• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nicolas Sarkozy yarezwe muri ICC kubera uruhare mu rupfu rwa Col Gaddafi

Nicolas Sarkozy yarezwe muri ICC kubera uruhare mu rupfu rwa Col Gaddafi

Ubwanditsi 09 Oct 2017 ITOHOZA

Impirimbanyi z’abantu ku giti n’imiryango itegamiye kuri leta bose hamwe bagera kuri cumi na batanu barimo “Y en a marre” na “le Balai citoyen” bahuriye i Bamako muri Mali barema ihuriro nyafurika riharanira ukwigenga k’uyu mugabane.

Iryo huriro nyafurika ry’imiryango itari iya leta (Fispa) rigizwe n’urubyiruko rw’impirimbanyi ruvuga ko rufite intego yo kurengera Afurika, demokarasi, agaciro n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, nk’uko RFI yabitangaje.

Elie Kamano ukomoka muri Guinée, yasobanuye ko kuri uyu wa Gatandatu aribwo bagejeje ikirego cyabo mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, barega Sarkozy kubera impamvu zinyuranye.

Yagize ati “Twatanze iki kirego turega Nicolas Sarkozy ku rupfu rwa Gaddhafi kubera ko rwagize ingaruka zitangaje kandi zikomeye ku mugabane wa Afurika no ku baturage ba Afurika. Niyo mpamvu twangangije uru rugamba.”

Kuba Gaddafi yarishwe mu 2011 ikirego kikaba gitanzwe mu 2017, iyi miryango ivuga ko basanze ari cyo gihe nyacyo.

Umuraperi wo muri Sénégal, Simon Kouka uba no mu itsinda « Y en a marre » yagize ati “Abantu benshi byarabababaje ariko nta kintu babikozeho, ariko iki gikorwa, ndizera ko, kije mu gihe cyo kuvuga ngo igihe kirageze. Ibyo abayobozi bacu bananiwe gukora nitwe tugomba kubisohoza. Nanone ku bw’agaciro ka Afurika, kubera ko ari perezida w’Umunyafurika wishwe.”

Umuhanzi ukomeye w’umunya Cote-d’ivoire, Tiken Jah Fakoly, afatwa nk’uri ku ruhembe rw’ibi bikorwa by’urubyiruko, yavuze ko ibikorwa Sarkozy yagizemo uruhare muri Libya “byagize ingaruka ku mugabane wose.”

Urubuga rwa Mediapart rusanzwe rukora inkuru z’ubucukumbuzi, ruheruka gutangaza ko havumbuwe igitabo cy’uwahoze ari Minisitiri muri Libya ku butegetsi bwa Col Muammar Gaddafi, cyerekana ko Gaddafi yahaye Nicolas Sarkozy akayabo ka miliyoni 6.5 z’amayero zo gukoresha mu bikorwa byo kwiyamamariza kuyobora u Bufaransa mu 2007.

Hari n’inyandiko yagaragazaga amasezerano ya Leta ya Libya yo gutera inkunga ibikorwa byo kwiyamamaza bya Nicolas Sarkozy, ingana na miliyoni 50 z’amayero, we akabihakana kuko yari yarerekanye ko ibikorwa bye bizatwara miliyoni 20 z’amayero.

Icyo gitabo ngo byaje kugaragara ko ari icya Shukri Ghanem, wahoze ari Minisitiri ushinzwe ibikomoka kuri Peteroli muri Libya kuva mu mwaka wa 2006 kugeza mu 2011,ubwo Gaddafi yahirikwaga ku butegetsi n’abamurwanyaga bashyigikiwe n’ibihugu by’ibihangange birimo n’u Bufaransa bwari buyobowe icyo gihe na Nicolas Sarkozy, yateye inkunga mu kwiyamamaza.

Mu 2011 ubwo yahirikwaga, Sarkozy yafatanyije na David Cameron wari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza bateye inkunga abarwanya Gaddafi bari muri Benghazi birangira anishwe urupfu rw’agashinyaguro.

Gusa Aba bayobozi bavugaga ko ari umwanzuro wafashwe na Loni n’ishyirahamwe ry’ibihugu by’Abarabu, nubwo byarangiye uwo mwanzuro unenzwe bikomeye.

-8278.jpg

Sarkozy ashinjwa ko yashyigikiye abishe Gaddafi kandi yaramuteye inkunga mu kwiyamamaza

2017-10-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 04 Aug 2019
USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

RUSHYASHYA 15 Jan 2026
Muri RNC Ibintu biri kugenda bisubira irudubi, abari inkoramutima za Kayumba beguye

Muri RNC Ibintu biri kugenda bisubira irudubi, abari inkoramutima za Kayumba beguye

Ubwanditsi 25 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin
INKURU NYAMUKURU

Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Abantu 2 bakekwaho  gutanga Isoko rya Ferwafa bagejejwe   imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga
IMIKINO

Abantu 2 bakekwaho gutanga Isoko rya Ferwafa bagejejwe imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga

Ubwanditsi 24 Feb 2016
Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane
Mu Mahanga

Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Ubwanditsi 01 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru