• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

Ubwanditsi 19 Jan 2016 IMIKINO

Ibitego bibiri bya Akaichi ku ruhande rwa Tunisia n’ibindi bibiri bya Camara Agogo ku ruhande rwa Guinea, ni byo bibonetse mu mukino wa mbere wo mu itsinda C kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Mutarama 2016, aho amakipe yombi anganyije 2-2.

-1858.jpg
Abakinnyi ba Tunisie bameze gutsindwa igitego

Ni umukino wabimburiye iyindi yose izakinirwa kuri stade Regional ya Nyamirambo muri CHAN y’uyu mwaka, iri kuba ku nshuro ya kane hano mu Rwanda. Tunisia imaze kwegukana iri rushanwa inshuro imwe, mu 2011 ubwo ryaberaga muri Sudani mu nshuro imwe rukumbi yarikinnye mu myaka yashize, yatangiye yugarira bikomeye imbere ya Guinea yakinaga CHAN ku nshuro ya yo ya mbere.

Tunisia yabonye koruneli ya mbere ku munota wa 4, ku mupira wari uhinduwe na Mathlouthi ariko barawurenza. Ku munota wa 8, Guinea yabonye amahirwe y’igitego ku buryo bukomeye bwa Alseny Camara Agogo ariko umupira uca hejuru y’izamu.

-1859.jpg
Abakinnyi ba Guinea barigaragaje cyane

Tuniziaya yakomeje kotsa igitutu Guinea, ibona koruneli ebyiri zitagize icyo zitanga.
Guinea na yo yanyuzagamo igasatira ariko igasanga ubwugarizi bwa Tunisia bugizwe na Bergali, Ben Amor, Maâloul na Boughattas, buhagaze neza.

Ku munota wa 21, arebana n’izamu rya Tunisia, Haba yananiwe kwinjiza umupira mu rushundura, ari nako umupira ujya muri koruneli nyuma yaho myugariro wa Tunisia yari awukozeho. Sily national, ikipe y’igihugu ya Guinea yakomeje gusatira bikomeye, obona koruneli zitandukanye ariko bikomeza kwanga.

Tunizia yabonye coup-franc yo ku murongo w’urubuga rw’amahina rwa Guinea ubwo Conde yakoreraga ikosa kuri Akaichi. Bguir yahannye iri kosa ariko ishoti yateye rigarurwa n’urukuta. Nyuma y’amasegonda make, Ahmed Akaichi yacomotse muri bamyugariro ba Guinea, ahagurutsa abafana bake ba Tunisia bari i Nyamirambo ku munota wa 33.

Tunisia yongeye kubona amahirwe budateye kabiri, ariko Akaichi arobye umunyezamu wa Guinea, umupira ukubita umutambiko w’izamu usubira mu kibuga.
Guinea yasimbuje hakiri kare ubwo Mohamed Youla yinjiraga mu mwanya wa Conde wavunitse. Abanya Guinea bahushije uburyo bw’igitego bwari bubonywe na Sylla Iyanga.

-1860.jpg
Rutahizamu wa Guinea Camara wigaragaje cyane

Ku munota wa 40 w’umukino, Camara Agogo wari wahushije uburyo butandukanye mu minota yabanje yishyuye igitego cya Guinea ku mupira wari uhinduwe na Sylla Iyanga wakinaga imbere ku ruhande rw’ibumoso.

Mbere y’uko bajya mu karuhuko, Guinea yongeye kubona andi mahirwe ubwo Bangourra yahinduraga umupira ariko Haba umutwe we ntiwakundira.
Sankhon yateye ishoti rikomeye mu minota y’inyongera ahana ikosa rya Tunisia, ariko umuzamu Jridi awushyira muri koruneli.

Ku munota wa 50, Tuniziya yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Akaichi nyuma yo kwiruka agasiga ab’inyuma ba Guinea, anyuze ku ruhande rw’iburyo maze umunyezamu Keita wa Guinea, ahindukiye asanga incundura zinyeganyega.
Tuniziya yongeye kubona andi mahirwe ariko noneho Keita abasha kugarura umupira wari utewe na Rejaibi.

Aboubacar Kyle yabuze amahirwe yo kwishyurira Guinea ubwo umupira yateraga wagarurwaga na Mathlouthi, abenshi bakikanga ko yawugaruje ukuboko, maze umusifuzi yemeza koruneli itagize icyo itanga.
Guinea yihariye igice cya kabiri cyabonestemo guhusha ibitego byabazwe ku mpande zombi.

Ku mupira wari uvuye muri Corner ya Daouda Camara, Alseny Camara Agogo yatsinze igitego cyo kunganya ku munota wa 83 w’umukino.
Impande zombi zakomeje gushaka igitego cy’intsizi ariko iminota 90 y’umukino irangira banganya ibitego 2-2.

Uyu mukino ugiye gukurikirwa n’uhuza Nigeria na Niger, ibihugu by’ibituranyi mu burengerazuba bwa Afurika, byisanze hamwe mu itsinda rya gatatu.

Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi:

Tunisia: 1 R. Jridi, 21 Z. Derbali, 12 A. Maâloul, 4 Z. Boughattas, 14 M. Ben Amor, 13 K. Aouadhi, 15 M. Manser, 11 A. Rejaibi, 18 S. Bguir, A. Akaïchi, 17 H. Mathlouthi
Umutoza: Henry Kasperczak

Guinea: 16 A. Keita, 13 Alseny Camara, 21 I. Conde, 23 Aboubacar Leo Camara, 3 I. Bangoura, 8 I. Soumah, 6 I. Sankhon, 12 Aboubacar Sylla Iyanga, 7 B. Haba, 15 Alseny Camara Agogo, 17 D. Camara
Umutoza: Luis Miguez Fernández

M.Fils

2016-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 01 Nov 2021
Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Ubwanditsi 07 Jan 2022
Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37

Abanyarwanda bayobowe na Muhitira Felicien uzwi nka Magare begukanye igice cya Marato ya Fort-de-France yakinwaga ku nshuro ya 37

Ubwanditsi 27 Nov 2023
Tombola y’igikombe cy’Isi 2022 yagaragaje ko Portugal iri mu itsinda rimwe na Ghana na Uruguay ndetse na South Korea – Uko tombola yose yagenze

Tombola y’igikombe cy’Isi 2022 yagaragaje ko Portugal iri mu itsinda rimwe na Ghana na Uruguay ndetse na South Korea – Uko tombola yose yagenze

Ubwanditsi 04 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

   Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2022
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 Apr 2023
Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu
Amakuru

Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 26 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru