• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Apr 2016 ITOHOZA

Ku mugoroba wo ku wa 23 Mata 2016 Abanyarwanda baba muri UK(United Kingdom) mu gice cya West-Midland bibutse ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Abanyarwanda bibumbiye muri West-Midland Rwanda community Association (WM-RCA) basaga 400 ndetse ni inshuti zu Rwanda bateraniye kuri St George’s Community Hub mu karere ka Birmingham kaherereye muri West-Midland bifatanya kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umuhango wari witabiriwe na abanyarwanda benshi batuye mu Bwongereza ni inshuti zu Rwanda barimo Nyakubahwa uhagarariye u Rwanda muri UK ndetse n’abandi banyacyubahiro Batandukanye bagejeje ku mbaga yari aho ngaho ubutumwa bwo kubihanganisha ndetse no gukomera.

Umuhango wabimburiwe no kwibuka abazize Jenocide yakorewe abatutsi bose hafatwa amasegonda 100 ikimenyetso cy’iminsi 100 Jenocide yamaze, abantu bose barahagaruka bibuka,hakurikiraho gucana urumuri rwi icyizere byakozwe na Nyakubahwa High Commissioner w’u Rwanda muri UK HE Yamina Karitanyi aherekejwe n’umuyobozi wungirije w;urumuri umuryango w’abacitse ku cumu baba mu Bwongereza madam Chantal Uwamahoro ndetse ni umuyobozi mukuru wa West Midland Bosco Ngabonzima ;bacana icyizere cy’uko abibukwa bahitanywe na Jenoside yakorewe abatutsi bari heza kandi ko u Rwanda rugana aheza.

Uhagarariye u Rwanda muri UK Yamina Karitanyi, yavuze ko kwibuka atari iby’abarokotse Jenoside gusa, ahubwo ko ari iby’Abanyarwanda bose. Ati “Kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi bidusigire inyigisho yo kwigira ndetse no kwihesha agaciro.”ati amaboko ya abana bu Rwanda agomba gushyira hamwe mu kubaka ezo heza hazaza hi igihugu cyabo aho kuzikoresha bagisenya nkizakoresheshwe muri Jenocide yakorewe abatutsi.

Yanasabye abaraho bose kugumya kwegera abacitse ku icumu rya jenocide kubafasha ndetse anibutsa ko u Rwanda ruzagumya gukurikirana abagize uruhare muri Jenocide yakorewe abatutsi aho baba bari hose bagashyikirizwa ubutabera kandi ko u Rwanda rutazihanganira abashaka guhindura amateka y’u rwanda bayakoresha bashaka gopfobya Jenocide yakorewe abatutsi yanagarutse aho u Rwanda rwavuye nyuma ya Jenocide yakorewe abatutsi naho rugeze ubu.ati: Nyuma ya Jenocide yakorewe abatutsi isi yabonaga u Rwanda ari nka agatebo kashwanyaguritse katashobora kugira icyo kamara,ati nyamara ubu nyuma y’ imyaka 22 u Rwanda ni igihugu cyi icyitegererezo muri Africa ndetse rubungabunga na amahoro hirya no hino kwi isi.

-2714.jpg

HC Yamina Karitanyi na Bosco Ngabonzima

-2715.jpg

-2716.jpg

-2717.jpg

-2718.jpg

Habayemo kandi indirimbo zitandukanye zo kwibuka zaririmbwe na abagore bo muri community ndetse haririmbwe ni indirimbo ya Rugamba yitwa Urukundo ni itorero rya west midland community.

-2719.jpg

HE Yamina Karitanyi ageza ijambo kubari bitabiriye Kwibuka

-2720.jpg

Itorero rya WM-RCA

-2724.jpg

-2725.jpg

Urubyiriko narwo rwa abana batandukanye bavuze imivugo itandukanye yo kwibuka harimo imwe witwa “Sinshaka Kwibuka,ariko se Nakwibagirwa gute”

-2721.jpg

-2723.jpg

-2722.jpg

Bosco Ngabonzima Perezida wa WM-RCA, ari nawe mwanditsi wacu muri iyi nkuru

2016-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma

Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma

Ubwanditsi 24 Aug 2017
ADEPR: Zahinduye imirishyo. Hatowe Rev.Karuranga Euphrem, naho Rev.Rurangirwa Emmanuel akama ikimasa.

ADEPR: Zahinduye imirishyo. Hatowe Rev.Karuranga Euphrem, naho Rev.Rurangirwa Emmanuel akama ikimasa.

Ubwanditsi 30 May 2017
Uganda: Hafashwe Umunyarwanda wagendaga asaba imisanzu yo kuzifashisha mu gutera u Rwanda

Uganda: Hafashwe Umunyarwanda wagendaga asaba imisanzu yo kuzifashisha mu gutera u Rwanda

Ubwanditsi 11 Feb 2018
USA  : Umunyarwanda Dr Ntakirutimana Eliel ( Nataki) ashobora kwisanga mu kaga  nyuma y’uko iwe hapfiriye  Umuntu muburyo budasobanutse

USA : Umunyarwanda Dr Ntakirutimana Eliel ( Nataki) ashobora kwisanga mu kaga nyuma y’uko iwe hapfiriye Umuntu muburyo budasobanutse

Ubwanditsi 10 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umumotari yashimiwe kuba yasubije arenga Miliyoni 5 umugenzi yari atwaye
Mu Rwanda

Umumotari yashimiwe kuba yasubije arenga Miliyoni 5 umugenzi yari atwaye

Ubwanditsi 25 Jul 2017
Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya
HIRYA NO HINO

Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya

Ubwanditsi 12 Mar 2018
The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo
Mu Rwanda

The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo

Ubwanditsi 06 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru