• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Umunyarwanda yavumbuye ikoranabuhanga rikoreshwa muri Gari ya moshi zo mu Bushinwa

Umunyarwanda yavumbuye ikoranabuhanga rikoreshwa muri Gari ya moshi zo mu Bushinwa

Ubwanditsi 13 Jan 2020 IKORANABUHANGA

Umunyarwanda wiga mu Bushinwa Katabarwa Gilbert yavumbuye ikoranabuhanga rya ‘Maglev Obsatcle detection’ rishobora kwerekana mbere inzitizi ziri mu nzira ya Gari ya Moshi zizwi nka ‘Maglev’ bityo rikayirinda gukora impanuka.

Mu 2002 u Bushinwa bwatangiye gukoresha bwa mbere gari ya moshi izwi nka Maglev (magnetic levitation) zigira umuvuduko wa Kilometero 431 mu isaha ziri mu zihuta cyane ku Isi.

Ni gari ya moshi ikoresha ikoranabuhanga rya rukuruzi, aho igice cyayo gitwara abagenzi kigenda gikururuka ku nzira ikozwe muri rukuruzi, bikayiha imbaraga zidasanzwe zo kwihuta. Ni gari ya moshi idakoresha amashanyarazi cyangwa ibikomoka kuri peteroli, nta moteri igira muri make.

Guhera iki gihe ibindi bihugu bike nk’u Buyapani na Koreya y’Epfo n’ibyo byabashije gukoresha ubu bwoko bwa Gari ya Moshi nshya zihuta cyane.

Gusa n’ubwo izi Gari ya Moshi zagendaga zikundwa n’abatari bake kubera umuvuduko wazo wihutishaga urugendo, hari hakiri ikibazo cy’uko nta koranabuhanga rihari rishobora kuburira abazitwara n’abazigenzura igihe mu nzira yazo harimo imbogamizi ishobora kuziteza impanuka.

Aha niho Umunyarwanda witwa Katabarwa Gilbert Murenzi wari waragiye mu Bushinwa mu 2015 gukomeza amashuri y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza muri Kaminuza ya Tongji iri mu Mujyi wa Shanghai, yahereye akora ubushakashatsi avumbura uburyo bushobora kwerekana ko hari imbogamizi iri mu nzira y’iyi Gari ya Moshi ya Maglev.

Mu 2016 nibwo Katabarwa wigaga amasomo y’ubugenzuzi (Surveying and geometrics) yahawe gukora ubushakashatsi ku cyuma gishobora kuvumbura inzitizi ziri mu nzira ya Maglev

Katabarwa avuga ko mu ntangiriro we na mwarimu we batumvaga neza uburyo ibi bizakorwa.

Ati “Sinari nzi icyo Maglev ari cyo, ndetse na mwarimu wanjye yagaragaraga nk’utumva ibizava mu bushakashatsi.”

Katabarwa yahisemo gukora ubushakashatsi kuko yumvaga ntawe uzamushyiraho igitutu cyo kuburangiza vuba, bityo akabubonamo amahirwe y’uko buzamuha umwanya wo kwikorera indi mirimo yafatanyaga no kwiga.

Yagize ati “Imyumvire yanjye yari uko niba mwarimu adafite ubumenyi buhagije kuri ubu bushakashatsi, bizampa umwanya uhagije wo kwita ku biraka byanjye byo hanze ndetse mu gihe nabaga mbajijwe aho bugeze nababwiraga ko nkiri kubukoraho”

Ibi si ko byagenze kuko mu 2018 Katabarwa yaje guhabwa iminsi 15 ngo yerekane aho ubushakashatsi yari amazemo imyaka ibiri bugeze, bitagenda gutyo akabura amahirwe yo kwishyurirwa ishuri yari yarabonye agasubira mu Rwanda.

Yagize ati “Naravuze nti nta buryo nasubira mu rugo. Nari narakoze uburyo busobanura iryo koranabuhanga nari ndimo nkoraho ubushakashatsi. Mu gihe nari ndimo mbubamurikira bashimishijwe cyane n’ibimaze gukorwa ndetse bansaba ko nakwitegura kubishyira mu bikorwa”

Katabarwa avuga ko mu gihe yakoraga ubu bushakashatsi yagowe cyane no kugira ubundi yareberaho kuko nta bandi benshi bari barabikozeho ndetse ko na bake babigerageje bitagenze neza.

Mu 2018 mu Ukuboza nibwo ku nkunga ya miliyoni 1 y’amadorali ya Leta y’u Bushinwa, Katabarwa Gilbert yatangiye gushyira mu bikorwa ibyo yari yarakuye mu bushakashatsi.

Iri koranabuhanga ryavumbuwe na Katabarwa rishobora kwerekana ibiti, abantu ndetse n’ibindi bintu bishobora kujya mu nzira ya Gari ya Moshi bigateza impanuka. Gari ya Moshi imenya ko hari ikiri mu nzira yayo itarakigeraho.

Katabarwa aganira na The New Times yavuze ko inzozi afite ari ukugaruka mu Rwanda agafasha mu mishinga iteza imbere imijyi igezweho n’uburyo bwo gutwara abantu n’ibintu.

Ati “ Hamwe no kwiyongera kw’abaturage no kwaguka kw’imijyi, ikoranabuhanga rigezweho rirakenewe mu kugenzura imijyi. Ndashaka kugaruka mu rugo ngo ngire uruhare ku iterambere ry’imijyi yacu muri Afurika”.

Hagendewe kuri iri Koranabuhanga rya Katabarwa, umwaka ushize muri Gicurasi u Bushinwa bwatangiye igerageza ry’indi gari ya Moshi ishobora kugenda kilometero 600 mu isaha, ikazaba ifite ubushobozi bwo gukoresha amasaha atatu n’iminota 50, ahantu indege yakoresha amasaha 5 n’iminota 50.

Inzozi za Katabarwa ni ukugaruka mu Rwanda akagira uruhare mu mishinga igamije kubaka imijyi igezweho

Katabarwa ubwo yageragezaga iri koranabuhanga mu muhanda wa Gari ya Moshi uri mu mujyi wa Shanghai

Maglev ni ubwoko bwa gari ya moshi zikoresha rukuruzi kandi zihuta cyane.
Src: IGIHE

2020-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yemeye kwishyura ‘smartphones’ 1500 muri gahunda y’uko buri rugo rutunga imwe

Perezida Kagame yemeye kwishyura ‘smartphones’ 1500 muri gahunda y’uko buri rugo rutunga imwe

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Hagiye koherezwa mu kirere icyogajuru kizakwirakwiza Internet mu mashuri yo mu Rwanda

Hagiye koherezwa mu kirere icyogajuru kizakwirakwiza Internet mu mashuri yo mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2019
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Ubwanditsi 16 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga
Mu Rwanda

Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Icyo Abantu hirya no hino ku Isi bavuga ku kibazo cy’ibura rya Rushyashya.net kurubuga rwa Internet
Mu Rwanda

Icyo Abantu hirya no hino ku Isi bavuga ku kibazo cy’ibura rya Rushyashya.net kurubuga rwa Internet

Ubwanditsi 23 May 2017
Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana
POLITIKI

Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru