• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Burundi: Willy Nyamitwe ashishikariza Abarundi bahunze gutaha mu gihe umuryango we uheze mu buhungiro

Burundi: Willy Nyamitwe ashishikariza Abarundi bahunze gutaha mu gihe umuryango we uheze mu buhungiro

Ubwanditsi 08 Jan 2018 POLITIKI

Abarundi bahungiye mu mujyi wa Portland, ho muri Leta ya Maine muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bamaganye uruzinduko rw’Umujyanama muri perezidansi y’u Burundi, Willy Nyamitwe, muri uyu mujyi bivugwa ko wanahungiyemo umuryango we.

Umwe mu barundi bateguye imyigaragambyo yo kwamagana uru rugendo, Philemon Dushimire, avuga ko Abarundi bose bari muri uyu mujyi bahunze ubutegetsi Willy Nyamitwe ahagarariye ku rwego rwo hejuru, akavuga ko bashakaga kwereka ababahaye ubuhungiro impungenge bafite ku makuru bumva hirya no hino avuga ko Willy Nyimitwe ashobora kuba yari agiye gusura umuryango we uba muri Portland.

Aba barundi rero ngo bakaba barashakaga kwerekana kwivuguruza kumvikana mu mvugo z’abayobozi b’u Burundi, aho kuba umuyobozi wo ku rwego nk’uru umuryango we warahunze ari ikimenyetso cy’uko ibyo bahunze ari ukuri mu Burundi nta mutekano uhari.

Abajijwe niba bizeye ko ubutumwa bashakaga gutanga bwageze ku bo bashakaga kubugezaho, uyu Murundi yasubije ko hari abanyamakuru kubw’ibyo ibyo babonye babitangaje abashinzwe guta ubuhungiro muri Amerika bakaba barabonye ko abahunze bari bafite impamvu.

Mu kiganiro yahaye Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, umujyanama mukuru muri perezidansi y’u Burundi, Willy Nyamitwe, yasubije ko abitabiriye iyi myigaragambyo bari bakeya kandi banze gufotorwa, akemeza ko aba icyo baharanira nabo batakemera.

Umwe mu bari bateguye iyi myigaragambyo yabaye kuwa 06 Mutarama 2018, we avuga ko kuba hari abanze gufotorwa ari ikindi kimenyetso cy’uko batinya umutekano w’imiryango yabo iri mu Burundi.

Naho ku ruhande rwe, Willy Nyamitwe avuga ko iyi atayifata nk’imyigaragambyo. Ati: Urebye uko bari bagerageje gutumira abantu, biragaragara ko atari ibintu Abarundi bari bifuje gukora,kuko iyo banze kubyitaba, n’uko biba bitari ku mutima.”

Yongeyeho ko abateguye iyi myigaragambyo ari agatsiko bazi k’abantu bagiye babeshya babeshyera igihugu bavuga ko hari jenoside, ahubwo bikaba byarafashije ko ukuri kwahise kujya ahagaragara kuko byabaye ngombwa ko basobanurira abanyamakuru ko abo bantu ari abirirwa babeshya ko mu Burundi hari kuba jenoside. Ati: “Mu gihe mu Burundi tuzi ko Abarundi bishyira bakizana, hari amahoro nta jenoside ihari.”

Yabajijwe icyo avuga ku kuba umugore we n’abana nabo bari mu buhungiro mu gihe avuga ko mu Burundi hari amahoro, asubiza ko ari byo ariko avuga n’impamvu yabyo.

Yagize ati: “Murabizi neza ko habayeho gushaka kunyica, icyo gihe umugore rero n’abana bari mu rugo  bagize ubwoba babonye ko hari abarimo kubakurikirana…ibyo rero nibyo byatumye umugore ahita agira ubwoba amera nk’uwegeyeyo gatoya, aba rero muri uyu mujyi.”

Philemon Dushimire afashe ibendera ry’u Burundi mu myigaragambyo yo kuwa 06 Mutarama 2017 muri Portland

Umunyamakuru yamubajije uko ahuza uku kwegerayo k’umuryango we no kuvuga ko Abarundi bari muri Maine babeshya mu Burundi hari umutekano, abazwa nib anta kwivuguruza kurimo, asubiza ko abo Barundi yavuze atari bose ahubwo hari agatsiko gafite aho gahuriye n’abashatse guhirika ubutegetsi karimo kuvugira Abarundi bose.

Ikinyamakuru pressherald cyatangaje ko Willy Nyamitwe yari yagiye gusaba umuryango we gutaha ariko umugore agakomeza gutsimbarara avuga ko yumva yaba adatekanye, we avuga ko ari ibisanzwe, kuko yabonye umugabo we agiye kwicwa agakizwa n’Imana ndetse akabona abantu bagenda bicwa hirya no hino baterwa amagrenade cyangwa hari abagerageza kwihorera, bikaba byatuma yumva mu mutima we adatekanye kandi ngo ibi byaba ku Murundi wese n’ibisanzwe.

 

2018-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango

Ubwanditsi 24 Jan 2020
Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Ubwanditsi 03 Oct 2024
” Tuzabavuna” ko yahahamuye Ingabire Victoire, yaba akeka ko ariwe uzavunwa mbere?

” Tuzabavuna” ko yahahamuye Ingabire Victoire, yaba akeka ko ariwe uzavunwa mbere?

Ubwanditsi 02 Jul 2024
Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza
Amakuru

Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza

Ubwanditsi 14 Feb 2023
Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19
IMIKINO

Visi Perezida wa APR FC Maj Gen Mubarakh Muganga Yagejeje ku Bakinnyi Imigabo n’Imigambi ya APR FC y’Umwaka Utaha Anabasaba Gukomeza Kwirinda Icyorezo COVID-19

Ubwanditsi 04 Aug 2020
Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame
HIRYA NO HINO

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru