• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Karasira Aimable Yirukanywe Muri Kaminuza y’U Rwanda Azira Imyitwarire ye Igayitse Itabereye Umurezi

Karasira Aimable Yirukanywe Muri Kaminuza y’U Rwanda Azira Imyitwarire ye Igayitse Itabereye Umurezi

Ubwanditsi 14 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo guhabwa inshuro nyinshi amabaruwa amusaba ibisobanuro ku myitwarire ye ihabanye n’indangagaciro zikwiye umurezi urerera u Rwanda ndetse igaragaza umusaruro mukeya, Karasira Uzaramba Aimable yamaze gusezererwa muri Kaminuza y’u Rwanda nkuko biri mu itangazo nyuma yuko ibisobanuro yari yatanze taliki 27 Kanama 2020 bitasubizaga bihagije ibibazo yari yabajijwe ngo binyure ubuyobozi bwa Kaminuza y’uRwanda.

Uyu mugabo wigeze no kuba umuhanzi yiyita Professor Nigga mu myaka ishize yakunze kurangwa n’imyitwarire idashimishije irimo no kunywa ibiyobyabwenge rwihishwa ndetse no gusindira mu ruhame, yagiye yamaganirwa kure n’abafite abana babo muri Kaminuza y’u Rwanda bavuga ko atagaragaza urugero rwiza rwo gutanga ubumenyi.

Akenshi usanga hari bamwe bamufata nk’umuntu ufite ibibazo byo mu mutwe kubera zimwe mu mvugo yagiye akoresha mu bihe binyuranye haba mu bitangazamakuru cyangwa se ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu mbwirwaruhame ze aho adatinya kuvuga nabi umuryango nyarwanda, aho yagiye agaragara avuga ko afite ikibazo cya depression ariko abandi babibonyemo amaco y’inda no gusabiriza kuko ibiganiro yakoraga yirirwa atangaza numero ze za Telephone bamwohererezaho amafaranga.

Muri iyi minsi kandi yasaga nk’uwigaragagaza cyane kuri Youtube aho asanzwe afite televiziyo ikorera kuri murandasi akayita Ukuri mbona (ahubwo iyo ayita amafuti ngira)aho agenda atangariza ho amagambo ashobora guhungabanya umudendezo w’abanyarwanda kuko aba akoresha imvugo zafatwa nko kwangisha abaturage ubuyobozi buriho mu Rwanda akabikora nkana kandi asanzwe ari umurezi wakarereye u Rwanda ndetse akanashishikariza urubyiruko arera gukunda igihugu.

Mu ibaruwa imwirukana burundu ku kazi hagiye hakubiyemo ingingo nyinshi zibanda ko yagiye yangiza nkana cyangwa akabisuzugura nkaho havugwamo kuba atarigeze ashyira bimwe mu bikenewe muri system yo kwiga hakoreshejwe ikoranabuhanga mu gihe amasomo yari yahagaritswe kubera icyorezo cya Covid-19, ndetse ntanatange bimwe mu byo yasabwaga mu bushakashatsi yarimo, ntamugayo rero ko atabasha gufatanya imirimo ibiri kwigisha no kujya ku mbuga nkoranyambaga avuga amagambo atari meza ku gihugu.

Mu minsi ishize kandi uyu mugabo yumvikanye avuga ko atashaka umunyarwandakazi, aho byakuruye impaka nyinshi ndetse benshi babona ko hari byinshi bidatunganyije mu mikorere y’ubwonko bwe nk’umurezi urerera igihugu, hari byinshi byagiye bimuranga muri iyi myaka nko mu gihe habaga irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2019 aho yagiye akoresha amagambo akomeretsa bamwe mu bari bitabiriye iryo rushanwa, aho yaje kwihanangirizwa ariko koko akabaye icwende ntikoga wa mugani w’Abanyarwanda.

Karasira na Barafinda muri icyo kiganiro cyabo kandi bita Ukuri mbona bagiye bavugamo amagambo ubona asanzwe akoreshwa n’abantu bafite ibibazo byo mu mutwe, dore ko uwo Barafinda we anaherutse mu bitaro byita ku barwayi bo mu mutwe I Ndera aho byaje kugaragara ko afite indwara karande yo mu mutwe, abantu benshi banagiye basabira Karasira kuba yafashwa kuvurwa kuko nawe agaragaza ibimenyetso by’indwara zo mu mutwe!

Hari hashize iminsi itari myinsi Kaminuza y’u Rwanda ihaye ibaruwa isaba ubusobanuro Karasira ku myitwarire ye itari ntamakemwa ndetse n’indangagaciro zikwiye umurezi ndetse no kumubaza impamvu atubahiriza inshingano ze, none mu mwanzuro iyo kaminuza yafashe ni ukumusezerera nk’abandi bagaragaje imyitwarire itari myiza no kutuzuza inshingano zabo

Nk’inama Rushyashya News tudahwema gutanga tumwifurije guhinduka akaba indakemwa mu mico no mu myifatire akaba Umunyarwanda ubereye Umuryango bitihi harindimutse Karasira asarishijwe n’ibiyayuramutwe Cyangwa se yerure akurikire akaryoshye ko muri YouTube n’ubundi buhendabana bw’biryabarezi bimushuka.

2020-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Abanyayuganda bitegure kwemera uruhererekane rw’ingoma ya Museveni?

Abanyayuganda bitegure kwemera uruhererekane rw’ingoma ya Museveni?

Ubwanditsi 29 Apr 2019
Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.

Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.

Ubwanditsi 21 Jan 2023
Congo: Ibiro by’itora bisaga 1,000 byafunzwe habura iminsi 2 ngo amatora abe

Congo: Ibiro by’itora bisaga 1,000 byafunzwe habura iminsi 2 ngo amatora abe

Ubwanditsi 28 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi bakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda baganiriye ku kurwanya ibyaha ndengamipaka
Mu Rwanda

Abayobozi bakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda baganiriye ku kurwanya ibyaha ndengamipaka

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Bujumbura: Abaturage barahatwa ikiboko bahatirwa kujya muri mitingi za CNDD-FDD
INKURU NYAMUKURU

Bujumbura: Abaturage barahatwa ikiboko bahatirwa kujya muri mitingi za CNDD-FDD

Ubwanditsi 09 May 2018
Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije
UBUKUNGU

Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Ubwanditsi 25 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru