• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Alain Jupé, Arasabwa Kwisobanura ku bihumbi n’ibihumbi by’abapfuye muri genocide mu Rwanda

Alain Jupé, Arasabwa Kwisobanura ku bihumbi n’ibihumbi by’abapfuye muri genocide mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Apr 2016 ITOHOZA

Muri kino gihe Alain Jupé ari kwitegura kuziyamamariza umwanya wo kuzaba Perezida w’Ubufaransa, abanyarwanda baba mu bufaransa bibumbiye mu ishyirahamwe CRF banditse Petition imusaba kwisobanura ku ruhare rwe nka Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, yagize muri genocide yakorewe abatutsi mu Rwanda. Iyi baruwa yasotse iriho amasinya 925, n’abandi bose baracyakomeza!

Baragira bati : Murifuza kuzagera ku mwanya w’umukuru w’igihugu cy’Ubufaransa, kandi mushyira imbere ubunararibonye mufite mu buyobozi bw’igihughu. Nyamara muri ubwo bunararibonye, bworosa igihe hari ibyo mwakoze, bigomba kwibazwaho bikomeye.

Mwabaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga kuva muri Mata 1993 kugeza 1995. Muri icyo gihe mu mwaka wa 1994, habayeho genocide yahitanye miliyoni y’abantu mu Rwanda, bo mu bwoko bw’abatutsi, ikozwe n’ubutegetsi bwari muri icyo gihugu. Ububanyi n’amahanga mwayoboraga bwari bufitanye ubucuti bwihariye n’ubwo butegetsi bw’abagenocideri, bubona inkunga n’ibikoresho by’intambara bitangwa na n’Ubufaransa.

Mu gihe ingabo za Loni zari aho ngaho zashoboroga guhagarika, cyangwa se kugabanya ubukana bw’abicanyi,mwagiriye inama Leta y’Ubufaransa ,taliki ya 13 Mata 1994, yo guhagarika ubutumwa bw’ingabo zabwo. Nyuma yaho gato, intumwa yanyu mu kanama gahoraho gashinzwe umutekano muri Loni, itorera ko ingabo zari mu rwanda zagabanyirizwa umubare, bityo abakoraga genocide, basigara bihereranye abo bica.

-2635.jpg

Genocide irimbanije , taliki ya 27 Mata 1994, mwakiriye abayobozi b’ubwo butegetsi , barimo Minisitiri wabwo w’ububanyi n’amahanga, n’umucurabwenge w’ingengabitekerezo ya genocide, Jean Bosco Barayagwiza, ubu wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 n’urukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda TPIR. Nk’uko byanditswe n’umunyamateka Alison Des Forges, kwakira abo bantu muri Quai d’Orsy, ndetse no muri Elisée n’i Matignon, kwari ukwemera genocide. Tubibutse ko Ububiligi, na USA, banze kubakingurira. Ubutegetsi bwanyu nibwo bwonyine bwavuganye n’abo bantu mu bigu byose by’Uburayi.

-2634.jpg

Alain Jupé

Ubu birazwi neza ko mutari muyobewe urwego rw’ibyo abantu barimo gukora : genocide yakorerwaga abatutsi. Ubu ni ukuri kugaragara no mu butabera bw’ubufaransa ( Urugereko rusesa imanza, iteka ryo kohereza no 3644 taliki ya 8 /7/2015). None wowe iyo ujya kuvuga kuri ayo mahano, ukoresha imvugo ivugwa n’abo uko kuri gushorogotora, kubera ko bagizemo uruhare, bafite icyo bishinja : muvuga genocides mu bwinshi, kugirango mugaragaze ko ari nyinshi. Ubwo rero muba mushyigikiye abayipfobya, mushyigikira ko habaye imyivumbagatanyo ya rubanda rw’uruhande rumwe rwirwanagaho kubera ko hari urundi rwari rwateye.

-2636.jpg

Indege ya Kinani

Mwandika taliki ya 1Mata 2016 ngo « Gushora urubanza ku Bufaransa ko bwaba hari uruhare rufitemo, byaba ari ikimwaro no kugoreka amateka », nabwo muba muguye mu mvugo z’abicanyi baba birwanaho kuko baba hari icyo bishinja. Ni nk’abo bashatse guhunga uruhare rwabo, bagashaka kuruzimiriza mu cyaha rusange.

Kubiberekeye, muvuga Ubufaransa nk’igihugu, kandi ari mwebwe ku giti cyanyu ( Alain Jupé), nk’uwari umuyobozi wa politiki wari ufite icyo kibazo mu nshingano,wagombaga kugira ibisobanuro uha Ubufaransa n’umuryango mpuzamahanga, ku ruhare rwawe mu bikorwa cyangwa ibyo utabashije gukora muri icyo gihe miliyoni y’abantu yapfaga.

Ngaho rero Bwana Alain Jupé, dutegereje ibisobanuro byanyu!

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urupfu rwa Nyampinga wa mbere w’u Burundi rwatunguye benshi

Urupfu rwa Nyampinga wa mbere w’u Burundi rwatunguye benshi

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Icyaha cyo gusebanya “Diffamation” nacyo cyakuwe mu gitabo cy’amategeko ahana gishyirwa mu byaha mbonezamubano

Icyaha cyo gusebanya “Diffamation” nacyo cyakuwe mu gitabo cy’amategeko ahana gishyirwa mu byaha mbonezamubano

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu

Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu

Ubwanditsi 25 Jul 2018
Abafaransa 2 bafatiwe mu Rwanda nta byangombwa bafite, burijwe indege ibajyana mu gihugu cyabo

Abafaransa 2 bafatiwe mu Rwanda nta byangombwa bafite, burijwe indege ibajyana mu gihugu cyabo

Ubwanditsi 14 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018
Mu Rwanda

Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Ubwanditsi 09 Feb 2018
The Ben agiye gutaramira muri Canada
KWAMAMAZA

The Ben agiye gutaramira muri Canada

Ubwanditsi 26 May 2017
Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi
Uncategorized

Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi

Ubwanditsi 12 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru