• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Ubwanditsi 12 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Myugariro w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’u Rwanda Ngwabije Bryan uherutse guhamagarwa bwa mbere agakina imikino ibiri Amavubi yatsinzemo ikipe ya Centrafrica ibitego 7 ku busa, yavuze iby’uko urugendo rwe rwagenze kugirango ahamagarwe mu ikipe y’igihugu.

Ubwo hari mu kiganiro uyu myugariro ukinira ikipe ya Sporting Lyon, yagiranye n’ikinyamakuru France Football cyo mu Bufaransa, Ngwabije yavuze uko byagenze kugira ngo ahamagarwe mu ikipe y’igihugu.

Ati”mu mezi yatambutse baranyegereye cyane ariko numvaga ntiteguye kuba nakwitabira ubutumire. Igihugu cyanganirije bwa mbere nyuma y’umukino w’igikombe cy’u Bufaransa dukina na Marseille (umukino yanatsizemo igitego). Hari ingaruka byagize, nyuma biza kuba.”

Agaruka ku Rwanda avuga ko ari ho ababyeyi be bahakomoka ariko we akaba yaravukiye mu Bufaransa, aho ababyeyi bagiye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Ati”Ababyeyi banjye bakomoka mu Rwanda. Binjiye mu Burayi n’u Bufaransa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Navukiye mu Bufaransa. Nakuze numva ababyeyi banjye bavuga ikinyarwanda. Ndacyumva ariko sinkivuga. Mu myaka 10 ishize naje i Kigali, ndabyibuka nagiye kureba Stade Amahoro. Kuhakinira zari inzozi zanjye zo mu bwana.”

K’uguhamagarwa kwe kwa mbere akitabira ubutumire, yavuze ko n’ubundi yari afite gahunda yo kuza mu kiruhuko mu Rwanda we na murumuna we, ariko mbere yo guhaguruka abwirwa ko yamaze guhamagarwa mu ikipe y’igihugu.

Ati”nahamagawe ku mikino ibiri ya gicuti na Cenrafrique, ni mu gihe nari mu kiruhuko cy’ibyumweru byinshi. Njye na murumuna wanjye twari twarateguye kujya Kigali. Mbere y’umunsi umwe ko duhaguruka, bambwiye ko ndi mu bakinnyi bazahamagarwa! Nahageze tariki ya 29 Gicurasi, umunsi wakurikiyeho nizihizaga isabukuru y’imyaka 23.

Nagize n’amahirwe yo kureba imikino ya ½ ya BAL (the African Basketball Champions League) wa Patriots (yatsinzwe na US Monastir amanota 87-46) i Kigali mu nyubako nziza yacu y’imikino, mu Bufaransa hari nke nkayo.”

Yakomeje avuga ko atigeze agorwa cyane kuko ibyo umutoza Mashami Vincent yavugaga byose yabyumvaga kuko yakoreshaga indimi yumva.

Ati”nta kibazo cyari gihari kuva umutoza avuga Ikinyarwanda, Icyongereza n’Igifaransa. Ndamushimira kuba yarankoresheje kimwe n’abo bafatanyije(staff technique) kuba baranyakiriye. Nasanzeyo abakinnyi bafite impano harimo bake nkanjye bagihamagarwa.”

“Umukino wa mbere nabanjemo hagati mu bwugarizi dutsinda 2-0. Naje nsimbura mu mukino wa kabiri twatsinze 5-0, nakinnye iminota 20 ya nyuma, bwo nakinaga mu bwugarizi ku ruhande rw’ibumoso. Ibyo nabonye ndashaka kugira icyo mfasha cyane mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022(imikino iri muri Nzeri 2021, Amavubi ari mu itsinda na Mali, Uganda na Kenya). 100% ndi umukinnyi w’Amavubi kandi ndakeka naramaze kwigarurira imitima y’abanyarwanda mu kwizera ikiragano gishya.”

Yavuze kandi ko atari azi neza aho agiye uko bizaba bimeze bitewe n’urwego rw’abakinnyi bahamagawe.

Ngwabije Bryan Clovis w’imyaka 23 y’amavuko avuga ko ubu arimo kugirira ibihe byiza mu Rwanda aho basuye kimwe mu biyaga byiza mu gihugu, ubu akaba arimo yitegura kujya hafi ya Cyangugu hafi ya DR Congo aho umuryango we ukomoka.

2021-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi U-17 yatangiye irushanwa ryateguwe na FERWAFA anyagirwa na Cameroun

Amavubi U-17 yatangiye irushanwa ryateguwe na FERWAFA anyagirwa na Cameroun

Ubwanditsi 30 Mar 2019
APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022
Nkuyu mukobwa wa mugira iyihe nama koko!!

Nkuyu mukobwa wa mugira iyihe nama koko!!

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Ubwanditsi 27 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar  gukina imikino ibiri ya gicuti
Amakuru

Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar gukina imikino ibiri ya gicuti

Ubwanditsi 18 Mar 2024
Dr Frank Habineza  arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo
POLITIKI

Dr Frank Habineza arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Police HBC yegukanye igikombe cyitiriwe Intwari
Mu Mahanga

Police HBC yegukanye igikombe cyitiriwe Intwari

Ubwanditsi 22 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru