• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Cya “kiraro” cy’ibikenyeri RBB, gisenyutse bene cyo batarambuka, Ibyihebe byo muri RNC nabyo bisezeye muri RBB, biyishinja kutagira umurongo uhamye

Cya “kiraro” cy’ibikenyeri RBB, gisenyutse bene cyo batarambuka, Ibyihebe byo muri RNC nabyo bisezeye muri RBB, biyishinja kutagira umurongo uhamye

Ubwanditsi 29 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Rwanda Bridge Builders, RBB, ni ikiryabarezi cyari cyashinzwe ngo gihuze amashyaka n’imiryango y’ibigarasha n’abajenosideri bahagurukiye kubangamira inyungu z’u Rwanda. Uko iminsi ishira ariko, ni nako guhuzagurika n’ amacakubiri bigenda bitamaza bene icyo “kiraro” cy’ibikenyeri, none gisenyutse batarambuka!

Abashinze RBB rero bakomeje kuyisohokamo nk’abahunga inzu ihiye. Ubu noneho ikivugwa cyane ni ibaruwa yagiye ahagaragara kuri iki cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021, ikaba yashyizweho umukono na Jerome Nayigiziki, umuhuzabikorwa mukuru w’ibyihebe byo mu mutwe w’iterabwoba, RNC.

Muri iyo baruwa twashoboye kubonera kopi, Nayigiziki na bagenzi be barashinja RBB kutagira umurongo uhamye wa politiki, igitugu cy’abayitegeka ngo batemera ibitekerezo by’abandi, ubuswa n’imikorere igayitse muri rusange. Ibi rero ngo nibyo bitumye RNC isezera muri RBB, ngo kuko ibyo bari bemeranyijweho ubwo bayishingaga, bihabanye n’ibikorwa ubu.

Iyi nkuru y’incamugongo ku biyita”Opozisiyo nyarwanda”, ije guhuhura n’ubundi icyasambaga. Mu minsi ishize uwitwa Gilbert Mwenedata yasezeye muri RBB ayishinja ingengabitekerezo ya Hutu-power, bidateye kabiri icyihebekazi Charlotte Mukankusi, nyamara cyari mu buyobozi bwa RBB, kiti sinakomezanya n’ababaswe n’ubuterahamwe n’ubuparimehutu. Uwaherukaga kuvanamo ake karenge ni FDU-Inkingi, nayo ushinja RBB “guta umurongo”, nk’aho yo iwufite.

Ikiraro cy’ibikenyeri rero kirarundutse, niba kigeze aho RNC, FDU-Inkingi, Mwenedata Gilbert na Charlotte Mukankusi, bagishinja ubuswa n’amacakubiri, kandi bisanzwe bizwi ko ahubwo aribo begukanye igikombe mu guhuzagurika , inda nini, no kuryanisha Abanyarwanda. Ni ibimene byasetse injyo!

Abasesenguzi bakomeje kuvuga ko abiyita abanyapolitiki”batavuga rumwe na Leta”, ntacyo bagezaho Abanyarwanda kuko bari hasi cyane mu myumvire, ari nabyo bituma nabo ubwabo badashoboye kwiyobora.

Bameze nka za nzige umuhinzi ashyira mu icupa, zigatangira kuryana, zititaye ku mugambi umwe zari zifite wo kumwonera.

Hari amakuru yizewe avuga ko n’abanyamahanga bashyigikiye izi ngirwa mashyaka batangiye gucika intege, kuko imyaka imaze kuba myinshi imigambi yayo mibisha ntacyo igeraho. Urugero ni urwa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, uhora atonganya Kayumba Nyamwasa wa RNC, amuziza kuba ntacyo Uganda itabakoreye, ariko imigambi yabo igapfuba igitekerezwa.

Ese ubundi”opozisiyo” itagira umushinga wa politiki ufatika yagera kuki, ko Umunyurwanda wa none azi ahari inyungu ze, atakiri wa wundi ukurikira buhumyi?

2021-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024
Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Feb 2021
Miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari ya 2014-2015

Miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari ya 2014-2015

Ubwanditsi 08 May 2016
Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka 23: Minisitiri Uwacu yaganirije abapolisi ku kurinda ibyagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi [ AMAFOTO ]
Mu Rwanda

Kwibuka 23: Minisitiri Uwacu yaganirije abapolisi ku kurinda ibyagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 11 Apr 2017
Abaminisitiri n’Abayobozi ba Polisi bo muri aka karere bihereye ijisho imyitozo ku kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga
Mu Mahanga

Abaminisitiri n’Abayobozi ba Polisi bo muri aka karere bihereye ijisho imyitozo ku kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X
Amakuru

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

RUSHYASHYA 20 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru