• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Wari uzi ko Diamond Platinumz ubu wabaye ikirangirire yibye nyina umubyara ngo akunde atangire umuziki? Incamake y’ubuzima we

Wari uzi ko Diamond Platinumz ubu wabaye ikirangirire yibye nyina umubyara ngo akunde atangire umuziki? Incamake y’ubuzima we

Ubwanditsi 16 Jun 2017 SHOWBIZ

Diamond Platimuz ubu wabaye icyamamare kera si ko yahoze ndetse yaciye mu buzima bugoye cyane mbere y’uko agera ku cyo yashakaga harimo kwiba umubyeyi ndetse no kuba umuzunguzayi mu mihanda ya Tanzaniya.

Diamond yanyuze mu buzima bugoye

Diamond wakuriye mu mihana ubu araririmba ishimwe

Diamond Platinumz yibye nyina kugirango akore indirimbo ye ya mbere

Nasib Abdul Juma Uzwi ku izina rya Diamond Platnumz (izina turi bukoreshe cyane) akaba yaravukiye i dar es salaam muri tanzania mu gace kitwa tandale taliki 2 ukwakira 1989 kuri ubu akaba afite imyaka 28 y’amavuko.

Mu buzima busanzwe Diamond akaba avuka mu muryango w’abana batatu aribo Romeo abdul Jones, Esma Platnumz nawe wa gatatu akaba asigaranye umubyeyi we umwe ariwe nyina umubyara witwa Sanura Kassim.

Diamond akaba yarakuriye mu muryango utifashije aho we n’abavandimwe be na mama wabo biberaga kwa sekuru kubera ibibazo nyina yari afitanye na se bityo bafata iya mbere baramuhunga.

Diamond akunda gusabana n’incuti ze cyane aho akunda gukora ibirori iwe mu rugo agatumira incuti ze bagasabana ndetse avuga ko ari cyo kintu kimushimisha cyane hanze y’umuziki.

Nubwo hari benshi bakeka ko uyu muhanzi yaba ari umwiyemezi bitewe n’uko bamubona ibi bihabanye cyane n’uko uyu musore ateye kuko mu buzima busanzwe acisha macye.

-6989.jpg

Nk’ibindi byamamare byinshi Diamond azwiho kuba yarakundanye n’abakobwa benshi barimo Penny , miss Wema sepetu, Zari hassan barikumwe ubu n’abandi.

Duhereye kuri Wema Sepetu wabaye nyampinga wa tanzania muri 2006 akaba yaragiranye ibihe byiza by’urukundo na Diamond dore ko bakundanye igihe kinini ndetse rimwe barashwanaga ubundi bakongera bagasubirana.

Nyuma Bombi baje gutandukana ku mpamvu zitashyizwe ahagaragara gusa bemeza ko babyumvikanyeho kugirango buri wese abashe gukora neza akazi ke haba kuri Wema Sepetu ndetse no ku ruhande rwa Diamond, gusa nyuma baje kongera gukozanyaho Wema Sepetu atangariza itangazamakuru ko Diamond atabyara ibintu byababaje uyu muhanzi cyane nawe ahita ashyira hanze uyu mukobwa ko yamuteye inda akayikuramo incuro nyinshi bituma kuri ubu basigaye barebana nk’injangwe n’imbeba.

Tugiye kuri Penny we bakaba barakundanye igihe gito ubwo Diamond yari yashwanye na Wema Sepetu ku nshuro ya mbere n’ubwo batarambanye cyane bitewe n’uko baje gusanga bafitanye isano Penny akaba yarakundwaga na nyina wa diamond cyane ndetse akaba yarifuzaga ko ariwe wazamubera umukazana.

Nyuma yo kumenya ko bafite icyo bapfana baje guhagarika iby’urukundo rwabo ndetse basaba imbabazi umuryango nyuma kubera ko banaryamanye batazi ko bafite icyo bapfana bahita bahagarika n’urukundo rwabo.

Mu mpera za 2014 ni bwo Diamond yatangiye gukundana na Zari Hassan nawe wari umaze iminsi micye atandukanye n’umugabo we Ivan Ssemwanga ahita amusimbuza Diamond, kubera uburyo bose ari ibyamamare urukundo rwa Diamond na Zari bombi batangira kuvugwa mu itangazamakuru bavugwa ku bintu bitandukanye gusa bakomeza kubyirengagiza barushaho gukundana ndetse banabyarana umwana wabo w’umukobwa bise Tiffah Dangote waje asanga abandi bana 3 Zari yabyaranye na Ivan Semwanga. Nyuma baje kubyara undi mwana w’umuhungu ubu bakaba bafitanye abana 2.

Tugiye mu buzima bw’umuziki Diamond akaba yarakuze akunda umuziki no kubyina cyane gusa bitewe nuko yavukiye mu muryango utishoboye byaramugoye nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye muri 2006 ni bwo yatangiye gukora ibintu bitandukanye birimbo ubucuruzi bw’imyenda izwi nka caguwa , gufotora n’ibindi gusa ntibyamuhira kugeza ubwo yibye umukufi wa zahabu wa mama we kugirango abone amafaranga yo gukora indirimbo ye ya mbere.

N’ubwo indirimbo ye ya mbere itigeze imenyekana muri 2009 ni bwo Diamond yahuye na Msafiri Peter wemeye kumutera inkunga mu bikorwa bye bya muzika ahita akora indirimbo ye yatumye atangira kumenyekana yitwa ’Nenda Kamwambie’ ivuga ku nkuru mpamo yamubayeho aho umukobwa yamubenze kubera ubukene.

Nyuma yo kubona umuterankunga Diamond yahise ashyira hanze album yise Kamwambie muri 2010 atangira gukundwa cyane muri tanzania ndetse bamwe mu bahanzi bari bakomeye icyo gihe batangira kumutinya barimo alikiba, Mr blue n’abandi.

-6988.jpg

Nyuma ya 2010 Diamond yakoze indi album yise lala salama yagiye hanze muri 2012 bituma ahita yigaranzura alikiba kubera uburyo indirimbo ziri kuri iyi album zakunzwe cyane aha twavuga nka lala salama, nataka kulewa , nataka kesho n’izindi.

Muri uyu mwaka kandi Diamond yabashije kwegukana ibihembo byinshi muri Kilimanjaro awards birimo best male artist, best song of year n’ibindi.

Nyuma Mu mwaka wa 2014 ni bwo Diamond yakoranye indirimbo Number one remix na Davido yamubereye urufunguzo rwo kwigaragaza ku rwego mpuza mahanga ndetse bimuha amahirwe yo gutumirwa bwa mbere mu bihembo bya Mtv Awards.

Nyuma ya Number one Remix , Diamond akaba yarakoze izindi ndirimbo nka mdogo mdgo, naseema nawe, ntampata wapi n’izindi byatumye yigaragaza ku ruhando mpuza mahanga ndetse atsindira ibihembo byinshi nka Mtv Wordwide act, MTv african Act n’ibindi byinshi.

-6987.jpg

2017-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi

Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Umwamikazi wa HipHop Oda Paccy Nyuma y’ Igihe Gito Ntagashya Yereka Abakunzi Be Yashyize Hanze Video “KANO” Asaba Umusore Kumukora Ahadasanzwe “REBA HANO”

Umwamikazi wa HipHop Oda Paccy Nyuma y’ Igihe Gito Ntagashya Yereka Abakunzi Be Yashyize Hanze Video “KANO” Asaba Umusore Kumukora Ahadasanzwe “REBA HANO”

Ubwanditsi 15 Feb 2018
HAMISA MABETTO urwaye bikomeye ngo yaba yafashwe n’Amadayimoni

HAMISA MABETTO urwaye bikomeye ngo yaba yafashwe n’Amadayimoni

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017

Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017

Ubwanditsi 27 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki 22 Gicurasi 1994: Umunsi RPA yafashe Ikibuga cy’Indege cya Kigali n’ikigo cya gisirikare
Mu Rwanda

Tariki 22 Gicurasi 1994: Umunsi RPA yafashe Ikibuga cy’Indege cya Kigali n’ikigo cya gisirikare

Ubwanditsi 22 May 2018
Gen Maj Pacifique Ntawunguka [ Omega ] wavuze ko azagaruka mu Rwanda nta Mututsi ukirubamo yagizwe umuyobozi wa FDLR
INKURU NYAMUKURU

Gen Maj Pacifique Ntawunguka [ Omega ] wavuze ko azagaruka mu Rwanda nta Mututsi ukirubamo yagizwe umuyobozi wa FDLR

Ubwanditsi 21 Sep 2019
Umuyobozi muri Polisi ya Uganda yagonzwe ahita apfa
Mu Mahanga

Umuyobozi muri Polisi ya Uganda yagonzwe ahita apfa

Ubwanditsi 17 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru