• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Dosiye ya Nyiragasazi yamubyariye amazi nk’ibisusa

Dosiye ya Nyiragasazi yamubyariye amazi nk’ibisusa

Ubwanditsi 15 Apr 2016 Mu Mahanga

Polisi yashyikirije ubushinjacyaha dosiye ya Uwamwezi Josephine, uzwi cyane ku izina rya Nyiragasazi, watawe muri yombi ubwo mu rugo rwe hafatirwaga imbunda esheshatu.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin, amaze kubwira Ikinyamakuru Izuba Rirashe dukesha iyi nkuru ko bakiriye iyi dosiye kuri uyui wa Gatatu tariki 13 Mata 2016.

Izi mbunda eshanu nini n’akandi gato zafashwe zibitse rwihishwa mu rugo Nyiragasazi yabagamo, kuwa 4 Mata 2015.

Nkusi yabwiye Iki kinyamakuru ati “Polisi yamaze gushyikiriza dosiye ubushinjacyaha, ku Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga; icyo ubushinjacyaha bugiye gukora ni ukumubaza ku cyaha aregwa, bukamumenyesha ibyo yemerewe n’amategeko, twayakiriye uyu munsi.”

Yakomeje agira ati “Icyaha aregwa ni icy’ubufatanyacyaha mu gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.”

Iki cyaha, mu gitabo cy’amategeko ahana mu Rwanda, kiri mu mutwe wa gatanu w’ibyaha bihungabanya umudendezo w’igihugu.

Gihanwa n’ingingo ya 671 ivuga ku gutunga intwaro, kuyicuruza, kuyikora, guhindura ibimenyetso by’intwaro, gukwirakwiza no kwinjiza intwaro.

Iyi ngingo igira iti “Umuntu wese utunga intwaro, uyitiza, uyitanga, uhindura ibimenyetso byayo mu buryo ubwo ari bwo bwose, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku mwaka umwe (1) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugeza kuri miliyoni eshatu (3.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.”

Ubwo izi ntwaro zafatwaga, Polisi y’u Rwanda yavuze ko izi mbunda zari eshanu n’akandi gato, ariko ko ari izikoreshwa mu guhiga inyamanswa.

Polisi yavuze ko Nyiragasazi yisobanuye avuga ko izi ntwaro zari iz’umugabo we w’Umutaliyani batandukanye.

-2670.jpg

Nyiragasazi bamutambikanye

Nubwo ari izo guhigishwa bwose, Polisi yavuze ko uwo zafatanywe agomba gukurikiranwa, kuko yari azitunze “nta kintu kigaragaza ko yari yemerewe kuzitunga.”

Amakuru avuga ko ubwo abandi babarurirwaga ku bikorwa byabo ahanyuzwa umuhanda uhuza igice cya Kacyiru no kwa Polisi Denis, bemeye ingurane ariko Nyiragasazi yigira igufa arayanga ndetse yanga no kwimuka, yirengagije ko umuhanda ari ibikorwa rusange; mu gihe we yashakaga amafaranga menshi y’ikirenga nk’ugurisha umucuruzi.

Leta yakomeje ibikorwa byayo, bigera aho abubakaga umuhanda basenya inzu y’inyuma yo kwa Nyiragasazi yari ibangamiye ibikorwa byo kwagura umuhanda basangamo izo mbunda atari yarigeze atangaho amakuru ko zibitse iwe.

Uko kwanga gutanga amakuru abikinisha nk’ibintu byoroshye bitumye dosiye ye imubyarira amazi nk’ibisusa.

Umwanditsi wacu

2016-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2021
Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Palestine

Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Palestine

Ubwanditsi 18 Jul 2016
Uko Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro  Senateri Jean de Dieu Mucyo wagenze

Uko Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Jean de Dieu Mucyo wagenze

Ubwanditsi 07 Oct 2016
Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni

Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni

Ubwanditsi 13 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.
Amakuru

Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.

Ubwanditsi 16 Oct 2024
Polisi irwanya ruswa nk’icyaha gihungabanya uburenganzira bwa muntu
Mu Mahanga

Polisi irwanya ruswa nk’icyaha gihungabanya uburenganzira bwa muntu

Ubwanditsi 26 Oct 2016
Urubanza rwa Wamala ukekwaho kwica Mowzey Radio rwasubitswe
SHOWBIZ

Urubanza rwa Wamala ukekwaho kwica Mowzey Radio rwasubitswe

Ubwanditsi 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru