• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Patriots BBC yasubiriye GNBC imbere ya Perezida Kagame isoza irindi jonjora rya BAL idatsinzwe

Patriots BBC yasubiriye GNBC imbere ya Perezida Kagame isoza irindi jonjora rya BAL idatsinzwe

Ubwanditsi 23 Dec 2019 IMIKINO

Patriots BBC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League yasoje ijonjora rya kabiri ryahuje amakipe yo mu gace k’iburasirazuba iri ku mwanya wa mbere, nyuma yo gusubira GNBC yo muri Madagascar, ikayitsindira amanota 94-63 ku mukino wa nyuma warebwe na Perezida Kagame kuri iki Cyumweru.

Amakipe yombi yahuriye ku mukino wa nyuma nyuma y’uko yari kumwe mu itsinda rimwe, rya mbere, aho Patriots BBC yatsinze umukino wa mbere habanje kwitabazwa inyongera.

Uyu mukino usoza ijonjora rya kabiri wabereye muri Kigali Arena ejo hashize, wari utandukanye n’uwabanje kuko utagoye cyane iyi kipe ihagarariye u Rwanda nk’uko byagenze ubushize.

GNBC yo muri Madagascar yagaragaje kwihagararaho cyane mu gace ka mbere, ariko igatsindwa ku manota 16-15 mu gihe amakipe yombi yagiye kuruhuka Patriots BBC yashyizemo ikinyuranyo cy’amanota 15 (44-29).

Patriots BBC yatsinze kandi agace ka gatatu ku manota 21-18 n’aka nyuma ku munota 29-16, umukino urangira harimo ikinyuranyo cy’amanota 31 (94-63).

Mukama Jean Victor wa Patriots BBC ni we witwaye neza muri uyu mukino, atsindamo amanota 18 mu gihe Ndayisaba Ndizeye Dieudonné yatsinzemo 16.

Patriots BBC yasoje amajonjora abiri yakinnye, itsinze imikino yose uko ari icyenda, aho ijonjora rya mbere ryabereye muri Tanzania mu Ukwakira.

Perezida Kagame yagiye gusuhuza abakinnyi ba GNBC ubwo umukino wari urangiye

Amakipe yo mu gace k’Iburasirazuba yatsindiye gukomeza muri 1/2 muri iri rushanwa azakina umwaka usanzwe w’imikino wa BAL 2020 guhera muri Werurwe 2020 ni Patriots BBC, GNBC na Ferroviario Maputo.

Iyi kipe yo muri Mozambique yabigezeho nyuma yo kwegukana umwanya wa gatatu, itsinze City Oilers yo muri Uganda amanota 74-57.

Amakipe 12 azakina umwaka w’imikino wa BAL ni AS Douanes (Sénégal), AS Police (Mali), AS Sale (Maroc), GNBC (Madagascar), GS Petroliers (Algérie), FAP (Cameroon), Ferroviario de Maputo (Mozambique), Petro de Luanda (Angola ), Rivers Hoopers (Nigeria), Union Monastir (Tunisia), Zamalek (Misiri) ndetse na Patriots (Rwanda).

2019-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Mushikiwabo yashimiye Sénégal yakuye Afurika mu isoni mu gikombe cy’Isi

Minisitiri Mushikiwabo yashimiye Sénégal yakuye Afurika mu isoni mu gikombe cy’Isi

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Ikipe ya APR FC yitegura gukina na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League irakomereza imyitozo i Nyamirambo

Ikipe ya APR FC yitegura gukina na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League irakomereza imyitozo i Nyamirambo

Ubwanditsi 12 Oct 2021
Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho

Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho

Ubwanditsi 14 May 2025
PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

Ubwanditsi 26 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa
Mu Mahanga

Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa

Ubwanditsi 19 May 2018
Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Ubwanditsi 12 Mar 2020
Ukuri ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana: Kwivuguruza kw’Abatangabuhamya
ITOHOZA

Ukuri ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana: Kwivuguruza kw’Abatangabuhamya

Ubwanditsi 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru