• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda ruhakana kongera ingabo zarwo ku mipaka na Uganda

U Rwanda ruhakana kongera ingabo zarwo ku mipaka na Uganda

Ubwanditsi 05 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Ibi Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Dr Richard Sezibera, yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa kabiri tariki ya 5 Werurwe 2019.

Yavuze ko u Rwanda rutigeze rwongera abasirikare ku mupaka w’u Rwanda na Uganda, nk’uko byatangajwe na bimwe mu binyamakuru byo muri icyo gihugu.

Ibinyamakuru byo muri Uganda kuri uyu wa Mbere byatangaje ko ingabo z’u Rwanda zigaragara cyane ku mipaka igabanya ibihugu byombi zitwaje intwaro zikomeye.

Byatangaje ko izo ngabo ziri mu misozi ya Kaniga, Byumba na Buganza no mu Cyanika. Byanavugaga ko Urwego rushinzwe Umutekano w’imbere muri Uganda (ISO) narwo rwemeje ayo makuru.

Minisitiri Sezibera yagarutse ku byatangajwe  mu binyamakuru byo muri Uganda ko u Rwanda rwongereye abasirikare ku ruhande rwa Uganda, avuga ko nta shingiro bifite.

Ati “Nta ngabo ziyongereye ku mupaka, Oya. Ntabwo cyaba ikibazo u Rwanda rufite uburenganzira bwo gushyira ingabo aho rushaka mu gihugu ariko nta ngabo ziyongereye ku mupaka.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yagarutse ku mupaka wa Gatuna uheruka gufungwa kubera imirimo yo kuwusana, avuga ko ibinyabiziga byaba bikomeje gukoresha indi mipaka ihari.

Ati “Abahazi Gatuna uko hateye ni ahantu hafunganye ntabwo ari umupaka uhuriweho nk’ahandi twubaka nka Rusumo n’ahandi. Ibikorwa byo kubaka nizera ko bizuzura mu kwezi kwa Gatanu.”

“Umubano na Uganda uzagenda neza. Harimo ibibazo ubu ariko tuzi neza ko uzagenda neza. Turi abaturanyi, iyo hari abaturanyi babamo ibibazo, ariko turimo turabiganira, bizagenda neza. Gusa hari ibibazo.”

Ibinyamakuru bitandukanye nka Chimpreports, Observer n’ibindi byo muri Uganda, bitangaza ko abasirikare b’u Rwanda benshi bagaragaga hafi y’umupaka ugabanya ibi bihugu, mu gihe hashize iminsi humvikana umwuka mubi hagati y’ibi bihugu byombi.

Ibyo binyamakuru bivuga ko Abasirikare baryamiye amajanga ngo baragaragara ku musozi wa Mukaniga, Byumba na  Buganza. Nk’uko byari bisanzwe ngo muri Cyanika, mu karere ka Kisoro, ingabo z’u Rwanda ngo zirimo gucunga umutekano hafi aho ariko ku ruhande rw’u Rwanda. Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu cya Uganda (ISO), rwemeza aya makuru y’uko abasirikare b’u Rwanda baryamiye amajanja ku mupaka warwo na Uganda. Uru rwego rukaba rutangaza ko rutabona impamvu yaba yateye uku gushyira abasirikare benshi ku mupaka.

Ikinyamakuru Obserever kandi gitangaza ko uku kugaragara kw’ingabo z’u Rwanda ku mupaka w’ibi bihugu byombi kwateye impagarara abaturage baturiye umupaka. Ingabo z’u Rwanda na Uganda ngo ziheruka gukozanyaho mu 2000, i Kisangani muri Congo, abasirikare basaga 1000 ngo bakaba barasize ubuzima muri iyo mirwano ariko igisirikare cya Uganda ngo kikaba aricyo cyahatikirije umubare munini w’abasirikare.

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Lt Col Munyengango, yari yahakanye aya makuru avuga ko ntacyo yayatangazaho. Ati “Ku ruhande rwa RDF ntacyo nabivugaho”.

2019-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

RUSHYASHYA 21 Feb 2026
Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Ubwanditsi 23 Sep 2019
Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Ubwanditsi 16 May 2022
Umunyarwanda Camille Nkurunziza wishwe arashwe mu bushyamirane na Polisi ya Afurika y’Epfo,  yashyinguwe

Umunyarwanda Camille Nkurunziza wishwe arashwe mu bushyamirane na Polisi ya Afurika y’Epfo, yashyinguwe

Ubwanditsi 08 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police fc yabonye itike kugera muri 1/16, izahura na Vita Club Mokanda
IMIKINO

Police fc yabonye itike kugera muri 1/16, izahura na Vita Club Mokanda

Ubwanditsi 29 Feb 2016
Amatora 2017: Diane Rwigara atanga amafaranga, Mwenedata we azi ko atazatsinda
ITOHOZA

Amatora 2017: Diane Rwigara atanga amafaranga, Mwenedata we azi ko atazatsinda

Ubwanditsi 23 May 2017
Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram
POLITIKI

Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Ubwanditsi 11 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru