• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amateka ya Perezida wa Koreya ya Ruguru wakuriye mu buzima bw’ibanga, uri guca amarenga y’intambara ya gatatu y’Isi

Amateka ya Perezida wa Koreya ya Ruguru wakuriye mu buzima bw’ibanga, uri guca amarenga y’intambara ya gatatu y’Isi

Ubwanditsi 21 Sep 2017 ITOHOZA

Kim Jong Un wagiye ku buyobozi akiri muto, ku myaka 35 yateye Isi impagarara nyuma yo kuba ari umugabo urangwa n’ibikorwa by’ubwihebe, aho amaze igihe agerageza ibitwaro bya kirimbuzi.

Kim mbere y’uko ajya ku butegetsi ntiyajyaga agaragara muri rubanda cyangwa muri Leta ngo hamenyekane ibyo yakoraga, ndetse n’amashuri yize ntazwi neza kuko ntaho bigaragara ko yaba yarize muri za Kaminuza zikomeye.

Kim Jong Un ni umwe mu baperezida batagaragaza igihe bavukiye kuko imyaka igaragaza ko yavutse mu myaka 3 itandukanye kuko ibihugu byinshi bigenda bigenekereza bigatanga imyaka itandukanye .

Korea ya Ruguru yemeza ko Perezida wa yo yavutse muri Mutarama 08,1982 , Korea y’Epfo ikavuga ko Kim Jon un yavutse mu1983, igihugu cya Switzeland (Ubusuwisi) bwemeza ko yavutse 05 Nyakanga 1984, mu gihe imibare itangwa na America yemeza ko uyu mugabo ifata nk’icyihebe yavutse mu 1984.

Perezida wa Korea ya ruguru ukomeje kuvugisha amahanga kubera ibitwaro bya kirimbuzi akomeje kugerageza kandi akavuga ko nta bwoba atewe n’amahanga, ni umuyobozi w’umuryango wa State Affaires Commussion Incubmbent.

Kim Jon Un kandi ni umuyobozi mukuru wa Democratic People’s Republic of Korea akomeje kubwira Isi ko adashobora kwita ku bihano azafatirwa ngo areke gahunda igihugu cye cyafashe yo gucura ibitwaro bya kirimbuzi.

Kim ni umwana wa kabiri wa Kim Jong-il na Ko Yong-hui ariko se akaba yaraje kwitaba Imana muri 2011.

Bimwe mu byo Kim abereye abereye umuyobozi

Umuyobozi (Chairman) wa Workers’ Party of Korea
Umuyobozi (Chairman) wa Central Miltary Commission
Umuyobozi (Chairman) wa State Affairs Commussion
Umuyobozi (Chairman) wa Supreme Commander of Korean People’s Army
Uyu mu Perezida afite ipeti rya Marshal mu bya gisirikare.

Kim Jong un afite impamyabumenyi 2, imwe yayikuye muri Kim Il-sung University mu gihe indi yayikuye muri Kaminuza ya gisirikare ya Kim Il-sung Military University.

Kim Jong un wagiye ku butegetsi 09 Werurwe 2014, ashinjwa kuba mu 2013 yaricishije nyirarume Jang Song-thaek ndetse akaba ari nawe wishe umuvandimwe we Kim Jong-nam muri Malaysia muri Gashyantare uyu mwaka.

Kuva uyu mugabo yajya ku butegetsi Isi yose imufata nk’icyihebe aho isanga ashobora guteza intambara ya gatau y’isi.

Kuva yajya ku butegetsi yakomeje kugaragaza guhangana gukomeye na Leta Zunze Ubumwe za America, ibintu bigiye guteza ikibazo gikomeye kuko America nayo yafashe umwanzuro wo guhangana n’iki gihugu gikomeje gukora no kugerageza ibitwaro bya kirimbuzi umusubirizo.

Mu kwezi gushize ubwo Korea yaruguru yagerageje ibisasu bibiri, Umuryango w’Abibumbye (UN) wafatiye iki gihugu ibihano ariko cyo gihita gitangaza ko ntacyo ibihano byahindura kuri gahunda yacyo yo gucura ibitwaro bya Kirimbuzi.

-8027.jpg

Kim Jong Un

2017-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Ubwanditsi 21 Mar 2017
Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2019
Nord-Kivu : Abarwanyi 20 ba M23 bamaze kwicirwa mu bitero n’Ingabo za FARDC

Nord-Kivu : Abarwanyi 20 ba M23 bamaze kwicirwa mu bitero n’Ingabo za FARDC

Ubwanditsi 02 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya
Amakuru

Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Ubwanditsi 07 Jan 2022
Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana
Mu Mahanga

Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 07 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru