganda imeze nk’inzovu.’’

New Vision yahisemo kubaza urwanya u Rwanda uko ubukungu bwarwo buhagaze nyamara yirengagiza imibare ya Banki y’Isi n’iy’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) igaragaza ko mu myaka 10 ishize, ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku gipimo cya 8%. Nkuko IGIHE kibitangaza.

Himbara na Rujugiro Tribert, kimwe n’abandi Banyarwanda, bafunguriwe imiryango ngo batange umusanzu wo kubaka igihugu cyari cyashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Aba bombi imyitwarire yabo yatumye batakarizwa icyizere, barahunga. Ku ikubitiro Rujugiro ni we waciye iy’ubusamo.

Mu kiganiro cyo ku wa 15 Mata 2009 yahaye The New Times, Himbara yavuze ku kugenda kwa Rujugiro ko “Bisobanuye ko adashobora kuba Umujyanama wa Perezida Kagame ushingiye ku ndangagaciro akenera ku bantu be ba hafi, hatitawe ku mateka yabo, ijambo n’ubunararibonye bafite.’’

Kuva mu gihugu kw’aba bayobozi kurashimangira imiyoborere y’u Rwanda yubakiye ku ihame ryo gutanga amahirwe angana ku Banyarwanda bose ariko nanone abayobozi bitwara nabi bakabiryozwa.

Rujugiro we asa n’uwahungiye ubwayi mu kigunda kuko abayobozi bo muri Afurika y’Epfo bamushinja kunyereza imisoro ndetse ategereje kugezwa imbere y’ubutabera.

Muri iki kiganiro, Himbara avuga ko Ikigo cya Crystal Ventures aricyo kigenzura ubukungu bw’igihugu. Iyi mvugo yabaye nk’iturufu, benshi mu barwanya u Rwanda bitwaza mu guharabika FPR.

Abahanga mu by’ubukungu bazi imitangire y’amasoko mu Rwanda, bazi neza ko ibigo byose biyahabwa binyuze mu mapiganwa, igihize ibindi kikegukana isoko.

Himbara wahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo muri New Vision ni umuntu wa hafi wa Rujugiro (yabaye umujyanama we), ufasha abashaka guhungabanya u Rwanda.

Bishyuye amafaranga menshi mu Kigo cya Podesta.Inc hagati y’umwaka wa 2012 na 2013 mu gutangiza ubukangurambaga burimo no gushinga ibinyamakuru.

Himbara asobanura ko amafaranga yatanzwe ngo izina rya Rujugiro muri Loni rikurweho icyasha kuko yahoraga muri raporo zimugaragaza nk’inkundamugayo.

Mu bihe bitandukanye Himbara yishyuye Ikigo gikora ubuvugizi mu guhuza inzego zitandukanye muri Amerika, Podesta Group gikorera i Washington, D.C, ibihumbi $520 ngo yemererwe kujya gutanga ubuhamya.

Bivugwa ko amafaranga Himbara yahaye Podesta Group yatanzwe na Rujugiro. Iki kigo nacyo cyamwishyuye kumuhuza na bagenzi be bahunze igihugu batavuga rumwe n’ubutegetsi n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, Christopher Smith, ukuriye agashami ka Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, kibanda kuri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Umugambi wa Himbara ariko abasesenguzi bavumbuye ko wari ugamije guharabika u Rwanda n’abaruyobora.

Ku wa 26 Ukwakira 2017, Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada, “RCA-Canada”, wandikiye John McKay, Umudepite uhagarariye agace ka Scarborough—Guildwood mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, wamagana ubusabe bwa Himbara washakaga gutanga ubuhamya muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga, FAAE.

Umwe mu banyamakuru bakomeye muri Uganda yavuze ko inkuru ya The New Vision ifite ibihanga mu bijyanye no kubahiriza ihame ry’ubunyamwuga.

Abahanga mu itangazamakuru bavuga ko umunyamakuru adakwiye gutanga inkuru ku wo yayanditseho mbere yuko itangazwa ndetse anamusaba kuza kuyiryoshya kurushaho.

Umunyamakuru wa New Vision yabanje kumuha ibibazo kuko mu gutangira ikiganiro Himbara amubwira ko ‘Yiteguye neza cyane.’’

Himbara kandi anumvikana avuga ko gufunga umupaka (u Rwanda rwavuze ko byahuriranye n’igikorwa cyo gusana) yatangaje ko Uganda nta ngaruka izagirwaho n’ubuhahirane.

Ngo kuri we “Ni nko kuvuga ko ari inzovu n’umubu kuko u Rwanda rufite abaturage miliyoni 12 mu gihe Uganda ifite miliyoni 42.’’

Ikiganiro gisoza Himbara asaba guhabwa umwanya wihariye muri New Vision wo kwandika inkuru za buri cyumweru ku Rwanda ndetse umunyamakuru yamuhaye icyizere cyo kubimenyesha umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru.

Impuguke za politiki zivuga ko RNC yatangiye kwifashisha New Vision nk’igikoresho cyayo cy’icengezamatwara.

Src : IGIHE

2019-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwagaragaje inyungu yo kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro

U Rwanda rwagaragaje inyungu yo kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 06 May 2018
Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Ubwanditsi 18 May 2017
Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye  Igitero i Rusizi  cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye Igitero i Rusizi cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Ubwanditsi 23 Jun 2017
Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 14 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!
Amakuru

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Ubwanditsi 03 Apr 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano
Amakuru

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ubwanditsi 20 Nov 2023
Abakandida 500 bazahatanira imyanya 80 y’inteko ishinga amategeko bemejwe
INKURU NYAMUKURU

Abakandida 500 bazahatanira imyanya 80 y’inteko ishinga amategeko bemejwe

Ubwanditsi 31 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru