• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza

Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza

Ubwanditsi 20 Sep 2017 IMIKINO

Ntakiyimana Emmanuel bita “Crouch” umukinnyi wa “APR Athletics Club” arwariye mu bitaro by’i Kampala muri Uganda nyuma yo kubagwa “Appendix”, ubu akaba yibaza aho azakura amafaranga yo kwishyura ibitaro nubwo nta nyemezabwishyu (facture) arahabwa.

Ntakiyimana nubwo ari umukinnyi w’ikipe ya APR y’imikino ngororangingo ni n’umunyeshuri wiga ibijyanye n’ingendo z’indege muri Kenya, aho yari amaze iminsi mu Rwanda yimenyereza umwuga (stage), nyuma yo gusubira muri Kenya n’imodoka yageze i Kampala araremba agira ngo n’igifu birangira yinjiye mu bitaro arabagwa.

Mu kiganiro Ntakiyimana yagiranye n’ikinyamakuru izubarirashe.rwa dukesha iyi nkuru yavuze uko yafashwe ati “nafashwe ku wa Kabiri ubwo nari nerekeje muri Kenya ku ishuli ngenda ndimo kuribwa, ariko ngira ngo biroroshye , ngeze i Kampala biranga ko nkomeza kuko numvaga ndembye. Mfata imiti kuko nagiraga ngo ni uburwayi bw’igifu. Ngeze kuri “GGWITO HOSPITAL” bankorera “Scan” bahita banyohereza ku bitaro bya Kampala bita “SAMBYA HOSTEL” bahita bankorera operation byihuse”.

Ntakiyimana yavuze ko inkunga ubu akeneye nyuma yo kubagwa ari iyamufasha kwishyura ibitaro, yagize ati “ubufasha nkeneye ni ukurangiza iyi Bill (facture) y’ibitaro nubwo ntaramenya ari angahe”.

-8001.jpg

Ararembye cyane bikomeye

Ntakiyimana mu bitaro arwajwe na Sugira James umwana ukinira ikipe ya Mountain Classic Athletics Club.

Mu bantu bo mu Rwanda yavuze ko yasuwe na Rukundo Johnson, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda (FRA) akaba n’umuyobozi w’ikipe ya Mountain Classic Athletics Club.

Bamwe mu bakinnyi b’imikino ngororamubiri n’abakunzi b’iyi siporo b’Abanyarwanda bakimara kumenya ko Ntakiyimana arembeye i Kampala, bishyize hamwe bamwoherereje amafaranga y’u Rwanda ibihumbi mirongo inani (80,000Frs), gusa iyi nkunga ntiyashoboye kuba nyinshi kuko ubu burwayi bwahuriranye n’uko hari na gahunda yo kwifatanya n’abandi bakinnyi bagize ibyago mu miryango yabo barimo Myasiro Jeam Marie Vianney uherutse gupfusha Papa we ndetse n’undi witwa Vivine nawe ukinira APR Athletics Club.

-8000.jpg

Ntakiyimana (uri hagati) (Ifoto/Internet) aha yari yabaye uwa mbere mu marushanwa yabereye Uganda

-7999.jpg

Ntakiyimana Emmanuel umukinnyi wa APR Athletics Club, ikipe ikunze kuvamo abakinnyi baserukira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga (Ifoto/Internet)

2017-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere, Umufaransa Gérard Buscher niwe wagizwe umu umuyobozi wa Tekinike mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda

Mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere, Umufaransa Gérard Buscher niwe wagizwe umu umuyobozi wa Tekinike mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda

Ubwanditsi 16 Sep 2022
Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Ubwanditsi 24 Aug 2024
APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026

APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 13 Aug 2025
Sonia ukina filime nyarwanda akeneye 7,000$ ngo akire kanseri

Sonia ukina filime nyarwanda akeneye 7,000$ ngo akire kanseri

Ubwanditsi 09 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ngoma: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo
Mu Mahanga

Ngoma: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo

Ubwanditsi 17 May 2016
Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 25 May 2018
IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima
Mu Mahanga

IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima

Ubwanditsi 27 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru