• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Apr 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasizuba (EAC) uhagaze neza muri iki gihe, kabone n’ubwo harimo utubazo duke ibihugu bikwiye kuganiraho.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 8 Mata 2019, umunyamakuru wo muri Kenya yabajije Perezida Kagame niba kuba nta muperezida n’umwe wo muri EAC waje kwifatanya n’u Rwanda muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 25 atari ikimenyetso ko uwo muryango uri mu bibazo by’amakimbirane, ariko Perezida Kagame aramuhakanira.

Kagame yamusubije agira ati “EAC ubu imeze neza n’ubwo habamo ibibazo uvuga ko nta zibana zidakomanya amahembe.”

Yakomeje avuga ko n’iyo abo baperezida baza kwifatanya n’u Rwanda bitari kuba bivuze ko nta kibazo gikeneye kuganirwaho gihari.

Gusa, Perezida Kagame yibukije ko ibihugu bya EAC byaje kwifatanya n’u Rwanda mu kwibuka, bitandukanye n’ibyo uwo munyamakuru yavuze, kuko ngo byagiye bihagararirwa mu buryo bumwe cyangwa ubundi n’ubwo abaperezida batiyiziye ubwabo.

Yatanze urugero ko nka Tanzania yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe wayo naho Uganda ikohereza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.

Ati “Rero ibyo si byo washingiraho uvuga ko EAC iri mu bibazo, EAC imeze neza kuko n’ubusanzwe tujya duhura tukaganira ku bibazo dufitanye tukabishakira umuti.”

Perezida Kagame yabajijwe by’umwihariko ku mubano w’u Rwanda na Uganda, maze asubiza ko icyo kibazo afite icyizere ko na cyo kizakemuka.

Ati “Nk’uko nahoze mbivuga, ibibazo hagati y’ibihugu bizahoraho. Ni byo hari ibibazo tugomba gukemura hagati yacu na Uganda kandi tuzakomeza kureba uko tubikemura atari kubikemurira mu itangazamakuru.”

Perezida Kagame yavuze ko itangazamakuru rifite uburenganzira bwo kumenya ibirimo kuba ariko ko bazajya bariha amakuru uko baganira kuri icyo kibazo.

Ati “Ibyo turimo kuganiraho byose biri mu itangazamakuru, gusa hari ibyo tutaravuga mu itangazamukuru kuko itangazamakuru rirasa n’iririmo kuremereza ikibazo, bityo rero ndashaka kuba ncubije icyo cyuka simbivugeho byinshi kugeza igihe bizabera ngombwa ko nongera kubivugaho.”

2019-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibimenyetso 6 byakwereka ko umukunzi wawe mutaberanye wamwibeshyeho

Ibimenyetso 6 byakwereka ko umukunzi wawe mutaberanye wamwibeshyeho

Ubwanditsi 19 Jul 2016
ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda

ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
U Rwanda rwatorewe kuyobora AU muri 2018

U Rwanda rwatorewe kuyobora AU muri 2018

Ubwanditsi 04 Jul 2017
Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Ubwanditsi 09 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Haïti : Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda
ITOHOZA

Haïti : Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.
Mu Rwanda

Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.
Amakuru

Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Ubwanditsi 24 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru