• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Karasira Aimable Yirukanywe Muri Kaminuza y’U Rwanda Azira Imyitwarire ye Igayitse Itabereye Umurezi

Karasira Aimable Yirukanywe Muri Kaminuza y’U Rwanda Azira Imyitwarire ye Igayitse Itabereye Umurezi

Ubwanditsi 14 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo guhabwa inshuro nyinshi amabaruwa amusaba ibisobanuro ku myitwarire ye ihabanye n’indangagaciro zikwiye umurezi urerera u Rwanda ndetse igaragaza umusaruro mukeya, Karasira Uzaramba Aimable yamaze gusezererwa muri Kaminuza y’u Rwanda nkuko biri mu itangazo nyuma yuko ibisobanuro yari yatanze taliki 27 Kanama 2020 bitasubizaga bihagije ibibazo yari yabajijwe ngo binyure ubuyobozi bwa Kaminuza y’uRwanda.

Uyu mugabo wigeze no kuba umuhanzi yiyita Professor Nigga mu myaka ishize yakunze kurangwa n’imyitwarire idashimishije irimo no kunywa ibiyobyabwenge rwihishwa ndetse no gusindira mu ruhame, yagiye yamaganirwa kure n’abafite abana babo muri Kaminuza y’u Rwanda bavuga ko atagaragaza urugero rwiza rwo gutanga ubumenyi.

Akenshi usanga hari bamwe bamufata nk’umuntu ufite ibibazo byo mu mutwe kubera zimwe mu mvugo yagiye akoresha mu bihe binyuranye haba mu bitangazamakuru cyangwa se ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu mbwirwaruhame ze aho adatinya kuvuga nabi umuryango nyarwanda, aho yagiye agaragara avuga ko afite ikibazo cya depression ariko abandi babibonyemo amaco y’inda no gusabiriza kuko ibiganiro yakoraga yirirwa atangaza numero ze za Telephone bamwohererezaho amafaranga.

Muri iyi minsi kandi yasaga nk’uwigaragagaza cyane kuri Youtube aho asanzwe afite televiziyo ikorera kuri murandasi akayita Ukuri mbona (ahubwo iyo ayita amafuti ngira)aho agenda atangariza ho amagambo ashobora guhungabanya umudendezo w’abanyarwanda kuko aba akoresha imvugo zafatwa nko kwangisha abaturage ubuyobozi buriho mu Rwanda akabikora nkana kandi asanzwe ari umurezi wakarereye u Rwanda ndetse akanashishikariza urubyiruko arera gukunda igihugu.

Mu ibaruwa imwirukana burundu ku kazi hagiye hakubiyemo ingingo nyinshi zibanda ko yagiye yangiza nkana cyangwa akabisuzugura nkaho havugwamo kuba atarigeze ashyira bimwe mu bikenewe muri system yo kwiga hakoreshejwe ikoranabuhanga mu gihe amasomo yari yahagaritswe kubera icyorezo cya Covid-19, ndetse ntanatange bimwe mu byo yasabwaga mu bushakashatsi yarimo, ntamugayo rero ko atabasha gufatanya imirimo ibiri kwigisha no kujya ku mbuga nkoranyambaga avuga amagambo atari meza ku gihugu.

Mu minsi ishize kandi uyu mugabo yumvikanye avuga ko atashaka umunyarwandakazi, aho byakuruye impaka nyinshi ndetse benshi babona ko hari byinshi bidatunganyije mu mikorere y’ubwonko bwe nk’umurezi urerera igihugu, hari byinshi byagiye bimuranga muri iyi myaka nko mu gihe habaga irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2019 aho yagiye akoresha amagambo akomeretsa bamwe mu bari bitabiriye iryo rushanwa, aho yaje kwihanangirizwa ariko koko akabaye icwende ntikoga wa mugani w’Abanyarwanda.

Karasira na Barafinda muri icyo kiganiro cyabo kandi bita Ukuri mbona bagiye bavugamo amagambo ubona asanzwe akoreshwa n’abantu bafite ibibazo byo mu mutwe, dore ko uwo Barafinda we anaherutse mu bitaro byita ku barwayi bo mu mutwe I Ndera aho byaje kugaragara ko afite indwara karande yo mu mutwe, abantu benshi banagiye basabira Karasira kuba yafashwa kuvurwa kuko nawe agaragaza ibimenyetso by’indwara zo mu mutwe!

Hari hashize iminsi itari myinsi Kaminuza y’u Rwanda ihaye ibaruwa isaba ubusobanuro Karasira ku myitwarire ye itari ntamakemwa ndetse n’indangagaciro zikwiye umurezi ndetse no kumubaza impamvu atubahiriza inshingano ze, none mu mwanzuro iyo kaminuza yafashe ni ukumusezerera nk’abandi bagaragaje imyitwarire itari myiza no kutuzuza inshingano zabo

Nk’inama Rushyashya News tudahwema gutanga tumwifurije guhinduka akaba indakemwa mu mico no mu myifatire akaba Umunyarwanda ubereye Umuryango bitihi harindimutse Karasira asarishijwe n’ibiyayuramutwe Cyangwa se yerure akurikire akaryoshye ko muri YouTube n’ubundi buhendabana bw’biryabarezi bimushuka.

2020-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Ubwanditsi 01 Apr 2019
   Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2022
Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki

Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki

Ubwanditsi 25 Jan 2019
Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Ubwanditsi 07 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose
Amakuru

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Umubiligi  uzwi mubikorwa byo gupfobya Jenoside  wavugiraga  Umuryango wa  Rwigara yasabye Imbabazi
ITOHOZA

Umubiligi uzwi mubikorwa byo gupfobya Jenoside wavugiraga Umuryango wa Rwigara yasabye Imbabazi

Ubwanditsi 11 Sep 2017
Kagame yanenze uko Abayobozi ba Nyagatare bakemura ibibazo by’abaturage
Mu Mahanga

Kagame yanenze uko Abayobozi ba Nyagatare bakemura ibibazo by’abaturage

Ubwanditsi 13 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru