• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Ubwanditsi 15 Aug 2018 IMIKINO

Mugisha Samuel yerekeje mu Bufaransa ajyanye n’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bagiye kwitabira irushanwa rya Tour de l’Avenir rifatwa nka Tour de France y’abatarengeje imyaka 23.

Mugisha na bagenzi be berekeje mu Bufaransa nyuma y’amasaha atagera kuri 48 batsinze Tour du Rwanda.

Mugisha w’imyaka 20 ni we muto mu bo bajyanye bose, azaba ari kumwe na Munyaneza Didier uherutse kwegukana shampiyona y’igihugu hamwe na Ukiniwabo Jean Paul René, Hakiruwizeye Samuel, Manizabayo Eric hamwe na Areruya Joseph.

Abakinnyi batanu n’umutoza wabo Sterling Magnell nibo bahagurutse ku kibuga cy’indege i Kanombe berekeza mu Bufaransa.

Areruya Joseph usanzwe ubarizwa mu Bufaransa mu ikipe ya Delko-Marseille we bazamusangayo, kuko yagiyemo uyu mwaka nyuma yo kwegukana La Tropicale Amissa Bongo na Tour du Rwanda y’umwaka ushize.

JPEG - 448.7 kb
Hashize iminsi ibiri gusa Mugisha Samuel yegukanye isiganwa rya Tour du Rwanda

Benshi mu bakinnyi bakinnye Tour de l’Avenir bakomeje kwitwara neza bagera no muri Tour de France, barimo nka Felice Gimondi, Joop Zoetemelk, Greg LeMond, Miguel Indurain na Laurent Fignon banatsinze tumwe mu duce twa Tour de France.

Iryo rushanwa ritangira kuri uyu wa Gatanu rizitabirwa n’amakipe 26. U Rwanda ni cyo gihugu cyo ku mugabane wa Afurika cyabonye itike yo gukina iri siganwa, nyuma yo gutwara irushanwa rya Tour de l’Espoir ryahuje amakipe yo muri Afurika ikipe y’igihugu y’u Rwanda ikaryegukana ritwawe na Areruya Joseph.

U Rwanda (mu kaziga) ni kimwe mu bihugu bizitabira Tour de l’Avenir

Abandi bagiye muri Amerika gukina muri Colorado Classic

Iyo kipe y’igihugu yerekeje mu Bufaransa mu gihe indi kipe y’u Rwanda yaraye yerekeje muri Amerika guhatana muri rimwe mu masiganwa akomeye muri icyo gihugu rizwi nka Colorado Classic.

Abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Colorado Classic ni Uwizeyimana Bonevanture, Nsengimana Bosco, Ndayisenga Valens, Uwizeye Jean Claude, Hadi Janvier na Byukusenge Patrick. Bakazaba bari kumwe n’umutoza Sempoma Felix.

Uduce tugize Tour de l’Avenir:

Agace ka mbere: 17/8 Grand-Champ › Elven (kilometero 132.5)
Agace ka kabiri: 18/8 Drefféac › Châteaubriant (kilometero 137.6)
Agace ka gatatu: 19/8 Le Lude › Châteaudu (kilometero 165.8k)
Agace ka kane: 20/8 Orléans › Orléans (kilometero 20.2)
Agace ka gatanu: 21/8 Beaugency › Levroux (kilometero 130.4)
Agace ka gatandatu: 22/8 Le Blanc › Cérilly (kilometero 183.5)
Agace ka karindwi 23/8 Moutiers › Méribe (kilometero 35.9)
Agace ka munani: 24/8 La Bathie › Crest-Voland Cohennoz(kilometero 106.2)
Agace ka cyenda: 25/8 Séez › Val d’Isère (kilometero 89) 
Agace ka cumi: 26/8 Val d’Isère › Saint-Colomban-des-Villards Col du Glandon (kilometero 150.8)

2018-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Real Madrid yandikiye amateka kuri Bayern Munich (Amafoto)

Real Madrid yandikiye amateka kuri Bayern Munich (Amafoto)

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Mugisha Gilbert wa APR FC yanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere muri Stade Amahoro ivuguruye

Mugisha Gilbert wa APR FC yanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere muri Stade Amahoro ivuguruye

Ubwanditsi 02 Jul 2024
Eric Nshimiyimana yabonye intsinzi ya mbere kuva agizwe umutoza mukuru wa Bugesera FC

Eric Nshimiyimana yabonye intsinzi ya mbere kuva agizwe umutoza mukuru wa Bugesera FC

Ubwanditsi 18 Feb 2023
Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya

Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya

Ubwanditsi 15 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021
Amakuru

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Uko Inkende Yurira Igiti Niko Igaragaza Akabuno Kayo
INKURU NYAMUKURU

Uko Inkende Yurira Igiti Niko Igaragaza Akabuno Kayo

Ubwanditsi 23 Jun 2018
Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano
Mu Rwanda

Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Ubwanditsi 08 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru