• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)
Edwin Avila ubwo yasozaga isiganwa ari ku mwanya wa mbere

Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)

Ubwanditsi 27 Feb 2019 IMIKINO

Umunya Colombia Edwin Avila ukinira ikipe ya Israel Cycling Club yegukanye agace Rubavu- Karongi.

Ni agace ka kane mu irushanwa rizenguruka u Rwanda. Abasiganwa uyu munsi bahagurutse i Rubavu mu Burengerazuba, banyura mu Karere ka Rutsiro berekeza i Karongi muri iyo Ntara. Bagenze intera y’ibilometero 102 na metero 600.

Mbere y’iri siganwa, twaganiriye na Mugisha Samuel wari witezwe ko ashobora kuba umunyarwanda wa mbere wegukanye agace muri siganwa, atubwira ko bishoboka ariko bigoye kubera amakipe ahanganye bari guhatana.

Yagize ati “Uduce twa mbere twari dukomeye kuko hahise hajyamo ikinyuranyo cy’iminota myinshi, iminai isigaye bizadusaba imbaraga nyinshi kuko sinkeka ko iminota twayikuramo, tuzagerageza turebe ko hari uduce twakwegukana kuko hano hari amakipe akomeye.”

Saa ine zuzuye ni bwo abakinnyi 74 bari bahagrutse mu mujyi wa Rubavu, aho bari bagiye kwerekeza I Karongi banyuze mu karere ka Rutsiro, aho bagombaga gusiganwa ku ntera ya Kilometero 102,6.

Bakimara guhaguruka Turek wa Israel Cycling Academy n’Umufaransa Guglielmi bagerageje gusohoka mu gikundi ubwo bari bamaze kugenda Kilomtero ebyiri, ariko igikundi gihita kibagarura.

Bamaze kugenda Kilomtero 10, Mugisha Samuel n’abandi bakinnyi 10 bahise bava mu gikundi, Mugisha agerageza no kuyobora isiganwa wenyine ariko abandi barongera baramugarura, batangira kuyobora isiganwa ari abakinnyi 12 imbere.

Muri Kilomtero 42 z’isiganwa Guillonnet Adrien na Kangangi Suleiman bagerageje kuva mu itsinda ryari riyoboye, ndetse banasiga abandi amasegonda 11, gusa ntibyatsinze kuko igikundi cy’abakinnyi 12 cyaje kubagarura.

Ubwo batangiraga guterera Congo Nil mu karere ka Rutsiro, abakinnyi bane barimo Mugisha Samuel, Edwin Avila Vanegas, Torres Muino Pablo na Araujo Bruno wa Bai Sicasal baje guhita batangira kwanikira aabandi, ndetse baza no gushyiramo ikinyuranyo cy’iminota 3 n’amasegonda 55.

Binjiye mu mujyi wa Karongi imbere hakiri batatu, mu gihe Araujo Bruno yari yasigaye, maze Edwin Avila aza gutanga abandi kurenga umurongo, aho yegukanye umwanya wa mbere akoresheje amasaha 2, iminota 37 n’amasegonda 32.

Nyuma y’isganwa hakurikiyeho gutanga ibihembo mu byiciro bitandukanye

Edwin Avila yishimira intsinzi

Edwin Avila yishimira intsinzi

Edwin Alcibiades Ávila Vanegas wa Israel Cycling Academy yambitswe umwenda utangwa na Skol nk'uwegukanye agace

Edwin Alcibiades Ávila Vanegas wa Israel Cycling Academy yambitswe umwenda utangwa na Skol nk’uwegukanye agace

Yabanje aracurura ashira inyota

Yabanje aracurura ashira inyota

Merhawi Kudus yakomeje kwambara Maillot Jaune

Merhawi Kudus yakomeje kwambara Maillot Jaune

Pablo Torres Muiño wa Interpro Cycling Academy, yahembwe na Cogebanque nk'umukinnyi urusha abandi guterera imisozi

Pablo Torres Muiño wa Interpro Cycling Academy, yahembwe na Cogebanque nk’umukinnyi urusha abandi guterera imisozi

Du Plooy Rohan wa Pro-Touch yahembwe nk'uwarushije abandi kwambuka imirongo iba yashyizwe mu isiganwa hagati

Du Plooy Rohan wa Pro-Touch yahembwe nk’uwarushije abandi kwambuka imirongo iba yashyizwe mu isiganwa hagati

Kuri uyu wa kane abasiganwa baraba bakina agace ka gatanu, aho bahaguruka i Karongi basoreze i Musanze ku ntera ya Kilometero 138,7

Uko bakurikiranye mu gace Rubavu-Karongi

1 ÁVILA Edwin Israel Cycling Academy 2:37:32
2 TORRES Pablo Interpro Cycling Academy ,,
3 TESFOM Sirak Eritrea 0:03
4 MUGISHA Samuel Dimension Data for Qhubeka ,,
5 LOZANO David Team Novo Nordisk 0:05
6 GUILLONNET Adrien Interpro Cycling Academy ,,
7 MUNYANEZA Didier Benediction Excel Energy ,,
8 FEDELI Alessandro Delko Marseille Provence ,,
9 DEBESAY Yacob Eritrea ,,
10 NATAROV Yuriy Astana Pro Team 0:09

Urutonde rusange kugeza ubu, n’iminota abakurkkira barushwa na Merhawi Kudus

1 KUDUS Merhawi Astana Pro Team 13:48:19
2 TAARAMÄE Rein Direct Energie 0:17
3 BADILATTI Matteo Israel Cycling Academy 0:45
4 AGUIRRE Hernán Interpro Cycling Academy 1:00
5 TESFOM Sirak Eritrea 4:14
6 GEBREMEDHIN Awet Israel Cycling Academy 4:29
7 LOZANO David Team Novo Nordisk 4:40
8 KANGANGI Suleiman Kenya 4:56
9 DEBESAY Yacob Eritrea 8:17
10 MUNYANEZA Didier Benediction Excel Energy ,,
11 CONTRERAS Rodrigo Astana Pro Team ,,
12 BELLICAUD Jeremy France 9:36
13 MULUBRHAN Henok Eritrea 9:41
14 NATAROV Yuriy Astana Pro Team 9:48
15 ARERUYA Joseph Delko Marseille Provence 9:54
16 NDAYISENGA Valens Rwanda 10:04
17 STALNOV Nikita Astana Pro Team 10:23
18 MANIZABAYO Eric Benediction Excel Energy ,,
19 LAGAB Azzedine Algeria 10:43
20 TORRES Pablo Interpro Cycling Academy 11:02

Aya ni andi mafoto yaranze isiganwa

JPEG - 170.2 kb
Mugisha Samuel ni we munyarwanda waje imbere y’abandi
JPEG - 110.7 kb
Mugisha yari muri bane bamaze umwanya munini bari imbere basize abandi ubwo bendaga gusohora

JPEG - 204.2 kb
Kamwe mu dusozi duteye amabengeza gateyeho icyayi
JPEG - 194.3 kb
 Src : KT

2019-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimiye Arsenal iri kugaruka mu bihe by’intsinzi

Perezida Kagame yashimiye Arsenal iri kugaruka mu bihe by’intsinzi

Ubwanditsi 24 Oct 2018
Akagabo gahimba akandi kataraza : Ingimbi z’u Rwanda zahoreye bashiki bazo ku bagande, ziyongerera amahirwe yo gukina Afrobasket U-16

Akagabo gahimba akandi kataraza : Ingimbi z’u Rwanda zahoreye bashiki bazo ku bagande, ziyongerera amahirwe yo gukina Afrobasket U-16

Ubwanditsi 13 Jun 2019
Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Ubwanditsi 13 Jul 2021
AS Kigali na Gasogi United zishobora guhanishwa gucibwa amande y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda kubera kuva mu gikombe cy’Amahoro 2023

AS Kigali na Gasogi United zishobora guhanishwa gucibwa amande y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda kubera kuva mu gikombe cy’Amahoro 2023

Ubwanditsi 09 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda baba muri Canada bamaganye Mukankusi Charlotte wo muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda baba muri Canada bamaganye Mukankusi Charlotte wo muri RNC

Ubwanditsi 25 Mar 2019
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”
HIRYA NO HINO

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Wari uzi ko Diamond Platinumz ubu wabaye ikirangirire yibye nyina umubyara ngo akunde atangire umuziki? Incamake y’ubuzima we
SHOWBIZ

Wari uzi ko Diamond Platinumz ubu wabaye ikirangirire yibye nyina umubyara ngo akunde atangire umuziki? Incamake y’ubuzima we

Ubwanditsi 16 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru