• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Ubwanditsi 07 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU

Kuva ku munsi w’ejo, amakuru aturuka i Bujumbura aravuga ko Majoro Ernest Nimubona wari umujyanama wa mbere w’umugaba w’ingabo z’u Burundi yaburiwe irengero.

Aya makuru aravuga ko yazimiranye n’ingabo zarindaga umutekano w’iwe ndetse nyuma y’ibura rye hakaba haraye humvikanye amasasu menshi n’amabombe mu mujyi wa Bujumbura.

Kuri ikicyumweru tariki 7 Nyakanga 2019, ahagana saa tanu na cumi n’itanu z’amanywa mu mujyi wa Bujumbura haturikirijwe ibisasu bibiri kugeza ubu hataramenyekana impamvu y’ubu bugizi bwa nabi.

Ernest Nimubona yari Ofisiye mukuru mu ngabo za Ex-FAB, akaba yakoraga muri Etat Majoro y’ingabo z’u Burundi.

Nyuma y’uko muri Gicurasi 2015 Bamwe mu basirikare bari bafatanyije na Général Godefroid Niyombare guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza bigapfuba, bamwe baburiwe irengero, abandi benshi barafashwe, barafungwa. Niyombare we yabashije gusohoka mu Burundi ndetse ahamya ko kuri ubu afite umutwe w’inyashyamba ayoboye witwa les FOREBU (Forces républicaines du Burundi).

Ubwo yashakaga guhirika ubutegetsi, icyo gihe Niyombare yari akuriye urwego rushinzwe iperereza. Ku itariki 18 mu kwezi kwa Gashyantare 2015, yashyikirije Perezida Nkurunziza inyigo igaragaza ko 80% by’abakomeye mu ishyaka riri ku butegetsi ndetse n’igisirikare ko badashyigikiye ko yiyamamariza mandat ya 3. Bukeye bwaho nibwo yahise yirukanwa ku mirimo ye.

Niyombare yavuze ko ubwo yashakaga guhirika ubutegetsi ngo yari yavuganye n’abayobozi b’amabatayo menshi y’igisirikare cy’Uburundi. Yavuze ko yashatse gukora Coup d’Etat ubwo Perezida Nkurunziza atari mu gihugu. Abasirikare bari kumwe na we avuga ko babarirwaga mu magana , bafite intwaro zihagije ndetse n’ibimodoka 2 by’intambara.

Ku itariki 13 Gicurasi nibwo hatanzwe ikimenyetso cy’uko guhirika ubutegetsi bitangiye ariko habaye ikosa mu kwibeshya ku bamushyigikiye. Abagombaga gufata ikibuga cy’indege bahinduye inzira. Ibimodoka by’intambara zagombaga gutanga ubufasha zarahagaritswe, Minisitiri w’ingabo wari uri ku ruhande rw’abagombaga guhirika ubutegetsi arabagambanira.

Icyakurikiyeho ni uko mu ijoro ryo ku itariki 14 rishyira tariki 15 Gicurasi 2015, abasirikare bari bafatanyije na Niyombare bakwiriye imishwaro mu Mujyi wa Bujumbura. Niyombare yabashije gutoroka, asohoka mu gihugu. Yihishe aho yari asanzwe aba mu minsi 2 , nyuma aza guca mu kiyaga cya Tanganyika asohoka mu Burundi. Niyombare yahamije ko nta bufasha yigeze ahabwa n’igihugu icyo aricyo cyose. Kugeza ubu ngo ayoboye abasirikare bagera mu bihumbi.

NDLR: Nyuma y’aho dutangarije inkuru ya  Majoro Ernest Nimubona umujyanama wa mbere w’umugaba w’ingabo z’u Burundi wari waburiwe irengero mu ijoro ryo kuwa gatandatu w’iki cyumweru dushoje, twaje kumenya ko yabonetse ari muzima, ari kumwe n’abamurinda, akaba yasubiye mu kazi ke. Turacyakomeza gutohoza imvo n’imvano y’iki kibazo.

2019-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Ubwanditsi 09 Sep 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Ikinyoma gitindi Kirasama: Tshisekedi ashobora kwisanga mu rusobe rw’ibibazo nyuma yo kubeshya abarwanya u Rwanda ko azabafasha gukuraho Leta.

Ikinyoma gitindi Kirasama: Tshisekedi ashobora kwisanga mu rusobe rw’ibibazo nyuma yo kubeshya abarwanya u Rwanda ko azabafasha gukuraho Leta.

Ubwanditsi 22 Jun 2023
Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Ubwanditsi 11 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.
ITOHOZA

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abaminisitiri bashya
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abaminisitiri bashya

Ubwanditsi 13 Dec 2017
BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore
UBUKUNGU

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Ubwanditsi 27 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru