• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

Ubwanditsi 01 Aug 2024 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Nyuma y’umwaka haba amasiganwa y’abana azwi nka Rwanda Youth Racing Cup, kuva kuri uyu wa Kane kugera kuwa 6 haraba amasiganwa y’ingimbi Rwanda Junior Tour.

Iri rushanwa rigomba guhuza abakinnyi bari hagati y’imyaka 17 na 19 rigamije gusuzuma urwego bamaze kugeraho no kubongerera amasiganwa akozwe iminsi irenze umwe.

Kuri uyu wa kane tariki ya 1 Kanama kugeza kuya 3 Kanama 2024 nibwo iri siganwa ryatangiye ku nshuro ya mber ryiswe  “Rwanda Junior Tour”.

Iri siganwa ryitabiriwe n’abakinnyi 47 barimo ingimbi n’abangavu bari bagati y’imyaka 17 na 19.

Umunsi wa mbere wakinwe kuri uyu wa Kane aho abasiganwa bahagurutse kuri BK Arena berekeza i Rwamagana aho bakora intera y’ibilometero 81.

Abakinnyi bahagurutse mu Mujyi wa Kigali baracyari kugendera hamwe mu gikundi mbere y’uko bagera ku murongo wo gusorezaho mu Karere ka Rwamagana.

Ubwo abasiganwa bari barenze ku Gasozi ka Musha, abakinnyi 10 bacomotse mu bandi bayobora isiganwa kugera i Rwamagana, aho bazenguruka inshuro eshanu ku ntera y’ibilometero 6,4.

Nshimiyimana Phocas ukinira Benediction Club yegukanye Agace ka Mbere k’Irushanwa ry’Abato, Rwanda Juniors Tour ka Kigali-Rwamagana, akoresheje 2h07’27”.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Kanama 2024, guhera saa Ine za Mugitondo bazasiganwa umuntu ku giti (ITT) aho bazazenguruka mu mujyi wa Rwamagana ku ntera ya Km 4,6.

Ni mugoroba, kuva saa Kumi bazakina isiganwa ryo mu bwoko bwa Criterium, intera (lap) ya Km 1,9 bazenguruke inshuro 18.

Kuwa Gatandatu mu gitondo, tariki ya 3/8/2024 9h30 bazahaguruka i Rwamagana basoreze kuri BK Arena, Km 79,5.

Muri iri siganwa hatangwa umwenda w’umuhondo (Yellow Jersey), umukinnyi uzamuka kurusha abandi (Best Climber), Best Sprinter n’uwatsinze stage.

Abakobwa bo mu byiciro bitandukanye (U23, Junior na Cadets) bo bazakina gusa Criterium yo kuwa Gatanu nimugoroba.

2024-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Ubwanditsi 23 Oct 2023
Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 May 2021
CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Ubwanditsi 28 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!
Mu Mahanga

Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Karongi : Hangijwe litiro 660 z’inzoga itemewe
Mu Mahanga

Karongi : Hangijwe litiro 660 z’inzoga itemewe

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Ngoga Shema Fabrice yemejwe nk’umukandida rukumbi wemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA
Amakuru

Ngoga Shema Fabrice yemejwe nk’umukandida rukumbi wemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA

Ubwanditsi 12 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru