• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Ubwanditsi 15 Dec 2016 Mu Mahanga

“Ngo nk’uko abantu benshi bari mu buyobe mu bihe bya none bibwira ko bari mu nzira y ‘agakiza kandi batayirimo “, Ibi Prof. Dr Rwigamba Balinda yabivuze kuri uyu wa gatatu tariki 14/12/2016, ku kicaro gikuru cya ULK, yavuze ko abitewe n’urukundo akunda abantu agamije kubagarura mu nzira nziza yabajyana mu ijuru yatekereje kwandika agatabo yise ‘ UMUKRISTO W’UKURI’.

Rwigamba agira ati : “Icyabinteye ni urukundo nkunda abantu, ni uko nagira ngo abantu bagaruke ku nzira nziza yabajyana mu ijuru, kandi iyo nzira ni ukuba umukristo w’ukuri wakira isezerano rye mu mwuka wera, uwo mwuka wera akamufasha, agatangira ubuzima hamwe n ‘Imana aha kuri iyi si, akera imbuto z’Imana zose, urukundo nyakuri, amahoro y’imbere mu mutima, kwihangana, kwicisha bugufi, ubukiranutsi, ubugwaneza, koroherana, kuzuzanya, ubushishozi, ibyo byose biba ari imbuto z’umwuka wera iyo umuntu abifite aba atangiye inzira nziza yo kubana n’Imana ye,”.

Prof Dr Rwigamba avuga ko ibikubiye muri iki gitabo ubusanzwe ari inyigisho yigisha, ngo kuko yagize umuhamagaro wo kwigisha ijambo ry’imana ku itariki ya 4 z’ukwezi kwa gatatu mu 2014.

Ati : “Uyu mwaka ni uwa gatatu nigisha ijambo ry’Imana ariko kwandika iki gitabo nyirizina nabitangiye mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka, nacyanditse amezi ane gusa kandi nari mfite n’izindi nshingano, cyasohotse mu kwezi kwa cumi mu 2016,”
Akangurira abari mu buyobe guhindukirira Imana.

Ubutumwa nagenera abantu bari mu buyobe ni uko bagaruka ku ijambo ry’Imana.

Ati: “Ijambo ry’imana riri muri Kristo kuko Kristo ubwe yaravuze ati ni jye nzira y’ukuri n’ubugingo, kristo ni ijambo, iyo abantu rero basize ijambo ry’Imana barayoba, ni ugushakisha rero iyo nzira kandi iyo nzira ni Yezu Kristo kandi Yezu Kristo ni we jambo,”

Prof.Rwigamba yasobanuye ko umukirisitu w’ukuri afite ibimuranga by’ingenzi birimo ukwizera Imana imwe y’ukuri, akabatizwa mu izina rya Yezu Kristo ngo kuko nta muntu n’umwe utarabatijwe muri iryo zina wakwitwa umukirisitu.

Agira ati: ”Muri Bibiliya nta muntu n’umwe wabatijwe mu izina rya data wa twese, mu mwana no mu mwuka wera, nta hantu wabibona. Umukristo w’ukuri ni uwizera ko yezu kristo ari ryo zina ry’Imana,”.

Ngo ntabwo azateshuka na rimwe kwigisha ijambo ry’Imana.

Prof .Dr .Rwigamba ahamya ko kuba afite izindi nshingano bitazamubuza kwigisha ijambo ry’Imana.

-5040.jpg

-5035.jpg

Prof .Dr .Rwigamba Balinda wanditse agatabo ‘ UMUKRISTO W’UKURI’.

Ati : muzi ko icyumweru kigira iminsi irindwi, mu nshingano zanjye nkoresha iminsi ibiri indi minsi itanu nkora inshingano nahawe n’Imana.

Agira ati: ” narabitangiye kandi ngomba gutegura ejo heza aho nzabana n’Imana, narakuze ndashaje, uyu mubiri nta kuntu watuma nteshuka ku nshingano ikomeye yo kuba umwana w’Imana ngo ntegure ejo hazaza aho nzabana n’Imana yanjye,”
Yongeraho agira ati : ” ariko ntabwo nakwikunda urukundo mbakunda mwese, urukundo mvuga nti reka namwe nsenge ninginge Imana ibahishure ibereke inzira y’ukuri y’agakiza,”.

Aka gatabo kaboneka mu masomero atandukanye mu mujyi wa Kiagali kakagurwa mafaranga ibihumbi bibiri y’amanyarwanda naho ukagurisha akabona komisiyo y’icumi ku ijana ry’ikiguzi cyako.

Kaboneka muri librairie ikirezi, cartas, kigali height, mu masoko akomeye nka Nakummatt, ULK Gisozi, ULK Gisenyi.

Prof Rwigamba avuga ko ku ikubitiro hasohotse udutabo tugera mu bihumbi bibiri, hakaba harimo gutegurwa andi ma kopi yo kugeza ku bantu benshi hagamijwe kubakangurira gukizwa.

Ukuri nk’uko Prof Rwigamba abyemera, Ukuri nyakuri ni yezu kristo, ukuri ni ijambo ry’Imana ryose.

Ntabwo akorera iyamamazabutumwa mu idini.

Agira ati : ”ntabwo turi idini, ari bashiki banjye mbita bashiki banjye muri kristo, ndetse n’abandi bose ni bene data muri kristo, twebwe dufite itorero rya gikristo rya Gisozi ndetse n’andi matorero yandi arishamikiyeho hirya no hino mu gihugu,”.

Prof Rwigamba asaba umuntu wese ushaka agakiza ke gupfukama agasenga Imana. Ati : ” Ameneke umutima agira ati : Mana,Mana, aha hanze hari ubuyobe, umuntu wese avuga ko ari mu nzira nziza y’agakiza, umuntu wese agira ati ni jyewe nzira y’ukuri ariko ijambo ryawe nirinkure mu buyobe,” ati icyo gihe Imana izagusubiza, izakwereka ko ijambo ryayo ari yo nzira yatuma koko tubona agakiza k’ukuri,”.

Inshamake y’ubuzima bwa Prof.Dr Rwigamba Balinda.

Yavutse ku itariki ya 10/10/1948. Yabaye mwarimu muri za kaminuza zitandukanye kuva mu mu 1974-1989 ndetse ku itariki ya 26/6/1982 ni bwo yahawe impamyabumenyi y’ikirenga (PhD/Doctorat).

Kuva mu 1990-1994, yashinze nsetse anabera Umuyobozi Mukuru wa Kamizuza y’i Goma/UNIGO (Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo), mu Kwakira 1994 yashinze Ishuri Ryigenga rya Gisenyi (EPGI) riherereye mu Karere ka Rubavu, Iburengerazuba bw’uRwanda, naho kuva mu 1995-1997 yabaye mwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare.

Kuva mu 1996-2004, yashinze Kaminuza yigenga ya Kigali ULK anayibera Umuyobozi Mukuru; kuva mu Kwakira 2003-kugeza mu Kwakira 2011 yabaye Senateri mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda; muri Mutarama 2007, yashinze Ishuri ryisumbuye rya Glory Secondary School (GSS) riri ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo, Kigali-Rwanda.

Kuva mu 2003-2014, Prof.Dr Rwigamba yabaye umuyobozi w’umuryango wa Kaminuza zigenga n’amashuri makuru zo mu Rwanda (ARIPES). Kuva mu 2004-2016, yabaye Uwashinze ndetse aba Perezida wa Kaminuza yigenga ya Kigali ULK.

Yashakanye na Nyirashyirambere Marie Louise bakaba bafite abana batandatu .
Kuva ku itariki 2/3/2014, Prof Dr Rwigamba ni Umugaragu w’Imana wigisha ijambo ryayo.

Uko byari byifashe mu mafoto

-5038.jpg

Prof .Dr .Rwigamba Balinda

-5037.jpg

-5041.jpg

-5036.jpg

Mme Rwigamba Nyirashyirambere M.Louise

-5034.jpg

-5033.jpg

-5032.jpg

Vice-Chancellor Dr. Sekibibi Ezekiel

-5039.jpg

By Elias Hakizimana

2016-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Ubwanditsi 06 Dec 2025
Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana

Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Ubwanditsi 11 Nov 2022
U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

Ubwanditsi 12 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.
Amakuru

Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Ubwanditsi 19 Jun 2021
Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?
INKURU NYAMUKURU

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Ubwanditsi 03 Aug 2019
FRVB yaciwe amande asaga miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abanyamahanga badafite ibyangombwa mu gikombe cya Afurika cy’Abagore
Amakuru

FRVB yaciwe amande asaga miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abanyamahanga badafite ibyangombwa mu gikombe cya Afurika cy’Abagore

Ubwanditsi 17 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru