• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Ubwanditsi 15 Aug 2018 IMIKINO

Mugisha Samuel yerekeje mu Bufaransa ajyanye n’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bagiye kwitabira irushanwa rya Tour de l’Avenir rifatwa nka Tour de France y’abatarengeje imyaka 23.

Mugisha na bagenzi be berekeje mu Bufaransa nyuma y’amasaha atagera kuri 48 batsinze Tour du Rwanda.

Mugisha w’imyaka 20 ni we muto mu bo bajyanye bose, azaba ari kumwe na Munyaneza Didier uherutse kwegukana shampiyona y’igihugu hamwe na Ukiniwabo Jean Paul René, Hakiruwizeye Samuel, Manizabayo Eric hamwe na Areruya Joseph.

Abakinnyi batanu n’umutoza wabo Sterling Magnell nibo bahagurutse ku kibuga cy’indege i Kanombe berekeza mu Bufaransa.

Areruya Joseph usanzwe ubarizwa mu Bufaransa mu ikipe ya Delko-Marseille we bazamusangayo, kuko yagiyemo uyu mwaka nyuma yo kwegukana La Tropicale Amissa Bongo na Tour du Rwanda y’umwaka ushize.

JPEG - 448.7 kb
Hashize iminsi ibiri gusa Mugisha Samuel yegukanye isiganwa rya Tour du Rwanda

Benshi mu bakinnyi bakinnye Tour de l’Avenir bakomeje kwitwara neza bagera no muri Tour de France, barimo nka Felice Gimondi, Joop Zoetemelk, Greg LeMond, Miguel Indurain na Laurent Fignon banatsinze tumwe mu duce twa Tour de France.

Iryo rushanwa ritangira kuri uyu wa Gatanu rizitabirwa n’amakipe 26. U Rwanda ni cyo gihugu cyo ku mugabane wa Afurika cyabonye itike yo gukina iri siganwa, nyuma yo gutwara irushanwa rya Tour de l’Espoir ryahuje amakipe yo muri Afurika ikipe y’igihugu y’u Rwanda ikaryegukana ritwawe na Areruya Joseph.

U Rwanda (mu kaziga) ni kimwe mu bihugu bizitabira Tour de l’Avenir

Abandi bagiye muri Amerika gukina muri Colorado Classic

Iyo kipe y’igihugu yerekeje mu Bufaransa mu gihe indi kipe y’u Rwanda yaraye yerekeje muri Amerika guhatana muri rimwe mu masiganwa akomeye muri icyo gihugu rizwi nka Colorado Classic.

Abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Colorado Classic ni Uwizeyimana Bonevanture, Nsengimana Bosco, Ndayisenga Valens, Uwizeye Jean Claude, Hadi Janvier na Byukusenge Patrick. Bakazaba bari kumwe n’umutoza Sempoma Felix.

Uduce tugize Tour de l’Avenir:

Agace ka mbere: 17/8 Grand-Champ › Elven (kilometero 132.5)
Agace ka kabiri: 18/8 Drefféac › Châteaubriant (kilometero 137.6)
Agace ka gatatu: 19/8 Le Lude › Châteaudu (kilometero 165.8k)
Agace ka kane: 20/8 Orléans › Orléans (kilometero 20.2)
Agace ka gatanu: 21/8 Beaugency › Levroux (kilometero 130.4)
Agace ka gatandatu: 22/8 Le Blanc › Cérilly (kilometero 183.5)
Agace ka karindwi 23/8 Moutiers › Méribe (kilometero 35.9)
Agace ka munani: 24/8 La Bathie › Crest-Voland Cohennoz(kilometero 106.2)
Agace ka cyenda: 25/8 Séez › Val d’Isère (kilometero 89) 
Agace ka cumi: 26/8 Val d’Isère › Saint-Colomban-des-Villards Col du Glandon (kilometero 150.8)

2018-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amore akomeje kwagura muzika ye

Amore akomeje kwagura muzika ye

Ubwanditsi 04 Mar 2016
As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 17 Oct 2021
Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Ubwanditsi 08 Aug 2021
Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye  irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Ubwanditsi 06 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal
Amakuru

Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal

RUSHYASHYA 18 Jun 2026
Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere
Amakuru

Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere

Ubwanditsi 01 Sep 2025
I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe
INKURU NYAMUKURU

I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

Ubwanditsi 01 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru