• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza

Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza

Ubwanditsi 20 Sep 2017 IMIKINO

Ntakiyimana Emmanuel bita “Crouch” umukinnyi wa “APR Athletics Club” arwariye mu bitaro by’i Kampala muri Uganda nyuma yo kubagwa “Appendix”, ubu akaba yibaza aho azakura amafaranga yo kwishyura ibitaro nubwo nta nyemezabwishyu (facture) arahabwa.

Ntakiyimana nubwo ari umukinnyi w’ikipe ya APR y’imikino ngororangingo ni n’umunyeshuri wiga ibijyanye n’ingendo z’indege muri Kenya, aho yari amaze iminsi mu Rwanda yimenyereza umwuga (stage), nyuma yo gusubira muri Kenya n’imodoka yageze i Kampala araremba agira ngo n’igifu birangira yinjiye mu bitaro arabagwa.

Mu kiganiro Ntakiyimana yagiranye n’ikinyamakuru izubarirashe.rwa dukesha iyi nkuru yavuze uko yafashwe ati “nafashwe ku wa Kabiri ubwo nari nerekeje muri Kenya ku ishuli ngenda ndimo kuribwa, ariko ngira ngo biroroshye , ngeze i Kampala biranga ko nkomeza kuko numvaga ndembye. Mfata imiti kuko nagiraga ngo ni uburwayi bw’igifu. Ngeze kuri “GGWITO HOSPITAL” bankorera “Scan” bahita banyohereza ku bitaro bya Kampala bita “SAMBYA HOSTEL” bahita bankorera operation byihuse”.

Ntakiyimana yavuze ko inkunga ubu akeneye nyuma yo kubagwa ari iyamufasha kwishyura ibitaro, yagize ati “ubufasha nkeneye ni ukurangiza iyi Bill (facture) y’ibitaro nubwo ntaramenya ari angahe”.

-8001.jpg

Ararembye cyane bikomeye

Ntakiyimana mu bitaro arwajwe na Sugira James umwana ukinira ikipe ya Mountain Classic Athletics Club.

Mu bantu bo mu Rwanda yavuze ko yasuwe na Rukundo Johnson, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda (FRA) akaba n’umuyobozi w’ikipe ya Mountain Classic Athletics Club.

Bamwe mu bakinnyi b’imikino ngororamubiri n’abakunzi b’iyi siporo b’Abanyarwanda bakimara kumenya ko Ntakiyimana arembeye i Kampala, bishyize hamwe bamwoherereje amafaranga y’u Rwanda ibihumbi mirongo inani (80,000Frs), gusa iyi nkunga ntiyashoboye kuba nyinshi kuko ubu burwayi bwahuriranye n’uko hari na gahunda yo kwifatanya n’abandi bakinnyi bagize ibyago mu miryango yabo barimo Myasiro Jeam Marie Vianney uherutse gupfusha Papa we ndetse n’undi witwa Vivine nawe ukinira APR Athletics Club.

-8000.jpg

Ntakiyimana (uri hagati) (Ifoto/Internet) aha yari yabaye uwa mbere mu marushanwa yabereye Uganda

-7999.jpg

Ntakiyimana Emmanuel umukinnyi wa APR Athletics Club, ikipe ikunze kuvamo abakinnyi baserukira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga (Ifoto/Internet)

2017-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Amavubi yitegura Sudan aratangira imyitozo, ibitego 25 nibyo byabonetse ku munsi wa 9 wa shampiyona y’u Rwanda

Amavubi yitegura Sudan aratangira imyitozo, ibitego 25 nibyo byabonetse ku munsi wa 9 wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 14 Nov 2022
Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi  Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10
Amakuru

Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Abasirikare bane barindaga Lt Gen Mudacumura beretswe itangazamakuru I Goma
HIRYA NO HINO

Abasirikare bane barindaga Lt Gen Mudacumura beretswe itangazamakuru I Goma

Ubwanditsi 21 Sep 2019
Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage
INKURU NYAMUKURU

Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Ubwanditsi 31 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru