• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Dosiye ya Nyiragasazi yamubyariye amazi nk’ibisusa

Dosiye ya Nyiragasazi yamubyariye amazi nk’ibisusa

Ubwanditsi 15 Apr 2016 Mu Mahanga

Polisi yashyikirije ubushinjacyaha dosiye ya Uwamwezi Josephine, uzwi cyane ku izina rya Nyiragasazi, watawe muri yombi ubwo mu rugo rwe hafatirwaga imbunda esheshatu.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin, amaze kubwira Ikinyamakuru Izuba Rirashe dukesha iyi nkuru ko bakiriye iyi dosiye kuri uyui wa Gatatu tariki 13 Mata 2016.

Izi mbunda eshanu nini n’akandi gato zafashwe zibitse rwihishwa mu rugo Nyiragasazi yabagamo, kuwa 4 Mata 2015.

Nkusi yabwiye Iki kinyamakuru ati “Polisi yamaze gushyikiriza dosiye ubushinjacyaha, ku Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga; icyo ubushinjacyaha bugiye gukora ni ukumubaza ku cyaha aregwa, bukamumenyesha ibyo yemerewe n’amategeko, twayakiriye uyu munsi.”

Yakomeje agira ati “Icyaha aregwa ni icy’ubufatanyacyaha mu gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.”

Iki cyaha, mu gitabo cy’amategeko ahana mu Rwanda, kiri mu mutwe wa gatanu w’ibyaha bihungabanya umudendezo w’igihugu.

Gihanwa n’ingingo ya 671 ivuga ku gutunga intwaro, kuyicuruza, kuyikora, guhindura ibimenyetso by’intwaro, gukwirakwiza no kwinjiza intwaro.

Iyi ngingo igira iti “Umuntu wese utunga intwaro, uyitiza, uyitanga, uhindura ibimenyetso byayo mu buryo ubwo ari bwo bwose, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku mwaka umwe (1) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugeza kuri miliyoni eshatu (3.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.”

Ubwo izi ntwaro zafatwaga, Polisi y’u Rwanda yavuze ko izi mbunda zari eshanu n’akandi gato, ariko ko ari izikoreshwa mu guhiga inyamanswa.

Polisi yavuze ko Nyiragasazi yisobanuye avuga ko izi ntwaro zari iz’umugabo we w’Umutaliyani batandukanye.

-2670.jpg

Nyiragasazi bamutambikanye

Nubwo ari izo guhigishwa bwose, Polisi yavuze ko uwo zafatanywe agomba gukurikiranwa, kuko yari azitunze “nta kintu kigaragaza ko yari yemerewe kuzitunga.”

Amakuru avuga ko ubwo abandi babarurirwaga ku bikorwa byabo ahanyuzwa umuhanda uhuza igice cya Kacyiru no kwa Polisi Denis, bemeye ingurane ariko Nyiragasazi yigira igufa arayanga ndetse yanga no kwimuka, yirengagije ko umuhanda ari ibikorwa rusange; mu gihe we yashakaga amafaranga menshi y’ikirenga nk’ugurisha umucuruzi.

Leta yakomeje ibikorwa byayo, bigera aho abubakaga umuhanda basenya inzu y’inyuma yo kwa Nyiragasazi yari ibangamiye ibikorwa byo kwagura umuhanda basangamo izo mbunda atari yarigeze atangaho amakuru ko zibitse iwe.

Uko kwanga gutanga amakuru abikinisha nk’ibintu byoroshye bitumye dosiye ye imubyarira amazi nk’ibisusa.

Umwanditsi wacu

2016-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda

Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016

Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016

Ubwanditsi 11 Dec 2016
Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

RUSHYASHYA 20 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU
Mu Mahanga

Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU

Ubwanditsi 18 Jul 2016
U Bufaransa: Urukiko rwemeje kutazakurikirana Padiri Munyeshyaka ku ruhare muri Jenoside
Mu Mahanga

U Bufaransa: Urukiko rwemeje kutazakurikirana Padiri Munyeshyaka ku ruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 22 Jun 2018
FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo
Amakuru

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

Ubwanditsi 16 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru