• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunyemari Rujugiro Tribert urupfu ruramugera amajanja

Umunyemari Rujugiro Tribert urupfu ruramugera amajanja

Ubwanditsi 06 Feb 2017 ITOHOZA

Amakuru agera kuri Rushyashya.net aravuga ko Rujugiro Ayabatwa Tribert umuherwe w’umunyarwanda ukorera ubucuruzi mu bihugu bitandukanye, kuri ubu arembye cyane bikomeye aho ari mu bitaro mu gihugu cya Portugal.

Aya makuru avuga ko Rujugiro yatangiye kuremba mu minsi mike ishize aho abaganga baje kumusangamo indwara ya Cancer yatewe nibiyobyabwenge afata birimo n’urumogi. Iyi ndwara ngo ikaba ishobora no kumuviramo Strock kubera umuvuduko ukabije w’amaraso afite, nkuko bitangazwa nabamwe mu muryango we.

-5605.jpg

Rujugiro Tribert

Rujugiro ni umucuruzi uzwiho amanyanga menshi bikaba bivugwa ko yaba yaragize uruhare murupfu rw’umuherwe Miko Rwayitare muri Afrika y’epfo. Aya makuru avuga ko Rujugiro yaba yaraguririye umuganga wavuraga Miko Rwayitare amuha iritubutse kubera ibibazo bari bafitanye bishingiye k’ubucuruzi. Miko Rwayitare yaguye i Brussels mu gihugu cy’u Bubiligi kuya 24 Nzeli 2007.

-5607.jpg

Nyakwigendera Miko Rwayitare

Miko Rwayitare ni we wari nyiri isosiyete y’itumanaho ya Telecell, kandi, akaba yaraciye agahigo ko kuba ariwe mwirabura wa mbere w’umunyafurika wabashije gutunga umurima w’inzabibu, muri Cape Town mu gihugu cya Afurika y’Epfo.

Uru ruzabibu rwa Franschoek, ruzwi cyane mu mateka kubera abagiye basimburanywa mu kurutunga, akaba yarabashije kurwegukana rumuhagaze miliyoni 17 z’amarandi (rand) akoreshwa muri Afurika y’Epfo, ni ukuvuga hafi miliyali n’igice y’amanyarwanda.

Uru ruzabibu yaguze n’umuzungu witwa Graham de Villiers, inzabibu zihera zikaba arizo zengwamo divayi izwi cyane ya Mont Rochelle.

Kugira amafaranga ukabura igihugu.

Ntagihe gishize umuhungu wa Rujugiro witwa Patrick Rujugiro yitabye Imana aguye mu gihugu cy’u Bubiligi umurambo we bawuzererana mu kirere mundege babuze aho bawushyingura, kubera ko adashobora gukandagiza ikirenge mu Rwanda kandi n’Impapuro ze z’inzira ( Passport ) ni uz’umuryango we zikaba zarahagaritswe na Leta y’u Rwanda.

-5606.jpg

Nyakwigendera Patrick Rujugiro

Byabaye ngombwa ko umurambo wa Patrick bawujyana Kampala ngo abe ariho ushyingurwa, biba iby’ubusa kuko Perezida Museveni yahise awirukana ngo bitamuteranya n’igihugu cy’inshuti cy’u Rwanda, bawuvanayo bawujyana muri Afrika y’Epfo. Kuva ubwo kugeza ubu umugore wa Rujugiro nyina wa Patrick yataye ubwenge, bahora bamufungiranye munzu.Bivuze ko nawe ubuzima bwe bugerwa ku mashyi.

Rujugiro wabaye umucuruzi wiyubashye yaje gutakaza agaciro ubwo yatabwaga muri yombi mu kwezi kwa 10 mu mwaka wa 2008, i Londres mu Bwongereza, bisabwe n’ubushinjacyaha bw’Afurika y’Epfo, yaje kurekurwa by’agateganyo, yiyemeje kuzishyura akayabo ka miliyoni 57 z’ama rand yari yararigishije muri Afrika y’Epfo, akwepa imisoro ku bikorwa by’ubucuruzi yahakoreraga.

-5604.jpg

Umuherwe Rujugiro Ayabatwa Tribert

Rujugiro yaje guhunga kuri ubu ashinjwa gukorana n’umutwe wa FDLR n’andi mashyaka ya Opozisiyo arwanya Leta y’u Rwanda harimo na RNC ishyaka rya Kayumba Nyamwasa.

Cyiza Davidson

2017-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Ubwanditsi 23 Jun 2024
Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Ubwanditsi 25 Feb 2025
Ese ibyo  DONALD TRUMP yavuze yiyamamaza azabikora

Ese ibyo DONALD TRUMP yavuze yiyamamaza azabikora

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Ubwanditsi 22 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bernard Munyagishari yakatiwe gufungwa burundu
Amakuru

Bernard Munyagishari yakatiwe gufungwa burundu

Ubwanditsi 21 Apr 2017
Fidèle Ndayisaba yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC
Mu Mahanga

Fidèle Ndayisaba yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe
Amakuru

Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

RUSHYASHYA 19 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru