• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»#Kwibuka23: Umunyamabanga Mukuru wa LOni arasaba Isi kwigira ku Rwanda

#Kwibuka23: Umunyamabanga Mukuru wa LOni arasaba Isi kwigira ku Rwanda

Ubwanditsi 07 Apr 2017 ITOHOZA

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko amahanga yose akwiye kwigira ku byo u Rwanda rwagezeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu mwaka 1994.

Tariki ya 7 Mata buri mwaka, Loni yemeje ko ari umunsi wo kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu bihugu bitandukanye haba umuhango wo kwibuka.

Mu butumwa Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres, yageneye isi yose kuri uyu munsi, avuga ko amahanga yose akwiye kurebera ku Rwanda agaharanira gushyira hamwe hubakwa ejo hazaza heza harangwa n’ubwubahane.

António Guterres avuga ko aha icyubahiro gikomeye abazize Jenoside, akaba anifatanyije n’abayirokotse, aho ngo azirikana umubabaro bahuye na wo, agaha agaciro imbaraga bafite n’urugamba bakomeza kurwana ndetse n’uburyo bakomeza guharanira ubumewe n’ubwiyunge, ngo bikaba bikwiye kubera isomo buri wese.

Loni ivuga ko mu mateka y’isi habayemo ibihe bikomeye byaranzwe n’urwango, ihohoterwa n’ibindi. Bikaba hari aho bikigaragara ku isi.

Umunyamabanga Mukuru wa Loni avuga ko amahanga akwiye kwigira ku Rwanda kuko mu bihe byashize ndetse na n’ubu hakigaraga ibikorwa bibi by’ihohoterwa ry’ikiremwamuntu, akavuga ko amahanga yose kukura isomo ku Rwanda, hakubakwa ejo hazaza heza hashingiye ku kwiha agaciro, kubabarirana no kubahana ndetse no kubahiriza ikiremwamuntu.

Yakomeje avuga ko uburyo bwiza bwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari uguharanira ko itazongera kuba ukundi ahantu hose ku isi.

Yagize ati “Uburyo bwiza bwo kwibuka abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ugukora ibishoboka byose ngo ako kaga ntikazongere kuba ahari ho hose ku isi. Kurwanya za jenoside n’ubundi bugome ni inshingano dusangiye twese by’umwihare ni inshingano nyamukuru y’Umuryango w’Abibumbye.”

Yunzemo ati “Umuryango Mpuzamahanga uzakomeza kuba maso ku bikorwa byose bishobora kubyara Jenoside ndetse no gutabara bwangu igihe hari igikorwa kibi kibaye.

-6244.jpg

-6242.jpg

-6243.jpg

Hari mu mwaka ushize [ 2016 ], Perezida Paul Kagame ari kumwe na Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli wari wagiriye uruzinduko mu Rwanda, bacanye urumuri rw’icyizere rwatangizaga iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa 7 Mata, ku Cyicaro cya Loni hateganyijwe umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho biteganyijwe ko Amabasaderi w’u Rwanda muri Loni, Valentine Rugwabiza azageza ijambo ku bazaba bawitabiriye.

Mu gihe Jenoside yabagaho, Loni yayoborwaga n’Umunyamisiri, Boutros Boutros Ghali waje kwitaba Imana muri Gashyantare umwaka ushize.

Mu mwaka 2000, Akanama k’umutekano ka Loni kemeye ko katabashije kugira icyo gakora ngo gahagarike Jenoside yakorwaga mu 1994.

Mu mwaka wa 2004, ubwo yari akiyobora Loni, Koffi Annan yavuze ko yicuza cyane kuba ntacyo Loni yakoze ngo Jenoside yakorewe Abatutsi ihagarikwe.
Uwayoboraga ingabo nke za Loni zari mu Rwanda, Lieutenant General Romeo Dallaire, yigeze gutangaza ko nta muntu n’umwe wari witaye ku gutabara u Rwanda, aho ngo yasabwe ko yavana ingabo mu Rwanda, ibintu ahamya ko bitari bikwiriye.

Leta y’u Rwanda yakunze kunenga uburyo Loni itigeze itabara Abatutsi bicwaga, aho urugero rukunze gutangwa ari igihe abari bahungiye muri ETO Kicukiro bishwe urw’agashyinyaguro nyuma y’uko ingabo za Loni zari zihari zibasize zikigendera.

Mu mwaka ushize ubwo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yasuraga u Rwanda, yavuze ko yababajwe na Jenoside igahitana Abatutsi basaga miliyoni; ashimangira ko kuba Loni yarananiwe gutabara u Rwanda bikwiye kuba isomo ryo kwiga kwirwanaho aho gutegereza ubufasha.

-6240.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres

Kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi, bizabera ku rwego rw’umudugudu. Kuri uyu wa 7 Mata biteganyijwe ko hazacanwa urumuri rw’icyizere no kunamira abazize Jenoside bashyinguye ku Rwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo, nyuma hakazabaho urugendo rwo kwibuka ruzwi nka Walk to Remember.

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 5 Mata yemeje ko insanganyamatsiko ari “Twibuke Jenoside yakorewe Abatutsi, turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, dushyigikira ibyiza twagezeho”.

2017-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Ubwanditsi 12 Jan 2017
Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Ubwanditsi 11 Jan 2017
Mugihe twiturije Abanyapolitiki n’Abaherwe barategura aho bazahungira

Mugihe twiturije Abanyapolitiki n’Abaherwe barategura aho bazahungira

Ubwanditsi 13 Jan 2017
Alice Cyusa  yirukanwe  k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Alice Cyusa yirukanwe k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside
POLITIKI

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu
ITOHOZA

Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura
Amakuru

Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura

RUSHYASHYA 15 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru