• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Ubwanditsi 21 Oct 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Rutahizamu wigeze gukinira amakipe atandukanye hano mu Rwanda harimo Rayon Sports na APR FC ndetse amenyekana cyane mu ikipe y’igihugu Amavubi ubwo yayifashaga kwerekeza mu mikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika cya 2004, yahuye n’ikipe ya AS Kigali kuri ubu irimo kubarizwa muri Congo aho yagiye gukina umukino wo kwishyura wa CAF Confederations Cup na DCMP.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki ya 20 Ukwakira 2021 nibwo hagiye hanze amafoto atandukanye ya rutahizamu w’Amavubi Jimmy Gatete ari kumwe n’abakinnyi ndetse n’abayobozi b’ikipe ya AS Kigali, aya mafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga z’abagize iyi kipe yagaragazaga ibyishimo ku mpande zombi.

Ni amafoto agaragaraho Jimmy Gatete ari kumwe na Kapiteni w’Amavubi akaba n’umukinnyi wa AS Kigali Haruna Niyonzima, umutoza wayo mukuru Eric Nshimiyimana ndetse n’umutoza umwungirije ariwe Jimmy Mulisa by’umwihariko abo batoza bombi bakaba barakinanye na Jimmy Gatete haba mu ikipe ya APR FC ndetse no mu Mavubi.

Muyandi mafoto kandi uyu mugabo ubusanzwe ubarizwa muri Amerika, yari kumwe na Bayingana Innocent usanzwe ashinzwe imibereho muri AS Kigali, umutoza Djabir Mutambirwa ndetse n’umuganga wayo Jean De Dieu utibagiwe n’uwahoze ari umunyamabanga wayo Kuradusenge Daniel na Higiro Thomas utoza abanyezamu.

Amakuru RUSHYASHYA yamenye nuko mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 21 Ukwakira 2021, Jimmy Gatete yaganiriye ndetse anasangira ibyo kurya bya mu gitondo n’abayobozi ndetse n’abakinnyi ba AS Kigali aho bari muri Leon Hotel iherereye i Luambo Makiadi mujyi rwagati i Kinshasa.

Aya makuru twamenye kandi ngo ni uko uyu rutahizamu Jimmy Gatete wamenyekanye cyane nk’umwe mubatsinze ibitego byagiye bifasha Amavubi mu marushanwa atandukanye ngo ari mu gihugu cya Congo kuri gahunda ze bwite.

AS Kigali iri muri Congo aho yagiye gukina umukino wo kwishyura na DCMP mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, uyu mukino ukaba utegerejwe gukinwa kuri iki cyumweru tariki ya 24 Ukwakira 2021.

2021-10-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Ubwanditsi 05 Oct 2024
Kayumba Rugema wakunze kumvikana atuka abayobozi b’u Rwanda, asanga icyitwa “opozisiyo” ari ubuhungiro bw’abicanyi n’abandi banyabyaha.

Kayumba Rugema wakunze kumvikana atuka abayobozi b’u Rwanda, asanga icyitwa “opozisiyo” ari ubuhungiro bw’abicanyi n’abandi banyabyaha.

Ubwanditsi 14 Nov 2020
Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball  yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2021
Karongi: Polisi iragira inama abaturage kwirinda kwegera ibyuma bakekako byabaturikana

Karongi: Polisi iragira inama abaturage kwirinda kwegera ibyuma bakekako byabaturikana

Ubwanditsi 16 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mutsinzi Ange Jimmy yasinyiye FK Jerv yo muri Norvège, Sibomana Patrick we yerekeje muri Mozambique
Amakuru

Mutsinzi Ange Jimmy yasinyiye FK Jerv yo muri Norvège, Sibomana Patrick we yerekeje muri Mozambique

Ubwanditsi 07 Feb 2023
Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%
Mu Rwanda

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Ngoma: Polisi yaburijemo ubujura bwa toni 7.5 z’ibishyimbo
Mu Mahanga

Ngoma: Polisi yaburijemo ubujura bwa toni 7.5 z’ibishyimbo

Ubwanditsi 25 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru