• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Ubwanditsi 07 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU

Kuva ku munsi w’ejo, amakuru aturuka i Bujumbura aravuga ko Majoro Ernest Nimubona wari umujyanama wa mbere w’umugaba w’ingabo z’u Burundi yaburiwe irengero.

Aya makuru aravuga ko yazimiranye n’ingabo zarindaga umutekano w’iwe ndetse nyuma y’ibura rye hakaba haraye humvikanye amasasu menshi n’amabombe mu mujyi wa Bujumbura.

Kuri ikicyumweru tariki 7 Nyakanga 2019, ahagana saa tanu na cumi n’itanu z’amanywa mu mujyi wa Bujumbura haturikirijwe ibisasu bibiri kugeza ubu hataramenyekana impamvu y’ubu bugizi bwa nabi.

Ernest Nimubona yari Ofisiye mukuru mu ngabo za Ex-FAB, akaba yakoraga muri Etat Majoro y’ingabo z’u Burundi.

Nyuma y’uko muri Gicurasi 2015 Bamwe mu basirikare bari bafatanyije na Général Godefroid Niyombare guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza bigapfuba, bamwe baburiwe irengero, abandi benshi barafashwe, barafungwa. Niyombare we yabashije gusohoka mu Burundi ndetse ahamya ko kuri ubu afite umutwe w’inyashyamba ayoboye witwa les FOREBU (Forces républicaines du Burundi).

Ubwo yashakaga guhirika ubutegetsi, icyo gihe Niyombare yari akuriye urwego rushinzwe iperereza. Ku itariki 18 mu kwezi kwa Gashyantare 2015, yashyikirije Perezida Nkurunziza inyigo igaragaza ko 80% by’abakomeye mu ishyaka riri ku butegetsi ndetse n’igisirikare ko badashyigikiye ko yiyamamariza mandat ya 3. Bukeye bwaho nibwo yahise yirukanwa ku mirimo ye.

Niyombare yavuze ko ubwo yashakaga guhirika ubutegetsi ngo yari yavuganye n’abayobozi b’amabatayo menshi y’igisirikare cy’Uburundi. Yavuze ko yashatse gukora Coup d’Etat ubwo Perezida Nkurunziza atari mu gihugu. Abasirikare bari kumwe na we avuga ko babarirwaga mu magana , bafite intwaro zihagije ndetse n’ibimodoka 2 by’intambara.

Ku itariki 13 Gicurasi nibwo hatanzwe ikimenyetso cy’uko guhirika ubutegetsi bitangiye ariko habaye ikosa mu kwibeshya ku bamushyigikiye. Abagombaga gufata ikibuga cy’indege bahinduye inzira. Ibimodoka by’intambara zagombaga gutanga ubufasha zarahagaritswe, Minisitiri w’ingabo wari uri ku ruhande rw’abagombaga guhirika ubutegetsi arabagambanira.

Icyakurikiyeho ni uko mu ijoro ryo ku itariki 14 rishyira tariki 15 Gicurasi 2015, abasirikare bari bafatanyije na Niyombare bakwiriye imishwaro mu Mujyi wa Bujumbura. Niyombare yabashije gutoroka, asohoka mu gihugu. Yihishe aho yari asanzwe aba mu minsi 2 , nyuma aza guca mu kiyaga cya Tanganyika asohoka mu Burundi. Niyombare yahamije ko nta bufasha yigeze ahabwa n’igihugu icyo aricyo cyose. Kugeza ubu ngo ayoboye abasirikare bagera mu bihumbi.

NDLR: Nyuma y’aho dutangarije inkuru ya  Majoro Ernest Nimubona umujyanama wa mbere w’umugaba w’ingabo z’u Burundi wari waburiwe irengero mu ijoro ryo kuwa gatandatu w’iki cyumweru dushoje, twaje kumenya ko yabonetse ari muzima, ari kumwe n’abamurinda, akaba yasubiye mu kazi ke. Turacyakomeza gutohoza imvo n’imvano y’iki kibazo.

2019-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis

Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis

Ubwanditsi 25 Jan 2021
Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2019
Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Ubwanditsi 26 Aug 2019
Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya
POLITIKI

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda
Mu Rwanda

Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru