• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Ubwanditsi 13 Jun 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Madame Mukaruliza Monique yavuze ko kurengera umwana bidakwiye guharirwa Polisi gusa, ko ahubwo ari inshingano za buri wese baba ababyeyi, abayobozi, ndetse n’abana ubwabo.

Ibi yabivuze ku itariki ya 12 Kamena, ubwo yatangizaga ku mugaragaro icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi, umuhango wabereye kuri Kigali Metropolitan Police Headquarter mu murenge wa Remera akarere ka Gasabo.

Uku gutangiza ku mugaragaro iki cyumweru bibaye nyuma y’aho ku itariki ya 11Kamena hatangijwe gahunda zo kwizihiza isabukuru y’imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe, ibirori byabereye mu ntara zose z’igihugu.

Uyu muhango kandi watangijwe no gusiga amarangi mu muhanda ahagenewe kwambukira abanyamaguru (Zebra Crossing), kikaba ari ikimenyetso cyo gukangurira abantu kubahiriza amategeko y’umuhanda, kikaba kandi ari kimwe mu bikorwa bizaranga iki cyumweru.

Wanahuriranye kandi no gutangiza ku mugaragaro umurongo wa telephone itishyurwa wo gutabariza umwana uhohotewe ariwo 116 ukorera muri Polisi y’u Rwanda, uyu murongo ukaba ufite ubushobozi bwo kwitaba telephone 30 icyarimwe.

Mu ijambo yavugiye muri uwo muhango, umuyobozi w’umujyi wa Kigali wari n’umushyitsi mukuru yagize ati:”Abana ni imbaraga zikomeye z’iterambere ry’igihugu, iyo mu miryango harimo amakimbirane, abana nibo babirenganiramo bikabagiraho ingaruka.”

Yanagize ati:”uyu munsi turizihiza ibimaze kugerwaho na Polisi y’u Rwanda mu myaka 16 imaze ishinzwe bituma abanyarwanda n’ibyabo bagira umutekano, ariko buri wese akwiye kumenya ko gukumira no kurwanya ikitwa icyaha cyose harimo no guhohotera umwana ari inshingano ze.”
Yanavuze ko abana bagomba kurindwa ihohoterwa iryo ariryo ryose kandi bagahabwa uburenganzira bwabo burimo kwiga no kuvuzwa.

Yavuze kandi ko Leta y’u Rwanda ishishikajwe no kwita kuri ejo heza h’umwana, akaba ariyo mpamvu yashyizeho ingamba zirengera umwana harimo gushyiraho amashuri y’uburezi bw’ibanze (9YBE), gushyiraho komisiyo y’umwana, inkongoro y’umwana, n’izindi.

Yasoje agira ati:”Mu myaka 16 ishize, Polisi y’u Rwanda yakoze ibishoboka byose ngo umwana yitabweho, harimo gushyiraho ikigo Isange One Stop Centre, kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu, gusubiza abana mu mashuri, natwe turasabwa guhuriza hamwe imbaraga, tukita ku bana, tukabarinda kujya mu mihanda, bagasubizwa mu mashuri, kandi tugashyiraho n’ingamba z’uko abayasubizwamo batongera kuyavamo.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana, yakanguriye abari aho gukoresha umurongo 116 washyiriweho gutabariza abana bahohoterwa, n’uwa 3512 washyiriweho gutabariza ukorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Kugeza ubu Polisi y’u Rwanda yashyizeho imirongo 9 itishyurwa ariyo 112 ikoreshwa n’ushaka ubutabazi bw’ibanze, ibirebana n’inkongi z’imiriro ni 111, impanuka zo mu muhanda ni 113, ishami rya Polisi rikorera mu mazi ni 110, Isange One Stop Centre ni 3029, kurwanya ruswa ni 997 naho uhohotewe n’umupolisi ahamagara 3511.

Yavuze ko ikoreshwa neza kandi ku gihe ry’iyi mirongo bituma habaho guhanahana amakuru vuba, bigatuma ibyaha bikumirwa bitaraba.

Yakomeje avuga ati:”Ubu bukangurambaga bwo guharanira uburenganzira bw’umwana buri muri gahunda za Leta kandi buri no mu bukangurambaga bwa Nyakubahwa Madame wa Perezida wa Repubulika bwo “gufata umwana wese nk’uwawe.”

Yanavuze ati:”Abana bahura n’ibibazo bitandukanye birimo gushorwa mu biyobyabwenge, gukoreshwa imirimo ivunanye, gukurwa mu mashuri, kuvanwa mu miryango no gutwara inda zitateganyijwe, ibi byose bigateza umutekano mucye.”

Yasoje agira ati:”Dufite abafatanyabikorwa benshi barimo urubyiruko rw’abakorera bushake mu gukumira no kurwanya ibyaha, komite z’abaturage zo kwicungira umutekano (community policing), amatsinda yo gukumira no kurwanya ibyaha mu mashuri, aba bose ni abadufasha ngo tugere ku iterambere rirambye kandi ryihuse. Nkaba nsaba abanyarwanda kubahiriza amategeko tugakumira, tukanarwanya ibyaha, turushaho kurengera uburenganzira bw’umwana.”

Umuyobozi wa World Vision mu Rwanda George Gitau, yashimiye ubufatanye umuryango ayoboye ufitanye na Polisi y’u Rwanda n’igihugu muri rusange ngo uburenganzira bw’umwana bwubahirizwe.

Iki cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatewe inkunga na World Vision, umuyobozi w’uyu muryango akaba yijeje ko uzakomeza gukorana n’abana, imiryango yabo n’umuryango nyarwanda muri rusange ngo harwanywe ubukene habeho n’ubutabera mu Rwanda. Uyu muryango kandi niwo wateye inkunga mu ishyirwaho ry’uyu murongo 116 wo gutabariza umwana uhohotewe.

Iki cyumweru kizibanda ku bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kurwanya icuruzwa ry’abantu, kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, kwirinda impanuka no kubungabunga umutekano wo mu muhanda, kizasozwa ku itariki ya 16 Kamena, ubwo hazizihizwa imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe.

-2940.jpg

RNP

2016-06-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR

Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR

Ubwanditsi 31 Mar 2023
Batatu bafungiye kunyereza imisoro ingana na miliyari y’amanyarwanda

Batatu bafungiye kunyereza imisoro ingana na miliyari y’amanyarwanda

Ubwanditsi 05 Nov 2016
Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Ubwanditsi 03 Apr 2019
Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Ubwanditsi 03 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Gihugu cya Santrafrika ( Centre Afrique), Umupasteri w’Umufaransa yasabye imbabazi ku byo Ubufaransa bwakoze muricyo gihugu..
MULTIMEDIA

Mu Gihugu cya Santrafrika ( Centre Afrique), Umupasteri w’Umufaransa yasabye imbabazi ku byo Ubufaransa bwakoze muricyo gihugu..

Ubwanditsi 07 Nov 2016
AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.
Amakuru

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

Ubwanditsi 03 May 2021
Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije
Amakuru

Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

RUSHYASHYA 23 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru