• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Ubwanditsi 15 Dec 2016 Mu Mahanga

“Ngo nk’uko abantu benshi bari mu buyobe mu bihe bya none bibwira ko bari mu nzira y ‘agakiza kandi batayirimo “, Ibi Prof. Dr Rwigamba Balinda yabivuze kuri uyu wa gatatu tariki 14/12/2016, ku kicaro gikuru cya ULK, yavuze ko abitewe n’urukundo akunda abantu agamije kubagarura mu nzira nziza yabajyana mu ijuru yatekereje kwandika agatabo yise ‘ UMUKRISTO W’UKURI’.

Rwigamba agira ati : “Icyabinteye ni urukundo nkunda abantu, ni uko nagira ngo abantu bagaruke ku nzira nziza yabajyana mu ijuru, kandi iyo nzira ni ukuba umukristo w’ukuri wakira isezerano rye mu mwuka wera, uwo mwuka wera akamufasha, agatangira ubuzima hamwe n ‘Imana aha kuri iyi si, akera imbuto z’Imana zose, urukundo nyakuri, amahoro y’imbere mu mutima, kwihangana, kwicisha bugufi, ubukiranutsi, ubugwaneza, koroherana, kuzuzanya, ubushishozi, ibyo byose biba ari imbuto z’umwuka wera iyo umuntu abifite aba atangiye inzira nziza yo kubana n’Imana ye,”.

Prof Dr Rwigamba avuga ko ibikubiye muri iki gitabo ubusanzwe ari inyigisho yigisha, ngo kuko yagize umuhamagaro wo kwigisha ijambo ry’imana ku itariki ya 4 z’ukwezi kwa gatatu mu 2014.

Ati : “Uyu mwaka ni uwa gatatu nigisha ijambo ry’Imana ariko kwandika iki gitabo nyirizina nabitangiye mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka, nacyanditse amezi ane gusa kandi nari mfite n’izindi nshingano, cyasohotse mu kwezi kwa cumi mu 2016,”
Akangurira abari mu buyobe guhindukirira Imana.

Ubutumwa nagenera abantu bari mu buyobe ni uko bagaruka ku ijambo ry’Imana.

Ati: “Ijambo ry’imana riri muri Kristo kuko Kristo ubwe yaravuze ati ni jye nzira y’ukuri n’ubugingo, kristo ni ijambo, iyo abantu rero basize ijambo ry’Imana barayoba, ni ugushakisha rero iyo nzira kandi iyo nzira ni Yezu Kristo kandi Yezu Kristo ni we jambo,”

Prof.Rwigamba yasobanuye ko umukirisitu w’ukuri afite ibimuranga by’ingenzi birimo ukwizera Imana imwe y’ukuri, akabatizwa mu izina rya Yezu Kristo ngo kuko nta muntu n’umwe utarabatijwe muri iryo zina wakwitwa umukirisitu.

Agira ati: ”Muri Bibiliya nta muntu n’umwe wabatijwe mu izina rya data wa twese, mu mwana no mu mwuka wera, nta hantu wabibona. Umukristo w’ukuri ni uwizera ko yezu kristo ari ryo zina ry’Imana,”.

Ngo ntabwo azateshuka na rimwe kwigisha ijambo ry’Imana.

Prof .Dr .Rwigamba ahamya ko kuba afite izindi nshingano bitazamubuza kwigisha ijambo ry’Imana.

-5040.jpg

-5035.jpg

Prof .Dr .Rwigamba Balinda wanditse agatabo ‘ UMUKRISTO W’UKURI’.

Ati : muzi ko icyumweru kigira iminsi irindwi, mu nshingano zanjye nkoresha iminsi ibiri indi minsi itanu nkora inshingano nahawe n’Imana.

Agira ati: ” narabitangiye kandi ngomba gutegura ejo heza aho nzabana n’Imana, narakuze ndashaje, uyu mubiri nta kuntu watuma nteshuka ku nshingano ikomeye yo kuba umwana w’Imana ngo ntegure ejo hazaza aho nzabana n’Imana yanjye,”
Yongeraho agira ati : ” ariko ntabwo nakwikunda urukundo mbakunda mwese, urukundo mvuga nti reka namwe nsenge ninginge Imana ibahishure ibereke inzira y’ukuri y’agakiza,”.

Aka gatabo kaboneka mu masomero atandukanye mu mujyi wa Kiagali kakagurwa mafaranga ibihumbi bibiri y’amanyarwanda naho ukagurisha akabona komisiyo y’icumi ku ijana ry’ikiguzi cyako.

Kaboneka muri librairie ikirezi, cartas, kigali height, mu masoko akomeye nka Nakummatt, ULK Gisozi, ULK Gisenyi.

Prof Rwigamba avuga ko ku ikubitiro hasohotse udutabo tugera mu bihumbi bibiri, hakaba harimo gutegurwa andi ma kopi yo kugeza ku bantu benshi hagamijwe kubakangurira gukizwa.

Ukuri nk’uko Prof Rwigamba abyemera, Ukuri nyakuri ni yezu kristo, ukuri ni ijambo ry’Imana ryose.

Ntabwo akorera iyamamazabutumwa mu idini.

Agira ati : ”ntabwo turi idini, ari bashiki banjye mbita bashiki banjye muri kristo, ndetse n’abandi bose ni bene data muri kristo, twebwe dufite itorero rya gikristo rya Gisozi ndetse n’andi matorero yandi arishamikiyeho hirya no hino mu gihugu,”.

Prof Rwigamba asaba umuntu wese ushaka agakiza ke gupfukama agasenga Imana. Ati : ” Ameneke umutima agira ati : Mana,Mana, aha hanze hari ubuyobe, umuntu wese avuga ko ari mu nzira nziza y’agakiza, umuntu wese agira ati ni jyewe nzira y’ukuri ariko ijambo ryawe nirinkure mu buyobe,” ati icyo gihe Imana izagusubiza, izakwereka ko ijambo ryayo ari yo nzira yatuma koko tubona agakiza k’ukuri,”.

Inshamake y’ubuzima bwa Prof.Dr Rwigamba Balinda.

Yavutse ku itariki ya 10/10/1948. Yabaye mwarimu muri za kaminuza zitandukanye kuva mu mu 1974-1989 ndetse ku itariki ya 26/6/1982 ni bwo yahawe impamyabumenyi y’ikirenga (PhD/Doctorat).

Kuva mu 1990-1994, yashinze nsetse anabera Umuyobozi Mukuru wa Kamizuza y’i Goma/UNIGO (Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo), mu Kwakira 1994 yashinze Ishuri Ryigenga rya Gisenyi (EPGI) riherereye mu Karere ka Rubavu, Iburengerazuba bw’uRwanda, naho kuva mu 1995-1997 yabaye mwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare.

Kuva mu 1996-2004, yashinze Kaminuza yigenga ya Kigali ULK anayibera Umuyobozi Mukuru; kuva mu Kwakira 2003-kugeza mu Kwakira 2011 yabaye Senateri mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda; muri Mutarama 2007, yashinze Ishuri ryisumbuye rya Glory Secondary School (GSS) riri ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo, Kigali-Rwanda.

Kuva mu 2003-2014, Prof.Dr Rwigamba yabaye umuyobozi w’umuryango wa Kaminuza zigenga n’amashuri makuru zo mu Rwanda (ARIPES). Kuva mu 2004-2016, yabaye Uwashinze ndetse aba Perezida wa Kaminuza yigenga ya Kigali ULK.

Yashakanye na Nyirashyirambere Marie Louise bakaba bafite abana batandatu .
Kuva ku itariki 2/3/2014, Prof Dr Rwigamba ni Umugaragu w’Imana wigisha ijambo ryayo.

Uko byari byifashe mu mafoto

-5038.jpg

Prof .Dr .Rwigamba Balinda

-5037.jpg

-5041.jpg

-5036.jpg

Mme Rwigamba Nyirashyirambere M.Louise

-5034.jpg

-5033.jpg

-5032.jpg

Vice-Chancellor Dr. Sekibibi Ezekiel

-5039.jpg

By Elias Hakizimana

2016-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Ubwanditsi 21 Nov 2019
Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Ubwanditsi 28 Mar 2021
Uganda: Abahungu ba Gen Tumukunde batawe muri yombi

Uganda: Abahungu ba Gen Tumukunde batawe muri yombi

Ubwanditsi 15 Mar 2020
Kamonyi: CPCs bakanguriwe gukomeza kwicungira umutekano

Kamonyi: CPCs bakanguriwe gukomeza kwicungira umutekano

Ubwanditsi 14 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muhanga : Umushoferi afunzwe akurikiranyweho guha umupolisi ruswa
Mu Mahanga

Muhanga : Umushoferi afunzwe akurikiranyweho guha umupolisi ruswa

Ubwanditsi 09 Dec 2016
Ese koko birakwiyo ko Umugore cyangwa Umugabo baganiriza abana ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina?
HIRYA NO HINO

Ese koko birakwiyo ko Umugore cyangwa Umugabo baganiriza abana ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina?

Ubwanditsi 08 Mar 2017
U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo
Amakuru

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

RUSHYASHYA 30 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru