• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Ubwanditsi 15 Feb 2016 IMIKINO

N’ubwo muri iyi minsi bitoroshye kubona umusore n’inkumi bakundana bakarinda babana badakoze imibonano mpuzabitsina, aho akenshi usanga n’ubukwe bwinshi busigaye bukorwa inkumi zitwite, nyamara ntibibuza ko hari ingaruka zitari nke zigaragara nyuma yo kubana n’uwo mwabanje kuryamana ndetse hakaba n’ubwo uwo muryamanye atari we mubana.
-2132.jpg
1. kuryamana n’uwo mutarashyigiranwa bishobora kukubuza amahirwe yo kumenya urukundo nyarwo.

Akenshi usanga mu rubyiruko rw’ubu abenshi bibeshya ko gukora imibonano mpuzabitsina aribyo byerekana urukundo nyamara abenshi barishuka kuko hari ubwo usanga cyane cyane abakobwa biyumvishako uwo barikumwe ariwe bazabana, bigatuma iyo mibonano ibabuza gutekereza k’umico yanyu cyangwa se ikindi cyazatuma mugira urugo rwiza, ahubwo mukihorera mururwo gusa.

2.kuburira ikizere uwo mwashakanye

Akenshi iyo ubanye n’umuntu akakubwira ko yigeze kuryamana n’undi biragoye kumva ko umukunze ijana ku ijana kuko hari undi aba yarigeze guha ku rukundo nawe bigahora biguteye kumva utamwizera ijana ku ijana.

3.Kumva nawe ubwawe wiburira ikizere

Ibi cyane cyane bikunze kuba iyo waryamanye n’inshuti yawe wowe rwose wumva umukunze ariko we atagukunda ahubwo ari ukugirango yikemurire ikibazo gusa noneho nyuma yaho akakwanga. Akenshi iyo ubitekerejeho cyane ntubabazwa n’uko akwanze ahubwo ubabazwa nuko mwaryamanye maze ugahora wumva haricyo watakaje muri wowe.

4.Ingaruka zigaragara inyuma nko gutera cyangwa guterwa inda utateganyaga no kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Aha abenshi bahita bavuga ngo udukingirizo se ntiduhari? Ni byo koko udukingirizo turiho kandi turinda gutwita inda utateganije nyamara abenshi se usanga bazitwaye ni uko batazi kudukoresha?

Kuri iki kibazo naganiriye n’abakobwa bo muri kaminuza ndetse n’abasore navuga ko ari abantu bajijutse kuko ntawe utazi agakingirizo. Nyamara naho uhabona abatera n’abaterwa amada batateganije umwe yagize ati “burya iyo wishoye mu busambanyi kaba kabaye hari ubwo mwibona n’agakingirizo mwakibagiwe” Naho umusore umwe we yarambwiye ati “hari ubwo wibeshya ku muntu akakubwira ko ari wowe wenyine mugakorera aho ukazisanga waranduye kandi wararyamanye n’umuntu umwe gusa”.

5.Kubana n’uwo udakunda

Ibi akenshi bikunze kuba iyo umusore ateye umukobwa inda noneho iwabo w’umukobwa bakamusaba guhita amushaka. Hari ubwo muba mwararyamanye mutarakundana igihe kinini ngo umwe amenye imico y’undi noneho mwamara kubana ukabona ko rwose wamwibeshyeho.

6. Guca ninyuma ku bashakanye

Aha abantu benshi batanga impamvu zitandukanye zo gucana inyuma: bamwe bati umugore wanjye cyangwa umugabo wanjye ntanshimisha iyo turi gutera akabariro. Ariko se ni gute wamenya ko kwishima bibaho utarigeze wishima? Abenshi bahita basubiza intekerezo ku buzima bigeze kubamo batarashakana noneho ugasanga batangiye gucana inyuma.

Nk’uko uruba rwa internet www.calvaryprophecy.com mu nama batanze ndetse n’ubuhamya birashoboka ko waba utarakora imibonano mpuzabitsina kuko wumva uzayikorana n’uwo muzabana wikiyumva nk’umuntu udasanzwe cyangwa w’umurwayi kuko wiboneye ingaruka zazakugeraho uramutse ugerageje, waba se nabwo warigeze uyikora umuti si ugukomeza ahubwo igihe kirageze ngo ube wakwifatira umwanzuro w’ubuzima.

M.Fils

2016-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yanganyije na Gasogi United, Mukura VS itsinda Marines FC yuzuza imikino 5 idatsindwa

APR FC yanganyije na Gasogi United, Mukura VS itsinda Marines FC yuzuza imikino 5 idatsindwa

Ubwanditsi 03 Dec 2022
Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 12 Jul 2018
APR FC yanganyije na Muhazi United, Rayon Sports itsinda Mukura VS ibyaranze umunsi wa 25 wa shampiyona y’u Rwanda

APR FC yanganyije na Muhazi United, Rayon Sports itsinda Mukura VS ibyaranze umunsi wa 25 wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Mar 2024
Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Ubwanditsi 29 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)
IMIKINO

Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)

Ubwanditsi 27 Feb 2019
Abeza b’u Rwanda muri Basketball batsinzi ab’i Burundi, APR FC ikomeje kuyobora, APR WVC yatsinze POLICE WVC
Amakuru

Abeza b’u Rwanda muri Basketball batsinzi ab’i Burundi, APR FC ikomeje kuyobora, APR WVC yatsinze POLICE WVC

Ubwanditsi 11 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru