• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Akagabo gahimba akandi kataraza : Ingimbi z’u Rwanda zahoreye bashiki bazo ku bagande, ziyongerera amahirwe yo gukina Afrobasket U-16

Akagabo gahimba akandi kataraza : Ingimbi z’u Rwanda zahoreye bashiki bazo ku bagande, ziyongerera amahirwe yo gukina Afrobasket U-16

Ubwanditsi 13 Jun 2019 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’ingimbi mu mukino wa Baskteball yatangiye neza mu mikino y’akarere ka gatanu igamije gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya FIBA Africa U-16 kizabera muri Cap-Vert, inyagira iya Uganda amanota 96-36 mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu muri Petit Stade i Remera.

Ni umukino wahuje ibihugu byombi mu cyiciro cy’ingimbi guhera saa 19:00, ukurikiranye n’uwo Uganda yari imaze gutsindamo u Rwanda mu bangavu.

U Rwanda rwakiriye iyi mikino y’akarere ka gatanu yatangiye ku wa Mbere, aho izasozwa ku wa Gatandatu, ruhataniye na Uganda umwanya umwe wo guhagarira akarere mu mikino ya nyuma ya Afrobasket U-16 izabera muri Cap-Vert.

Mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu, ingimbi z’u Rwanda zagaragaje urwego ruri hejuru cyane, zitsinda amanota 26-6 mu gace ka mbere ndetse n’amanota 25-5 mu gace kabiri.

Uganda yagerageje kuzamura amanota mu gace ka gatatu ibifashijwemo n’abarimo Jonathan Kasilisimbi na Joseph Lokol Sagal, yinjiza 13 mu nkangara mu gihe u Rwnada rwo rwatsinzemo 28.

Mu gace ka kane k’umukino, Uganda yarushwaga amanota 56 y’ikinyuranyo, yagerageje kugarira cyane, ikipe y’u Rwanda yongera kubabonamo amanota abiri hashize umunota umwe n’igice bakina aka gace ka nyuma.

Abanyarwanda batari bake bari muri Petit Stade i Remera, bari banyotewe no kubona ikipe y’u Rwanda igeza amanota 100 muri uyu mukino dore ko yageze kuri 93 habura umunota umwe n’amasegonda 10, ariko itsindamo amanota atatu gusa ya Ishema Kevin yabonetse hasigaye amasegonda 50, umukino urangira u Rwanda rutsinze 96-36.

Ishema Kevin yatsinze amanota 20 muri uyu mukino, Mutabazi Pacifique atsindamo 19 mu gihe Murenzi Kizito Romain yatsinzemo 15. Umukinnyi wa Uganda watsinze menshi ni Jonathan Kasilisimbi watsinze amanota 10.

Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Murenzi Yves, yavuze ko yashimishijwe n’uko abakinnye be bitwaye muri uyu mukino, bagaragaza ishyaka ridasanzwe.

Ati” Twari dufite ishyaka ryinshi kandi twifuzaga gutsinda uyu mukino. Twari tuzi ko Uganda ifite ingufu nyinshi tuza twiteguye. Turabyimiye cyane kandi no mu mukino ukurikiyeho ni byo dushaka gukora.”

Murenzi yavuze ko nta kwirara kuko Uganda ishobora kubihimuraho mu mukino bazongera guhuramo, ahamya ko gutsinda uyu mukino byafashije abakinnyi be guhorera bashiki babo batsinzwe mu cyiciro cy’abangavu.

Ati “Twizeye ko twabonye itike byaba ari ukwirara kandi na bo bashobora kudutsinda nk’uko twabatsinze. Ni ukugaruka na none tugashyiramo ishyaka, tukongera gushaka intsinzi tugashimisha abanyarwanda cyane ko twari dufite umujinya ko bashiki bacu batsinzwe, twagombaga kubahorera.”

Bitewe n’uko muri iki cyiciro cy’ingimbi hitabiriye ibi bihugu bibiri gusa, amakipe yombi azongera guhura ku wa Gatandatu, aho Uganda niramuka itsinze u Rwanda hazarebwa ku kinyuranyo cy’amanota batsindanye mu mikino yabahuje, urusha undi abone itike imujyana mu mikino ya nyuma izabera i Praia muri Cap-Vert.

Elvis Frank Tumusiime wa Uganda yubura amaso ngo ashyire umupira mu nkangara

Aya Ahamed wo mu Misiri yasifuye uyu mukino ari kumwe na Ntela Christian

Shamah Suubi agerageza gushyira umupira mu nkangara, abakinnyi b’u Rwanda bazamura amaboko ngo bamuzibire

U Rwanda rwatsinze Uganda ruyirusha

Muhizi Ngoga (4) na Ntaganira Cyusa (13) bashimira Mutabazi Pacifique (6) wari umaze gutsinda amanota abiri

Abakinnyi b’u Rwanda bazibira uwa Uganda washakaga kubatambutsaho umupira

Petit Stade yarimo abanyarwanda batari bake baje gushyigikira ikipe y’igihugu

Abakinnyi b’u Rwanda bagiye gusuhuza aba Uganda nyuma yo kubatsinda

Src : IGIHE

2019-06-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Bwa mbere mu mateka, VAR yatangiye gukoreshwa mu Rwanda ihereye muri Sitade Amahoro

Amafoto – Bwa mbere mu mateka, VAR yatangiye gukoreshwa mu Rwanda ihereye muri Sitade Amahoro

Ubwanditsi 27 Jan 2025
Perezida wa FIFA yageze mu Rwanda

Perezida wa FIFA yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jan 2016
CAN 2019: Cameroun ifite igikombe giheruka na Misiri yakiriye irushanwa byasezerewe muri 1/8

CAN 2019: Cameroun ifite igikombe giheruka na Misiri yakiriye irushanwa byasezerewe muri 1/8

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Menya Nyirishema Richard wari Visi Perezida wa FERWABA, wagizwe Minisitiri wa Siporo asimbuye Aurore Mimosa Munyangaju

Menya Nyirishema Richard wari Visi Perezida wa FERWABA, wagizwe Minisitiri wa Siporo asimbuye Aurore Mimosa Munyangaju

Ubwanditsi 17 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya
Amakuru

Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Ubwanditsi 01 Oct 2021
NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers
IMIKINO

NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Ikipe ya Chelsea yashyizwe ku isoko
IMIKINO

Ikipe ya Chelsea yashyizwe ku isoko

Ubwanditsi 26 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru