• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Ubwanditsi 06 Mar 2019 ITOHOZA

Ubwo nasomaga inyandiko mu kinyamakuru Chimpreports cyo muri Uganda, y’umunyarwanda Théogene Rudasingwa wahunze uzwi cyane i Kigali kubw’imyitwarire idahwitse, byanteye kwibaza ibibazo byinshi.

Icya mbere nibajije kuri iyo nyandiko yiswe “Uganda should not fall for Rwanda’s provocations” (Uganda ntize kugwa mu mutego w’ubushotoranyi bw’u Rwanda), kubera iki yanyujijwe muri Chimpreports?

Iki kinyamakuru kizwiho gutangaza ibihuha byegamiye ku butegetsi bwa Museveni akenshi kigemurirwa na CMI (Urwego rw’ubutasi bwa gisirikare), ISO (Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu), ESO (Urwego rushinzwe umutekano wo hanze) n’izindi nzego z’ubutasi za Kampala. Mu yandi magambo, ni ibintu bike byerekeye u Rwanda bitangazwa muri Chimpreports biba ari ukuri. Si igitangaza rero kuba imigani ya Rudasingwa yaranyujijwe muri icyo kinyamakuru.

Icya kabiri, ubusanzwe ibinyamakuru bitangaza ibitekerezo cyangwa inyandiko z’abantu bafite ubunararibonye ku byo bandikaho cyangwa bizeweho kutabogama n’ibindi. Ibi bingeza ku kindi kibazo: Ni ubuhe bunararibonye Rudasingwa afite ku mubano mubi uri hagati ya Kigali na Kampala?

Rudasingwa azwi cyane ku kabyiniriro ka ‘Redcom’ yahawe mu myaka ya za 1980 ubwo yigaga i Kampala muri Kaminuza ya Makerere. Yatetse umutwe abanyeshuri bagenzi be b’abanyarwanda, yifashishije telephone, akajya abahamagara yahinduye ijwi yiyise REDCOM avuga ngo ‘inzego z’ubutasi ziri kuguhiga’ yamara kumva ko umunyeshuri yagize ubwoba, akamusaba kwishyura amafaranga runaka ngo azamurindire umutekano. Uwo Redcom amaze imyaka 15 ataba haba mu Rwanda cyangwa muri Uganda.

Rudasingwa amaze igihe aba hirya iyo kure, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ntiyajya aho ngo abeshye ko afite ubunararibonye ku bibazo by’u Rwanda cyangwa Uganda kuri ubu.

Yagiye muri Amerika asaba ubuhungiro, nyamara ukuri ni uko yavuye mu Rwanda amaze kwirukanwa nk’ushinzwe abakozi mu biro bya Perezida Kagame. Abakora mu biro bya Perezida bazi neza urwego rw’imikorere iba yifuzwa n’ubushishozi uhakorera aba asabwa.

Icyakora mu Rwanda rushya, buri wese na Rudasingwa uzwi nka Redcom bahabwa amahirwe. Ikipe ya Perezida ishinzwe gutoranya abakozi imuhitamo yari yiteguye guha amahirwe buri wese dore ko ahahise hari harabaye isomo ku banyarwanda benshi babaye impunzi.

Nyamara nyuma y’igihe ari umukozi, byarigaragaje ko imyitwarire ya Rudasingwa, ‘Redcom’ wa kera itigeze ihinduka, ko ibyo yaciyemo ntacyo byamwigishije. Ubwo yari ashinzwe abakozi mu biro bya Perezida, yashatse kugarura amanyanga yerekwa umuryango. Iyo niyo nkomoko y’urwango uyu mugabo wahawe amahirwe benshi bifuza ariko akayapfusha ubusa, yanga igihugu cye.

Mu nyandiko ye muri Chimpreports, Rudasingwa ashyigikira ibirego by’uko “u Rwanda ruri gushotora Uganda”. Mu kinyabupfura gike, yibasira `Perezida Kagame ashaka kumugaragaza nka sekibi. Intego nyamukuru ni ugukomeza gukwirakwiza ibihuha by’uko yaba RNC yagabye mu Rwanda ibitero bya gerenade bikica benshi abandi bakamugara, yaba ibikorwa by’ubutegetsi bwa Uganda ku Rwanda nko gushimuta, gufunga binyuranyije n’amategeko, guhohotera no kwica abanyarwanda babashinja ‘ubutasi’ cyangwa ngo ‘kwinjira binyuranyije n’amategeko, byaba amabi abera i Burundi, ngo byose ni amakosa ya Kagame!

Rudasingwa akomeza atsindagira ibinyoma byibasira u Rwanda bikomeje gukwirakwizwa na RNC, FDLR n’utundi dutsiko dushaka kugaragaza u Rwanda nk’ikuzimu mu gihe ukuri kuzwi ko ubuyobozi u Rwanda rufite bwageze kuri byinshi mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, ndetse ari igihugu gihagaze neza mu miyoborere ku rwego rwa Afurika.

Igitangaje ni uburyo umuzindaro w’ubutegetsi bwa Uganda wahaye umwanya ibinyoma bya Redcom. Ibi ni ibyemeza ko Museveni n’abantu be ntaho batazagera bafata ibyaha bo ubwabo bakora, bakabitwerera abo babikorera.

Igihamya cya nyuma ni uko Chimpreports yatambukije inyandiko ya Rudasingwa icyarimwe n’ikinyamakuru The Rwandan. Icyakora icyo kinyamakuru cyo cyahinduye umutwe w’inkuru kivuga ngo “Rwanda closes border with Uganda as tension escalates (u Rwanda rwafunze umupaka na Uganda mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera) ariko ibiri mu nkuru imbere ni bimwe.

The Rwandan ni ikinyamakuru cy’agatsiko k’abanyarwanda b’abagizi ba nabi bahunze, gafitanye imikoranire na RNC, FDLR n’utundi dutsiko duhakana Jenoside, duhujwe n’urwango twanga ubuyobozi bw’u Rwanda.

Mu yandi magambo, abo nibo bantu bacuditse na Museveni muri iyi minsi.

Iki ni igitekerezo cya Jackson Mutabazi. Cyatambutse mu kinyamakuru VirungaPost mu rurimi rw’Icyongereza.

2019-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Ubwanditsi 14 Apr 2019
Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Ubwanditsi 24 Jan 2025
Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be

Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be

Ubwanditsi 25 Sep 2018
U Rwanda rwamaganye ubusabe bwo gufungura Ngeze na bagenzi be bahamijwe Jenoside

U Rwanda rwamaganye ubusabe bwo gufungura Ngeze na bagenzi be bahamijwe Jenoside

Ubwanditsi 14 May 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    May 1, 20196:07 am -

    Nanjye nta kintu Rudasingwa yavuga cg se yakwandika ngo ngihe agaciro!

    Ndamuzi akiri SG wa FPR adusanga mu mahanga. Namubonagamo umwirasi noneho ngeze mu Rwanda nsanga yakuye agahu ku nnyo!

    Apuuu, FPR we genda waragowe kugira abantu nka Gahima cg Rudasingwa!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame
Amakuru

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Aug 2024
ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere
Mu Rwanda

ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1
Amakuru

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Ubwanditsi 04 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru