• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

Ubwanditsi 12 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Ubwo hari mu mukino ufungura irushanwa ry’amakipe y’ibihugu byo ku mugabane w’i Burayi, ikipe y’igihugu y’u Butaliyani yatsinze ikipe ya Turkiya ibitego bitatu ku busa iba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa nk’iri ry’i Burayi.

Hari mu mukino wabereye kuri Stadio Olympico y’i Roma witabiriwe n’abafana ibihumbi 16, iyi kipe yahatsindiye Turkiya ibitego bitatu ku busa byatsinzwe na Lorenzo Insigne, Ciro Immobile ndetse na Merih Demiral witsinze igitego kimwe.

Ikipe y’igihugu y’u Butaliyani ikaba ariyo yabanje igitego cya mbere ubwo hari mu gice cya kabiri cy’umukino kigitangira, kuko ubwo hari ku munota wa 53 w’umukino nibwo Merih Demiral yitsinze igitego ku mupira wari uvuye ku ruhande, iki gitego cyaje gukurikirwa n’icyakabiri cyatsinzwe na Ciro Immobile ku munota wa 66.

Gutsinda uyu mukino kw’ikipe y’igihugu y’u Butaliyani itozwa na Roberto Mancini byatumye iba ikipe ya mbere yo ku mugabane w’i Burayi itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura imikino ihuza amakipe yo ku mugabane w’i Burayi.

Ubwo umukino wari ugeze mu minota ya nyuma , ikipe y’igihugu y’u Butaliyani yabonye igitego cya gatatu cyatsinzwe na Lorenzo Insigne ku munota wa 79 w’umukino.

Uyu mukino ukaba wabanjirijwe n’ibirori byo gufungura iyi mikino izabera mu mijyi itandukanye yo mu bihugu 11 byo ku mugabane w’i Burayi, ibi birori bikaba byafunguwe n’umuhanzi Andrea Bocelli ufite ubumuga bwo kutabona.

Iyi mikino ihuza ibihugu byo ku mugabane w’i Burayi irakomeza kuri uyu wa gatandatu aho u Busuwisi na Pays de Galles saa cyenda z’amanywa, ni umukino uri bubere mu gihugu cya Azerbaïdjan, Danemark irahura na Finlande saa kumi mu gihe ku isaha ya saa tatu z’ijoro u Bubiligi burakina n’u Burusiya kuri Stade de Saint-Pétersbourg.

2021-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Miss 2016:mu Buregerazuba hatowe batanu

Miss 2016:mu Buregerazuba hatowe batanu

Ubwanditsi 11 Jan 2016
“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Mar 2024
Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Donald Kaberuka, yagizwe umuyobozi w’akanama k’igihugu cya Tanzania
Mu Rwanda

Dr Donald Kaberuka, yagizwe umuyobozi w’akanama k’igihugu cya Tanzania

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda
POLITIKI

Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.
Amakuru

Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Ubwanditsi 23 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru