• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ubwanditsi 18 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Iyo usomye ibinyamakuru by’urwego rw’ubutasi muri Uganda, CMI iyoborwa n’uwitwa Generali Abel Kandiho, wibaza niba ababyandika badafite ikibazo mu mutwe, kuko urwango bafitiye u Rwanda rwonyine rutagombye gutuma bavuga amahomvu n’ibihimbano bigaragaza ubuswa bwinshi.

Urugero rwa hafi, ni ibyatangajwe n’ikitwa Chimpreports, aho kivuga ngo..” mu mwaka wa 2014 Ambasaderi Vincent Karega (ubu uhagarariye uRwanda muri RDC), yirukanywe shishi itabona muri Afrika y’Epfo, aho yari ahagarariye uRwanda” Iki ni ikinyoma giteye isoni, kuko Ambasaderi Karega yahagarariye uRwanda muri Afrika y’Epfo kuva muw’2011 kugeza muw’2019 ahamagariwe ubundi butumwa. Ntiyahawe amasaha 72 ngo abe yavuye Pretoria nk’uko aba bamamazabinyoma babivuga, ahubwo yari ashoje inshingano ze neza, ndetse mbere yo kugaruka mu Rwanda abategetsi ba Afrika y’Epfo baramushimira, banamusezeraho neza mu cyubahiro kimukwiriye.

Chimpreports ntiyagarukiye aho, kuko yahimbye inyandiko yitiriwe uwahoze akuriye urwego rw’ubutasi muri RDC, Nyakwigendera Delphin Kahimbi. Iyo baruwa itarigeze ibaho na rimwe, ngo yasabaga Perezida wa RDC, Felix Tshisekedi, kutemera kwakira Vincent Karega nka Ambasaderi uhagarariye u Rwanda I Kinshasa. Icya mbere, iyi baruwa iba mu bitekerezo bya Gen Kandiho na Museveni gusa, yitiriwe umuntu wapfuye, kuko nyine adahari ngo abanyomoze. Icya kabiri, ntaho byabaye ko ukuriye urwego rw’iperereza aha amabwiriza umukuru w’igihugu cyane cyane mu bijyanye na dipolomasi.Icya gatatu, ibaruwa y’ibanga(confidential letter), yandikiwe umukuru w’igihugu, niwe ishyikirizwa wenyine kandi ntitangwaho kopi 6, nk’uko iki gihimbano kibigaragaza!!

Ambasaderi Karega akigera muri RDC inyangabirama zavugije induru ngo niyirukanwe muri Kongo, kubera ko yari yagaragaje ibinyoma zirirwa zibeshyera uRwanda. Perezida Tshisekedi yabyimye amatwi,kuko azi neza aho ukuri kuri.

Abasesenguzi bahamya ko imyitwarire igayitse y’ ubutegetsi bwa Uganda yerekana ko buri mu batishimiye umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na RDC. Impamvu umuntu akaba yayishakira ku bintu nka 3, uretse ko ari na byinshi kurushaho. Icya mbere, Perezida Tshisekedi akimara gutorwa yatangiye ibikorwa byo guhashya imitwe yitwara gisirikari iri ku butaka bwa RDC, ndetse inatakaza abarwanyi batabarika. Muri iyo mitwe harimo ishyigikiwe ikanaterwa inkunga na Uganda, nka FDLR, RNC,FLN, CNRD, RUD-Urunana n’abandi bicanyi bahora bashaka kugirira nabi u Rwanda. Icya kabiri, kuba u Rwanda na RDC bibanye neza bitera ishyari ubutegetsi bwa Uganda, by’umwihariko Perezida Museveni ubwe, kuko yumvaga Perezida Tshisekedi yajya mu mateshwa ya “munyangire”, akayoboka politiki y’ inzangano nk’iya Kabila yasimbuye na Museveni ushaje wanduranya. Icya gatatu, Perezida Museveni yababajwe n’itsindwa ry’uwitwa Martin FAYULU,yifuzaga ko yaba Perezida wa RDC akajya amukoresha ibyo ashaka,birimo gusahura umutungo wa Kongo, no guhungabanya umutekano w’uRwanda.

Ni nayo mpamvu za Chimpreports zirirwa zamamaza ubuswa n’ubusazi bwa Fayulu, wasaranye ibitutsi no gusiga icyaha ku Rwanda , kugera n’aho yemeza ko rushaka “komeka” Minembwe ku butaka bwarwo. Ariko se utagera we ntanagereranya?! Niba Minembwe iri mu bilometero bisaga 500 uvuye ku mupaka w’uRwanda na RDC, umuntu atekereza ate ko u Rwanda rwifuza ”komeka” Minembwe ku butaka bwarwo?!!.Erega za Chimpreports zikajyaho zikogagiza ngo Martin Fayulu ni umunyapolitiki w’ igitangaza.

Uko byagenda kose, gusebanya kw’ibinyamakuru bya CMI ntibizakuraho ishema n’ijambo u Rwanda rufite ku rwego rw’isi. Aho guta umwanya byenyegegeza urwango, byagombye kumenya impamvu shebuja Museveni afatwa nk’ inkundamugayo itakigira ibitegerezo mu ruhando rw’amahanga.

2020-10-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Jul 2023
Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Mugisha Bonheur yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Al Masry yo mu Misiri avuye muri Stade Tunisien

Mugisha Bonheur yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Al Masry yo mu Misiri avuye muri Stade Tunisien

Ubwanditsi 06 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatsibo: Polisi yarashe  Umugabo agerageza kuyirwanya nyuma y’aho  yarigiye  kumuta muri yombi
Mu Rwanda

Gatsibo: Polisi yarashe Umugabo agerageza kuyirwanya nyuma y’aho yarigiye kumuta muri yombi

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.
Amakuru

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Ubwanditsi 01 Nov 2020
AS Kigali yasoje imikino ibanza itakaza, Okoko Godfroid utoza Rutsiro FC abona amanota 3 ye ya mbere nk’umutoza mukuru
Amakuru

AS Kigali yasoje imikino ibanza itakaza, Okoko Godfroid utoza Rutsiro FC abona amanota 3 ye ya mbere nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 22 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru