• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 12 Jul 2018 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu ya Croatia yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi aho igomba kwisobanura n’u Bufaransa mu mpera z’iki cyumweru, nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu y’u Bwongereza ibitego 2-1, mu mukino wabereye kuri Luzhniki Stadium.

Myugariro Kieran Trippier ni we wabonye igitego cya mbere ku ruhande rw’u Bwongereza ku munota wa 5 gusa, agitsinze neza ku mupira w’umuterekano. Gusa Ivan Perišić usanzwe akinira Inter Milan yaje kucyishyura ku munota wa 68.

Iminota 90 y’umukino yarangiye amakipe yombi anganya 1-1, hitabazwa iminota 30 y’inyongera, maze Mario Mandžukić ukinira ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani, araza nabi Abongereza ubwo yashyiragamo igitego cya kabiri ku munota wa 109.

Croatia yahise ibona itike yo gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi aho izacakirana n’u Bufaransa kuri Luzhniki Stadium mu murwa mukuru Moscow, ku wa 15 Nyakanga 2018.

U Bwongereza bugomba kubanza guhatanira n’u Bubiligi umwanya wa gatatu, umukino uteganyijwe ku wa Gatandatu.

Iyi yari inshuro ya mbere u Bwongereza bugeze mu mikino ya kimwe cya kabiri nyuma ya 1990, ikaba n’iya mbere kuri Croatia nyuma ya 1998. Ni n’inshuro ya mbere Croatia igiye gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi.

Croatia inakuyeho agahigo kari kamaze imyaka 20, iba ikipe ya mbere ibashije gutsinda umukino wa kimwe cya kabiri mu Gikombe cy’Isi kandi ari yo yabanjwe igitego, nyuma y’u Bufaransa bwabikoze mu 1998 bubikoreye kuri iki gihugu n’ubundi.

Umukino watangiye abafana bibaza uza gutsinda

Ba Kapiteni: Luka Modric wa Croatia na Harry Kane w’u Bwongereza baramukanya mbere y’umukino

Dele Alli yacungirwaga hafi n’abakinnyi ba Croatia, aha yaguye barwanira umupira

Kieran Trippier yafunguye amazamu y’Abongereza, umukino uhita uhindura isura

Byabaye ibyishimo ku Bongereza, gusa ntibyarambye

Abakinnyi bakomeje kugundagurana, nta we ukeneye guha undi urwaho

Ivan Perisic yaje kwishyura igitego ku munota wa 68 maze ibintu bisubira ibubisi

Umuzamu w’Abongereza Jordan Pickford yashidutse umupira winjiye mu rushundura

Yirambuye ngo arebe ko yawugeraho, biba iby’ubusa

Mario Mandzukic yashyizemo igitego cya kabiri cya Croatia

Ibyishimo by’Abongereza ntibyarambye

Modric ntiyanyuzwe n’ibyemezo byose by’umusifuzi

Croatia mu byishimo nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya mbere

Mandzukic na Perisic, bombi bahesheje Croatia intsinzi

Ivan Rakitic yashwanye na Dele Alli umusifuzi aritambika

Abongereza bararanye agahinda

2018-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Ubwanditsi 28 Nov 2021
Teta Diana yageze i Dakar aho agiye gususurutsa abazitabira ‘Next Einstein Forum, NEF’

Teta Diana yageze i Dakar aho agiye gususurutsa abazitabira ‘Next Einstein Forum, NEF’

Ubwanditsi 08 Mar 2016
Mayor Murenzi Abdallah yagarutse muri Komite nshya ya Rayon Sports

Mayor Murenzi Abdallah yagarutse muri Komite nshya ya Rayon Sports

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Abahoze bayobora Rayon Sports bemeye gushyigikira Gikundiro ifite ibibazo by’Amikoro, bakusanya arenga Miliyoni 6.5 frw zo gutegura umukino wa Rutsiro FC

Abahoze bayobora Rayon Sports bemeye gushyigikira Gikundiro ifite ibibazo by’Amikoro, bakusanya arenga Miliyoni 6.5 frw zo gutegura umukino wa Rutsiro FC

Ubwanditsi 25 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali
Mu Mahanga

Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali

Ubwanditsi 29 Aug 2016
FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 05 Apr 2023
Rutahizamu w’Amavubi Kagere Medie yamaze kugera i Nyamata aho ikipe y’igihugu iri gukorera umwiherero ahita yishyira mu kato
Amakuru

Rutahizamu w’Amavubi Kagere Medie yamaze kugera i Nyamata aho ikipe y’igihugu iri gukorera umwiherero ahita yishyira mu kato

Ubwanditsi 20 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru