• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Ubwanditsi 15 Feb 2016 IMIKINO

N’ubwo muri iyi minsi bitoroshye kubona umusore n’inkumi bakundana bakarinda babana badakoze imibonano mpuzabitsina, aho akenshi usanga n’ubukwe bwinshi busigaye bukorwa inkumi zitwite, nyamara ntibibuza ko hari ingaruka zitari nke zigaragara nyuma yo kubana n’uwo mwabanje kuryamana ndetse hakaba n’ubwo uwo muryamanye atari we mubana.
-2132.jpg
1. kuryamana n’uwo mutarashyigiranwa bishobora kukubuza amahirwe yo kumenya urukundo nyarwo.

Akenshi usanga mu rubyiruko rw’ubu abenshi bibeshya ko gukora imibonano mpuzabitsina aribyo byerekana urukundo nyamara abenshi barishuka kuko hari ubwo usanga cyane cyane abakobwa biyumvishako uwo barikumwe ariwe bazabana, bigatuma iyo mibonano ibabuza gutekereza k’umico yanyu cyangwa se ikindi cyazatuma mugira urugo rwiza, ahubwo mukihorera mururwo gusa.

2.kuburira ikizere uwo mwashakanye

Akenshi iyo ubanye n’umuntu akakubwira ko yigeze kuryamana n’undi biragoye kumva ko umukunze ijana ku ijana kuko hari undi aba yarigeze guha ku rukundo nawe bigahora biguteye kumva utamwizera ijana ku ijana.

3.Kumva nawe ubwawe wiburira ikizere

Ibi cyane cyane bikunze kuba iyo waryamanye n’inshuti yawe wowe rwose wumva umukunze ariko we atagukunda ahubwo ari ukugirango yikemurire ikibazo gusa noneho nyuma yaho akakwanga. Akenshi iyo ubitekerejeho cyane ntubabazwa n’uko akwanze ahubwo ubabazwa nuko mwaryamanye maze ugahora wumva haricyo watakaje muri wowe.

4.Ingaruka zigaragara inyuma nko gutera cyangwa guterwa inda utateganyaga no kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Aha abenshi bahita bavuga ngo udukingirizo se ntiduhari? Ni byo koko udukingirizo turiho kandi turinda gutwita inda utateganije nyamara abenshi se usanga bazitwaye ni uko batazi kudukoresha?

Kuri iki kibazo naganiriye n’abakobwa bo muri kaminuza ndetse n’abasore navuga ko ari abantu bajijutse kuko ntawe utazi agakingirizo. Nyamara naho uhabona abatera n’abaterwa amada batateganije umwe yagize ati “burya iyo wishoye mu busambanyi kaba kabaye hari ubwo mwibona n’agakingirizo mwakibagiwe” Naho umusore umwe we yarambwiye ati “hari ubwo wibeshya ku muntu akakubwira ko ari wowe wenyine mugakorera aho ukazisanga waranduye kandi wararyamanye n’umuntu umwe gusa”.

5.Kubana n’uwo udakunda

Ibi akenshi bikunze kuba iyo umusore ateye umukobwa inda noneho iwabo w’umukobwa bakamusaba guhita amushaka. Hari ubwo muba mwararyamanye mutarakundana igihe kinini ngo umwe amenye imico y’undi noneho mwamara kubana ukabona ko rwose wamwibeshyeho.

6. Guca ninyuma ku bashakanye

Aha abantu benshi batanga impamvu zitandukanye zo gucana inyuma: bamwe bati umugore wanjye cyangwa umugabo wanjye ntanshimisha iyo turi gutera akabariro. Ariko se ni gute wamenya ko kwishima bibaho utarigeze wishima? Abenshi bahita basubiza intekerezo ku buzima bigeze kubamo batarashakana noneho ugasanga batangiye gucana inyuma.

Nk’uko uruba rwa internet www.calvaryprophecy.com mu nama batanze ndetse n’ubuhamya birashoboka ko waba utarakora imibonano mpuzabitsina kuko wumva uzayikorana n’uwo muzabana wikiyumva nk’umuntu udasanzwe cyangwa w’umurwayi kuko wiboneye ingaruka zazakugeraho uramutse ugerageje, waba se nabwo warigeze uyikora umuti si ugukomeza ahubwo igihe kirageze ngo ube wakwifatira umwanzuro w’ubuzima.

M.Fils

2016-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 17 Jan 2023
Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC  1-1

Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC 1-1

Ubwanditsi 14 Sep 2024
Knowless na Clement  Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Knowless na Clement Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Ubwanditsi 07 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma
Mu Mahanga

Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha

Ubwanditsi 09 Dec 2016
Ukuri ku ishingwa rya MRCD na FLN bya Rusesabagina na Sankara
INKURU NYAMUKURU

Ukuri ku ishingwa rya MRCD na FLN bya Rusesabagina na Sankara

Ubwanditsi 18 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru