• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Ubwanditsi 15 Feb 2016 IMIKINO

N’ubwo muri iyi minsi bitoroshye kubona umusore n’inkumi bakundana bakarinda babana badakoze imibonano mpuzabitsina, aho akenshi usanga n’ubukwe bwinshi busigaye bukorwa inkumi zitwite, nyamara ntibibuza ko hari ingaruka zitari nke zigaragara nyuma yo kubana n’uwo mwabanje kuryamana ndetse hakaba n’ubwo uwo muryamanye atari we mubana.
-2132.jpg
1. kuryamana n’uwo mutarashyigiranwa bishobora kukubuza amahirwe yo kumenya urukundo nyarwo.

Akenshi usanga mu rubyiruko rw’ubu abenshi bibeshya ko gukora imibonano mpuzabitsina aribyo byerekana urukundo nyamara abenshi barishuka kuko hari ubwo usanga cyane cyane abakobwa biyumvishako uwo barikumwe ariwe bazabana, bigatuma iyo mibonano ibabuza gutekereza k’umico yanyu cyangwa se ikindi cyazatuma mugira urugo rwiza, ahubwo mukihorera mururwo gusa.

2.kuburira ikizere uwo mwashakanye

Akenshi iyo ubanye n’umuntu akakubwira ko yigeze kuryamana n’undi biragoye kumva ko umukunze ijana ku ijana kuko hari undi aba yarigeze guha ku rukundo nawe bigahora biguteye kumva utamwizera ijana ku ijana.

3.Kumva nawe ubwawe wiburira ikizere

Ibi cyane cyane bikunze kuba iyo waryamanye n’inshuti yawe wowe rwose wumva umukunze ariko we atagukunda ahubwo ari ukugirango yikemurire ikibazo gusa noneho nyuma yaho akakwanga. Akenshi iyo ubitekerejeho cyane ntubabazwa n’uko akwanze ahubwo ubabazwa nuko mwaryamanye maze ugahora wumva haricyo watakaje muri wowe.

4.Ingaruka zigaragara inyuma nko gutera cyangwa guterwa inda utateganyaga no kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Aha abenshi bahita bavuga ngo udukingirizo se ntiduhari? Ni byo koko udukingirizo turiho kandi turinda gutwita inda utateganije nyamara abenshi se usanga bazitwaye ni uko batazi kudukoresha?

Kuri iki kibazo naganiriye n’abakobwa bo muri kaminuza ndetse n’abasore navuga ko ari abantu bajijutse kuko ntawe utazi agakingirizo. Nyamara naho uhabona abatera n’abaterwa amada batateganije umwe yagize ati “burya iyo wishoye mu busambanyi kaba kabaye hari ubwo mwibona n’agakingirizo mwakibagiwe” Naho umusore umwe we yarambwiye ati “hari ubwo wibeshya ku muntu akakubwira ko ari wowe wenyine mugakorera aho ukazisanga waranduye kandi wararyamanye n’umuntu umwe gusa”.

5.Kubana n’uwo udakunda

Ibi akenshi bikunze kuba iyo umusore ateye umukobwa inda noneho iwabo w’umukobwa bakamusaba guhita amushaka. Hari ubwo muba mwararyamanye mutarakundana igihe kinini ngo umwe amenye imico y’undi noneho mwamara kubana ukabona ko rwose wamwibeshyeho.

6. Guca ninyuma ku bashakanye

Aha abantu benshi batanga impamvu zitandukanye zo gucana inyuma: bamwe bati umugore wanjye cyangwa umugabo wanjye ntanshimisha iyo turi gutera akabariro. Ariko se ni gute wamenya ko kwishima bibaho utarigeze wishima? Abenshi bahita basubiza intekerezo ku buzima bigeze kubamo batarashakana noneho ugasanga batangiye gucana inyuma.

Nk’uko uruba rwa internet www.calvaryprophecy.com mu nama batanze ndetse n’ubuhamya birashoboka ko waba utarakora imibonano mpuzabitsina kuko wumva uzayikorana n’uwo muzabana wikiyumva nk’umuntu udasanzwe cyangwa w’umurwayi kuko wiboneye ingaruka zazakugeraho uramutse ugerageje, waba se nabwo warigeze uyikora umuti si ugukomeza ahubwo igihe kirageze ngo ube wakwifatira umwanzuro w’ubuzima.

M.Fils

2016-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri Rayon Sport Byakomeye, amafaranga aratera intambara

Muri Rayon Sport Byakomeye, amafaranga aratera intambara

Ubwanditsi 21 May 2018
Ubuzima bwa Kobe Bryant mu mafoto

Ubuzima bwa Kobe Bryant mu mafoto

Ubwanditsi 30 Jan 2020
Gikundiro ku ivuko, umunsi waranzwe n’umuganda ndetse n’umukino Rayon Sports yatsinzemo Nyanza FC igitego kimwe ku busa cya Moussa Camara

Gikundiro ku ivuko, umunsi waranzwe n’umuganda ndetse n’umukino Rayon Sports yatsinzemo Nyanza FC igitego kimwe ku busa cya Moussa Camara

Ubwanditsi 25 Sep 2022
Manchester City yasanze Inter Milan ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye Real Madrid

Manchester City yasanze Inter Milan ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye Real Madrid

Ubwanditsi 18 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Ubwanditsi 22 May 2018
Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru
ITOHOZA

Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Leah Karegeya yamaganye Musonera anasaba ko  umuhango wo kwibuka  Col. Karegeya utakoreshwa ku nyungu za politiki cyangwa z’abantu ku giti cyabo
ITOHOZA

Leah Karegeya yamaganye Musonera anasaba ko umuhango wo kwibuka Col. Karegeya utakoreshwa ku nyungu za politiki cyangwa z’abantu ku giti cyabo

Ubwanditsi 02 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru