• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Ubwanditsi 13 Jun 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Madame Mukaruliza Monique yavuze ko kurengera umwana bidakwiye guharirwa Polisi gusa, ko ahubwo ari inshingano za buri wese baba ababyeyi, abayobozi, ndetse n’abana ubwabo.

Ibi yabivuze ku itariki ya 12 Kamena, ubwo yatangizaga ku mugaragaro icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi, umuhango wabereye kuri Kigali Metropolitan Police Headquarter mu murenge wa Remera akarere ka Gasabo.

Uku gutangiza ku mugaragaro iki cyumweru bibaye nyuma y’aho ku itariki ya 11Kamena hatangijwe gahunda zo kwizihiza isabukuru y’imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe, ibirori byabereye mu ntara zose z’igihugu.

Uyu muhango kandi watangijwe no gusiga amarangi mu muhanda ahagenewe kwambukira abanyamaguru (Zebra Crossing), kikaba ari ikimenyetso cyo gukangurira abantu kubahiriza amategeko y’umuhanda, kikaba kandi ari kimwe mu bikorwa bizaranga iki cyumweru.

Wanahuriranye kandi no gutangiza ku mugaragaro umurongo wa telephone itishyurwa wo gutabariza umwana uhohotewe ariwo 116 ukorera muri Polisi y’u Rwanda, uyu murongo ukaba ufite ubushobozi bwo kwitaba telephone 30 icyarimwe.

Mu ijambo yavugiye muri uwo muhango, umuyobozi w’umujyi wa Kigali wari n’umushyitsi mukuru yagize ati:”Abana ni imbaraga zikomeye z’iterambere ry’igihugu, iyo mu miryango harimo amakimbirane, abana nibo babirenganiramo bikabagiraho ingaruka.”

Yanagize ati:”uyu munsi turizihiza ibimaze kugerwaho na Polisi y’u Rwanda mu myaka 16 imaze ishinzwe bituma abanyarwanda n’ibyabo bagira umutekano, ariko buri wese akwiye kumenya ko gukumira no kurwanya ikitwa icyaha cyose harimo no guhohotera umwana ari inshingano ze.”
Yanavuze ko abana bagomba kurindwa ihohoterwa iryo ariryo ryose kandi bagahabwa uburenganzira bwabo burimo kwiga no kuvuzwa.

Yavuze kandi ko Leta y’u Rwanda ishishikajwe no kwita kuri ejo heza h’umwana, akaba ariyo mpamvu yashyizeho ingamba zirengera umwana harimo gushyiraho amashuri y’uburezi bw’ibanze (9YBE), gushyiraho komisiyo y’umwana, inkongoro y’umwana, n’izindi.

Yasoje agira ati:”Mu myaka 16 ishize, Polisi y’u Rwanda yakoze ibishoboka byose ngo umwana yitabweho, harimo gushyiraho ikigo Isange One Stop Centre, kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu, gusubiza abana mu mashuri, natwe turasabwa guhuriza hamwe imbaraga, tukita ku bana, tukabarinda kujya mu mihanda, bagasubizwa mu mashuri, kandi tugashyiraho n’ingamba z’uko abayasubizwamo batongera kuyavamo.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana, yakanguriye abari aho gukoresha umurongo 116 washyiriweho gutabariza abana bahohoterwa, n’uwa 3512 washyiriweho gutabariza ukorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Kugeza ubu Polisi y’u Rwanda yashyizeho imirongo 9 itishyurwa ariyo 112 ikoreshwa n’ushaka ubutabazi bw’ibanze, ibirebana n’inkongi z’imiriro ni 111, impanuka zo mu muhanda ni 113, ishami rya Polisi rikorera mu mazi ni 110, Isange One Stop Centre ni 3029, kurwanya ruswa ni 997 naho uhohotewe n’umupolisi ahamagara 3511.

Yavuze ko ikoreshwa neza kandi ku gihe ry’iyi mirongo bituma habaho guhanahana amakuru vuba, bigatuma ibyaha bikumirwa bitaraba.

Yakomeje avuga ati:”Ubu bukangurambaga bwo guharanira uburenganzira bw’umwana buri muri gahunda za Leta kandi buri no mu bukangurambaga bwa Nyakubahwa Madame wa Perezida wa Repubulika bwo “gufata umwana wese nk’uwawe.”

Yanavuze ati:”Abana bahura n’ibibazo bitandukanye birimo gushorwa mu biyobyabwenge, gukoreshwa imirimo ivunanye, gukurwa mu mashuri, kuvanwa mu miryango no gutwara inda zitateganyijwe, ibi byose bigateza umutekano mucye.”

Yasoje agira ati:”Dufite abafatanyabikorwa benshi barimo urubyiruko rw’abakorera bushake mu gukumira no kurwanya ibyaha, komite z’abaturage zo kwicungira umutekano (community policing), amatsinda yo gukumira no kurwanya ibyaha mu mashuri, aba bose ni abadufasha ngo tugere ku iterambere rirambye kandi ryihuse. Nkaba nsaba abanyarwanda kubahiriza amategeko tugakumira, tukanarwanya ibyaha, turushaho kurengera uburenganzira bw’umwana.”

Umuyobozi wa World Vision mu Rwanda George Gitau, yashimiye ubufatanye umuryango ayoboye ufitanye na Polisi y’u Rwanda n’igihugu muri rusange ngo uburenganzira bw’umwana bwubahirizwe.

Iki cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatewe inkunga na World Vision, umuyobozi w’uyu muryango akaba yijeje ko uzakomeza gukorana n’abana, imiryango yabo n’umuryango nyarwanda muri rusange ngo harwanywe ubukene habeho n’ubutabera mu Rwanda. Uyu muryango kandi niwo wateye inkunga mu ishyirwaho ry’uyu murongo 116 wo gutabariza umwana uhohotewe.

Iki cyumweru kizibanda ku bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kurwanya icuruzwa ry’abantu, kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, kwirinda impanuka no kubungabunga umutekano wo mu muhanda, kizasozwa ku itariki ya 16 Kamena, ubwo hazizihizwa imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe.

-2940.jpg

RNP

2016-06-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Ubwanditsi 28 Aug 2019
“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

Ubwanditsi 10 Oct 2024
Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019

Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019

Ubwanditsi 09 Nov 2021
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Ubwanditsi 05 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

René Mugenzi yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri azira kwiba amaturo ya Kiliziya, ibi bibaye nyuma yuko we na Ally Yussuf Mugenzi wa BBC bacucuye impunzi ngo barabashakira ibyangombwa
INKURU NYAMUKURU

René Mugenzi yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri azira kwiba amaturo ya Kiliziya, ibi bibaye nyuma yuko we na Ally Yussuf Mugenzi wa BBC bacucuye impunzi ngo barabashakira ibyangombwa

Ubwanditsi 24 Oct 2020
CNLG irasaba u Buholandi kuburanisha Ndereyehe cyangwa akoherezwa mu Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

CNLG irasaba u Buholandi kuburanisha Ndereyehe cyangwa akoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Mar 2018
CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C
IMIKINO

CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

Ubwanditsi 19 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru