• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Perezida Kagame yemeye kwishyura ‘smartphones’ 1500 muri gahunda y’uko buri rugo rutunga imwe

Perezida Kagame yemeye kwishyura ‘smartphones’ 1500 muri gahunda y’uko buri rugo rutunga imwe

Ubwanditsi 23 Dec 2019 IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yemeye kwishyura telefoni zigezweho zizwi nka ‘smartphone’ 1500 muri gahunda y’amezi atatu igamije ko nibura buri rugo rwatunga imwe.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu Nama Nkuru ya 14 y’Umuryango FPR Inkotanyi yabereye ku cyicaro cy’uyu muryango kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Ukuboza 2019.

Mu kiganiro kivuga ku ntambwe ya FPR Inkotanyi mu myaka 25 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yavuze ko hari gahunda yatangiye binyuze mu gikorwa cyiswe “Connect Rwanda Challenge” igamije ko buri munyarwanda yaba afite telefoni igendanwa ya smartphone.

Yavuye mu bitekerezo byabayeho hagati ya Minisiteri ayobora n’ibigo by’itumanaho, harebwa uko umuturage yarushaho koroherezwa kubona telefoni igendanwa.

Ati “Mwarabibonye ubushize dutangiza Mara Phones aho hanagaragajwe ko atari ugukora gusa telefoni zigezweho, ariko ko dushaka no gushyiraho uburyo bwakorohereza abaturage bakishyura biboroheye izo telefoni.”

Gusa ngo baje gusanga atari buri muturage wese wakoroherwa no kwishyura ikiguzi cy’izi telefoni kuko ngo hari n’utabasha kwishyura n’amafaranga 500.

Ati “Ntabwo ari abantu bose bashobora kuba babasha kwishyura ayo mafaranga ku kwezi. Icyo gihe twarebaga hagati y’ibihumbi bine n’ibihumbi umunani bitewe na telefoni ushaka kuko ubu bafite amoko abiri.”

Ubwoko bubiri bukorwa na Mara Phones burimo Mara Z na Mara X, zombi zijyamo SIM Card ebyiri. Mara Z igura 175 750 Frw naho Mara X igura 120 250 Frw.

Minisitiri Ingabire yakomeje agira ati “ Hari na cya gice cy’abanyarwanda, n’ iyo wamusaba na 500 Frw ku kwezi atazabasha kuyabona. Kandi dukeneye ko za serivisi tugeza ku baturage twifashishije ikoranabuhanga dukeneye ko nabo bibageraho.”

Muri uko gushaka uko abaturage bose bagerwaho na telefoni, ngo MTN Rwanda yazanye igitekerezo cy’uko ibigo byakwiha umukoro bikishakamo ubushobozi bikagira izo biha abaturage.

Ati “MTN Rwanda iza kuzana igitekerezo cyiza cyo kuvuga iti reka dushyireho umukoro [challenge] w’amezi atatu aho ari ibigo cyangwa umuntu ku giti cye yashobora kuba yatanga telefoni umubare runaka kugira ngo noneho tuzikusanyirize hamwe, dufatanye n’inzego z’ibanze tugende tuzitanga mu ngo zitandukanye.”

“Umukoro dushaka kwiha, ni ukugira ngo za ngo miliyoni ebyiri n’ibihumbi 880 dufite mu Rwanda nibura buri rugo rugire smartphone kuko imwe izatuma buri wese uba muri urwo rugo abone izo serivisi biboroheye.”

Minisitiri Ingabire yavuze ko Perezida Kagame yasabye ko abaturage batazahabwa telefoni gusa ahubwo ko bazahabwa amahugurwa y’uko bazikoresha n’akamaro kazo.

Perezida Kagame yahise afata ijambo avuga ko ubwo iki gitekerezo yakiganiraga na Minisitiri Ingabire, yemeye gutanga 1000.

Ati “ Njye nabanje kureba umushahara mfata, ngo ndebe amatelefoni arimo hanyuma nza gusanga harimo make cyane. Ariko kubera ko nanjye umutwe wanjye ukora kurusha uko mfata umushahara, mpitamo kuvuga ngo nzishyurira smartphones 1000.”

Yavuze ko ubwo yaganiraga ibyo na Minisitiri Paula Ingabire, nawe yari yemeye ko Minisiteri ayobora bazishamo izindi zigiye kwegera uwo mubare.

Ati “Ubwo namwe birabageraho, biragenda biza, nta gahato kabirimo, bizakorwa n’ubishoboye hamwe no kubishaka ariko turashaka kugira ngo biturutse mu bushobozi umuntu afite, tuzahe abo baturage bacu smartphones zashobora kuzatwara imyaka icumi kugira ngo zibagereho bitewe n’aho ariho.”

Ahagana saa tanu z’ijoro, Umukuru w’Igihugu yifashije urukuta rwe rwa Twitter, maze atangaza ko azatanga telefoni za Mara Phone zikorewe mu Rwanda 1500.

I am happy to support the #ConnectRwanda challenge with a pledge of 1500 Made-in-Rwanda @MaraPhones. Smartphones should not be a luxury item. Let’s challenge ourselves to make smartphones an everyday tool enabling all Rwandans to fulfill their potential.

— Paul Kagame (@PaulKagame) December 21, 2019

Imibare y’Urwego Ngenzuramikorere (RURA) yo mu Ugushyingo uyu mwaka igaragaza ko Abanyarwanda batunze telefoni ngendanwa ari 9,527,829. Gusa iyo babara aba, haba hagendewe ku mubare wa sim card zikora, ku buryo ushobora gusanga hari umwe ufite izirenga ebyiri.

Ibi bisobanuye ko ugiye kubarura, ntiwasanga telefoni miliyoni icyenda n’imisago, ahubwo wabona sim card zingana n’uwo mubare zishobora kuba zikoreshwa muri telefoni zitanageze no kuri miliyoni eshanu.

Muri miliyoni icyenda n’imisago zibarurwa, MTN Rwanda yihariye umubare munini na 5,245,426 mu gihe Airtel ari 4,282,403.

Ni mu gihe abanyarwanda bangana na 52.1% ari bo bakoresha internet bavuye kuri 7.9% babarwaga mu 2010.

Perezida Kagame akaba na Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi, ari kumwe na Vice Chairman, Bazivamo Christophe n’Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, François Ngarambe ubwo haririmbwaga indirimbo y’umuryango

2019-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze

Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Kagame azitabira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga i Paris

Kagame azitabira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga i Paris

Ubwanditsi 15 May 2019
Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Ubwanditsi 15 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO
POLITIKI

Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO

Ubwanditsi 14 Nov 2018
Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa
Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Ubwanditsi 29 Jun 2016
AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota
Amakuru

AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota

Ubwanditsi 20 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru