• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Mu Mazi Abira Kubera Gen Kayihura
Umukuru wa ISO, Col Kaka Bagyenda na Gen Kale Kayihura

Uganda: Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Mu Mazi Abira Kubera Gen Kayihura

Ubwanditsi 04 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yategetse ko hakorwa irindi perereza ku kuba haba harimo guhimbwa ibimenyetso byo gucisha igihanga uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen Kale Kayihura.

Ibi bikaba bije nyuma y’iperereza rihuriweho ryagaragaje ko amagambo yavugiwe kuri telephone Urwego rushinzwe Umutekano Imbere mu Gihugu (ISO) rushaka kwifashisha kugirango Gen Kayihura ashinjwe uruhare mu rupfu rwa AIGP Andrew Kaweesi ari ibihimbano.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru mu minsi ishize kikaba cyaragaragaje ukuntu amajwi atandukanye ya Gen Kayihura n’uwahoze ari umuyobozi w’umutwe wa Flying Squad, Herbert Muhangi, mu bihe bitandukanye, yaba yarakorewe editing. Ayo majwi akaba ari nayo yahawe perezida Museveni ategeka guta muri yombi Kayihura.

Biravugwa ko ijambo bivugwa ko Gen Kayihura yavuze nyuma yo kubwirwa ko Kaweesi agira ati: “Thank You”, ngo ryaba ryarakuwe mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru yakoreye aho Kaweesi yari amaze kwicirwa.

Kuri ubu, ngo perezida Museveni yaba ashaka kumenya mu buryo bwumvikana iki kibazo cyo gushaka gushyirishamo Kayihura n’umuntu waba ushaka kumushyira hasi. Umwe mu bayobozi baganiriye n’iki kinyamakuru akaba yavuze ko perezida ashaka ibisubizo bitarenze iki cyumweru.

Umwe mu bunganizi ba Gen Kale Kayihura witwa Jet Tumwebaze yari aherutse kubwira itangazamakuru ko kuva ibi bibazo byatangira urwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO)  rwakunze guhimba ibimenyetso kandi bihangayikishije Kayihura.

Icyo gihe uyu munyamategeko yagize ati: “Twasabye inzego z’ubutasi kujugunya ibi bimenyetso ariko ibindi biri gucurwa buri munsi. Gen Kale Kayihura yizeye igisirikare mu gukemura iki kibazo, yizeye ko abantu bakoranaga nawe ari abahanga kandi bashobora kubikemura.”

Uyu munyamategeko yakomeje avuga ko ISO idahimba ibimenyetso bishyirishamo Kayihura ahubwo hari n’ibinyamakuru yishyura ngo ikwirakwize ibyo bimenyetso.

Na mbere y’uko Gen Kayihura atabwa muri yombi, inshuti ze zo mu nzego zo hejuru zamubwiye ko zirimo kubazwa n’inzego z’umutekano ku mubano wabo. Ibi ngo bikaba bigaragaza ukuntu Kayihura yagenzweho kuva kera cyane cyane kuva yakongera kugirirwa icyizere cyo gukomeza kuyobora igipolisi iminsi itatu mbere y’uko Kaweesi yicwa mu 2017.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko abayobozi babwiye Chimpreports ko kubera kubura ibimenyetso byizewe bishinja Kayihura kuri ubu umwuka uteri mwiza muri ISO, aho abakozi bayo nabo bakekwa ko baba bagiye gutabwa muri yombi bagafasha mu iperereza rishya.

 

2018-08-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ubwanditsi 04 Oct 2023
Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Ubwanditsi 25 Jan 2024
Ingabire Victoire abeshya ko yavuye muri FDU-Inkingi kandi ayiyoboye; uyu munsi aragirana ikiganiro n’abagore bo muri iryo shyaka

Ingabire Victoire abeshya ko yavuye muri FDU-Inkingi kandi ayiyoboye; uyu munsi aragirana ikiganiro n’abagore bo muri iryo shyaka

Ubwanditsi 08 Mar 2021
Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Ubwanditsi 21 Aug 2019

2 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    August 6, 20181:05 pm -

    REKA IKINYOMA, AMATIKU NO KWICINYA ICARA UKORERA ICITSO CANYU PROPAGANDE YUBUJIJI, IBYO

    MUVUGA TWESE TUZIKO MURI KUVUGIRA ABABATUMYE SIBYO, MUJYE MUTUBWIRA UKURI KUKO TUZI

    UBWENGE BWO GUSHISHOZA!!!NIMBA HARI GUKORWA IPEREREZA NTIBIVUGAKO HARI ABARI MUMAZI

    ABIRA!!! MUSEVENI ARABAZI KUKO MWAKORANYE IBIBI BYINSHI MU KARERE MUMENA HAMWE

    AMARASO MENSHI RERO NTACYO MWAMUBESHYA NTANAHO MWAMUCA MUREKE KWICISHA IBYO

    BYITSO BYANYU MWOHEREZA MUBINDI BIHUGU KUMENA AMARASO HARIMWO ICYITSO KAYIHURA

    CYABABUJIJE AMAHORO NKUKO MUDASIBA KUBYEREKANA MUBYO MWANDIKA!!

    Subiza
  2. nkunda
    August 7, 20184:07 pm -

    Maombi cyangwa mavumbi Impamvu uhakana nuko usoma ikinyamakuru byo murwand agusa kubera kutiga. Iyi nkuru yasohowe bwambere nikinyamakuru cya Uganda kandi kuko utazi icyongereza ntiwagisoma. kuba rero bagiye kureba abahimbira abantu ibinyoma urumva udagazwe muziruka muruhe!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Visit Rwanda yagaragajwe kuri Uwanja wa Mkapa Stadium ubwo hafungurwaga African Football League
Amakuru

Visit Rwanda yagaragajwe kuri Uwanja wa Mkapa Stadium ubwo hafungurwaga African Football League

Ubwanditsi 21 Oct 2023
Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo  batawe muri yombi
ITOHOZA

Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo batawe muri yombi

Ubwanditsi 10 May 2017
Hehe no guhatanira Miss Rwanda – Igisabo
MULTIMEDIA

Hehe no guhatanira Miss Rwanda – Igisabo

Ubwanditsi 28 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru