• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Ubwanditsi 07 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU

Kuva ku munsi w’ejo, amakuru aturuka i Bujumbura aravuga ko Majoro Ernest Nimubona wari umujyanama wa mbere w’umugaba w’ingabo z’u Burundi yaburiwe irengero.

Aya makuru aravuga ko yazimiranye n’ingabo zarindaga umutekano w’iwe ndetse nyuma y’ibura rye hakaba haraye humvikanye amasasu menshi n’amabombe mu mujyi wa Bujumbura.

Kuri ikicyumweru tariki 7 Nyakanga 2019, ahagana saa tanu na cumi n’itanu z’amanywa mu mujyi wa Bujumbura haturikirijwe ibisasu bibiri kugeza ubu hataramenyekana impamvu y’ubu bugizi bwa nabi.

Ernest Nimubona yari Ofisiye mukuru mu ngabo za Ex-FAB, akaba yakoraga muri Etat Majoro y’ingabo z’u Burundi.

Nyuma y’uko muri Gicurasi 2015 Bamwe mu basirikare bari bafatanyije na Général Godefroid Niyombare guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza bigapfuba, bamwe baburiwe irengero, abandi benshi barafashwe, barafungwa. Niyombare we yabashije gusohoka mu Burundi ndetse ahamya ko kuri ubu afite umutwe w’inyashyamba ayoboye witwa les FOREBU (Forces républicaines du Burundi).

Ubwo yashakaga guhirika ubutegetsi, icyo gihe Niyombare yari akuriye urwego rushinzwe iperereza. Ku itariki 18 mu kwezi kwa Gashyantare 2015, yashyikirije Perezida Nkurunziza inyigo igaragaza ko 80% by’abakomeye mu ishyaka riri ku butegetsi ndetse n’igisirikare ko badashyigikiye ko yiyamamariza mandat ya 3. Bukeye bwaho nibwo yahise yirukanwa ku mirimo ye.

Niyombare yavuze ko ubwo yashakaga guhirika ubutegetsi ngo yari yavuganye n’abayobozi b’amabatayo menshi y’igisirikare cy’Uburundi. Yavuze ko yashatse gukora Coup d’Etat ubwo Perezida Nkurunziza atari mu gihugu. Abasirikare bari kumwe na we avuga ko babarirwaga mu magana , bafite intwaro zihagije ndetse n’ibimodoka 2 by’intambara.

Ku itariki 13 Gicurasi nibwo hatanzwe ikimenyetso cy’uko guhirika ubutegetsi bitangiye ariko habaye ikosa mu kwibeshya ku bamushyigikiye. Abagombaga gufata ikibuga cy’indege bahinduye inzira. Ibimodoka by’intambara zagombaga gutanga ubufasha zarahagaritswe, Minisitiri w’ingabo wari uri ku ruhande rw’abagombaga guhirika ubutegetsi arabagambanira.

Icyakurikiyeho ni uko mu ijoro ryo ku itariki 14 rishyira tariki 15 Gicurasi 2015, abasirikare bari bafatanyije na Niyombare bakwiriye imishwaro mu Mujyi wa Bujumbura. Niyombare yabashije gutoroka, asohoka mu gihugu. Yihishe aho yari asanzwe aba mu minsi 2 , nyuma aza guca mu kiyaga cya Tanganyika asohoka mu Burundi. Niyombare yahamije ko nta bufasha yigeze ahabwa n’igihugu icyo aricyo cyose. Kugeza ubu ngo ayoboye abasirikare bagera mu bihumbi.

NDLR: Nyuma y’aho dutangarije inkuru ya  Majoro Ernest Nimubona umujyanama wa mbere w’umugaba w’ingabo z’u Burundi wari waburiwe irengero mu ijoro ryo kuwa gatandatu w’iki cyumweru dushoje, twaje kumenya ko yabonetse ari muzima, ari kumwe n’abamurinda, akaba yasubiye mu kazi ke. Turacyakomeza gutohoza imvo n’imvano y’iki kibazo.

2019-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Général Kahimbi wari ukuriye iperereza rya gisirikare “yapfuye yiyahuye”

RDC: Général Kahimbi wari ukuriye iperereza rya gisirikare “yapfuye yiyahuye”

Ubwanditsi 08 Mar 2020
AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo

AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe

Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 08 Kanama 2018

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 08 Kanama 2018

Ubwanditsi 09 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali hashojwe Inama y’iminsi ibiri yahuzaga Abagore bari mu nzego za siporo zishamikiye kuri komite olempike z’ibihugu bisaga 100 by’Afurika n’iby’Aziya
Mu Rwanda

Kigali hashojwe Inama y’iminsi ibiri yahuzaga Abagore bari mu nzego za siporo zishamikiye kuri komite olempike z’ibihugu bisaga 100 by’Afurika n’iby’Aziya

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Abakinnyi 64 bo mu bihugu 22 nibo bazitabira irushanwa rya Tennis, Rwanda Open M25
Amakuru

Abakinnyi 64 bo mu bihugu 22 nibo bazitabira irushanwa rya Tennis, Rwanda Open M25

Ubwanditsi 20 Sep 2024
Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe
Mu Mahanga

Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 25 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru