• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

Ubwanditsi 19 Jan 2016 IMIKINO

Ibitego bibiri bya Akaichi ku ruhande rwa Tunisia n’ibindi bibiri bya Camara Agogo ku ruhande rwa Guinea, ni byo bibonetse mu mukino wa mbere wo mu itsinda C kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Mutarama 2016, aho amakipe yombi anganyije 2-2.

-1858.jpg
Abakinnyi ba Tunisie bameze gutsindwa igitego

Ni umukino wabimburiye iyindi yose izakinirwa kuri stade Regional ya Nyamirambo muri CHAN y’uyu mwaka, iri kuba ku nshuro ya kane hano mu Rwanda. Tunisia imaze kwegukana iri rushanwa inshuro imwe, mu 2011 ubwo ryaberaga muri Sudani mu nshuro imwe rukumbi yarikinnye mu myaka yashize, yatangiye yugarira bikomeye imbere ya Guinea yakinaga CHAN ku nshuro ya yo ya mbere.

Tunisia yabonye koruneli ya mbere ku munota wa 4, ku mupira wari uhinduwe na Mathlouthi ariko barawurenza. Ku munota wa 8, Guinea yabonye amahirwe y’igitego ku buryo bukomeye bwa Alseny Camara Agogo ariko umupira uca hejuru y’izamu.

-1859.jpg
Abakinnyi ba Guinea barigaragaje cyane

Tuniziaya yakomeje kotsa igitutu Guinea, ibona koruneli ebyiri zitagize icyo zitanga.
Guinea na yo yanyuzagamo igasatira ariko igasanga ubwugarizi bwa Tunisia bugizwe na Bergali, Ben Amor, Maâloul na Boughattas, buhagaze neza.

Ku munota wa 21, arebana n’izamu rya Tunisia, Haba yananiwe kwinjiza umupira mu rushundura, ari nako umupira ujya muri koruneli nyuma yaho myugariro wa Tunisia yari awukozeho. Sily national, ikipe y’igihugu ya Guinea yakomeje gusatira bikomeye, obona koruneli zitandukanye ariko bikomeza kwanga.

Tunizia yabonye coup-franc yo ku murongo w’urubuga rw’amahina rwa Guinea ubwo Conde yakoreraga ikosa kuri Akaichi. Bguir yahannye iri kosa ariko ishoti yateye rigarurwa n’urukuta. Nyuma y’amasegonda make, Ahmed Akaichi yacomotse muri bamyugariro ba Guinea, ahagurutsa abafana bake ba Tunisia bari i Nyamirambo ku munota wa 33.

Tunisia yongeye kubona amahirwe budateye kabiri, ariko Akaichi arobye umunyezamu wa Guinea, umupira ukubita umutambiko w’izamu usubira mu kibuga.
Guinea yasimbuje hakiri kare ubwo Mohamed Youla yinjiraga mu mwanya wa Conde wavunitse. Abanya Guinea bahushije uburyo bw’igitego bwari bubonywe na Sylla Iyanga.

-1860.jpg
Rutahizamu wa Guinea Camara wigaragaje cyane

Ku munota wa 40 w’umukino, Camara Agogo wari wahushije uburyo butandukanye mu minota yabanje yishyuye igitego cya Guinea ku mupira wari uhinduwe na Sylla Iyanga wakinaga imbere ku ruhande rw’ibumoso.

Mbere y’uko bajya mu karuhuko, Guinea yongeye kubona andi mahirwe ubwo Bangourra yahinduraga umupira ariko Haba umutwe we ntiwakundira.
Sankhon yateye ishoti rikomeye mu minota y’inyongera ahana ikosa rya Tunisia, ariko umuzamu Jridi awushyira muri koruneli.

Ku munota wa 50, Tuniziya yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Akaichi nyuma yo kwiruka agasiga ab’inyuma ba Guinea, anyuze ku ruhande rw’iburyo maze umunyezamu Keita wa Guinea, ahindukiye asanga incundura zinyeganyega.
Tuniziya yongeye kubona andi mahirwe ariko noneho Keita abasha kugarura umupira wari utewe na Rejaibi.

Aboubacar Kyle yabuze amahirwe yo kwishyurira Guinea ubwo umupira yateraga wagarurwaga na Mathlouthi, abenshi bakikanga ko yawugaruje ukuboko, maze umusifuzi yemeza koruneli itagize icyo itanga.
Guinea yihariye igice cya kabiri cyabonestemo guhusha ibitego byabazwe ku mpande zombi.

Ku mupira wari uvuye muri Corner ya Daouda Camara, Alseny Camara Agogo yatsinze igitego cyo kunganya ku munota wa 83 w’umukino.
Impande zombi zakomeje gushaka igitego cy’intsizi ariko iminota 90 y’umukino irangira banganya ibitego 2-2.

Uyu mukino ugiye gukurikirwa n’uhuza Nigeria na Niger, ibihugu by’ibituranyi mu burengerazuba bwa Afurika, byisanze hamwe mu itsinda rya gatatu.

Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi:

Tunisia: 1 R. Jridi, 21 Z. Derbali, 12 A. Maâloul, 4 Z. Boughattas, 14 M. Ben Amor, 13 K. Aouadhi, 15 M. Manser, 11 A. Rejaibi, 18 S. Bguir, A. Akaïchi, 17 H. Mathlouthi
Umutoza: Henry Kasperczak

Guinea: 16 A. Keita, 13 Alseny Camara, 21 I. Conde, 23 Aboubacar Leo Camara, 3 I. Bangoura, 8 I. Soumah, 6 I. Sankhon, 12 Aboubacar Sylla Iyanga, 7 B. Haba, 15 Alseny Camara Agogo, 17 D. Camara
Umutoza: Luis Miguez Fernández

M.Fils

2016-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2024
Simba SC yatangaje ko Uwayezu François Régis wari Vice-Chairman wa APR FC ariwe muyobozi mukuru wayo mushya

Simba SC yatangaje ko Uwayezu François Régis wari Vice-Chairman wa APR FC ariwe muyobozi mukuru wayo mushya

Ubwanditsi 26 Jul 2024
Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Assi Mambote Batshi akaba aje gusimbura Junior Bayanho.

Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Assi Mambote Batshi akaba aje gusimbura Junior Bayanho.

Ubwanditsi 01 May 2021
APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Ubwanditsi 16 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Me Bernard NTAGANDA  yaraye asohowe ikubagahu  n’aba Sécurité ba TOPSEC.
Mu Rwanda

Me Bernard NTAGANDA yaraye asohowe ikubagahu n’aba Sécurité ba TOPSEC.

Ubwanditsi 28 Feb 2017
Kenya: Gen Kale Kayihura Uri Mu Bitaro Arinzwe Bikomeye Hirindwa Ko Yatoroka
ITOHOZA

Kenya: Gen Kale Kayihura Uri Mu Bitaro Arinzwe Bikomeye Hirindwa Ko Yatoroka

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021
Amakuru

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Ubwanditsi 30 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru